Iyo isoko rirangiye BNR itangaza uko isoko ryagenze ikabimenyesha abantu bose biciye ku rubuga rwayo rwa interineti no mu buryo bwo kwandikira cyangwa guhamagara abatsindiye isoko. Buri wese watsindiye isoko amenyeshwa kuri aderesi yatanze ibi bikurikira: numero ziranga iryo soko, agaciro k’impapuro nyemezamwenda yatsindiye , urwunguko rwazo ku ijanisha, igihe zizamara n’inyungu zizabyara mu mafaranga, igihe zizamara n’agaciro zifite ku isoko. umuguzi w’impapuro ze babifashijwemo n’ abahuza (brokers), ahabwa ikiguzi cyazo n’izo mpapuro zigahindurirwa amazina zikandikwa ku waziguze ku rwego rwa kabiri bikorewe muri cya gitabo cy’ikoranabuhanga kibikwamo amazina ya ba nyiri mpapuro nyemezamwenda muri BNR. NATIONAL BANK OF RWANDA Banki Nkuru y’u Rwanda Mu gihe ugurisha bond ye atabonye umugurira ku isoko ry’imari n’imigabane (RSE), BNR irayimugurira ku giciro iyo bond ihagazeho ku isoko wongereyeho 3%, hagendewe ku rwandiko rwa RSE rwemeza ko iyo Bond yabuze umuguzi. Izo mpapuro zibikwa ku buryo bw’ikoranabuhanga rihambaye muri BNR ku mazina y’abaziguze V . Wakora iki mu gihe ushatse amafaranga mbere y’igihe cyateganyirijwe impapuro nyemezamwenda zamara ku isoko? Iyo waguze izo mpapuro ku isoko ry’ibanze (muri BNR) uba ufite uburenganzira bwo kuzigurisha nawe uciye ku isoko ryo ku rwego rwa kabiri riri ku isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda (RSE). Uwari warashoye muri izo mpapuro z’agaciro yegera abahuza ku isoko ry’imigabane (brockers) akababwira umubare w’izo ashaka kugurisha n’agaciro kazo, bakamuha inama, bakanamufasha gushaka undi muntu wifuza kugura izo mpapuro. Ugurisha afata igiciro asanze ku isoko (market Price), iyo amaze kumvikana n’ NTIMUCIKWE N’AYO MAHIRWE RERO Ku bindi bisobanuro byerekeranye na Treasury Bonds, mwabariza kuri banki yanyu cyangwa kuri Banki Nkuru y’u Rwanda mwifashishije: Telefoni na aderesi bikurikira: Tel: 0788308963, [email protected] Tel: 0788501230, [email protected] Tel: 0788214003, [email protected] MUSHORE MWUNGUKA MU IMPAPURO NYEMEZAMWENDA ISHORAMARI RYIZEWE I. Treasury Bonds ni iki ? Treasury bonds ni impapuro nyemezamwenda zishyirwa ku isoko na Banki Nkuru y’Igihugu ihagarariye Leta, abashoramari batandukanye bakaba bashoramo amafaranga yabo bakabona inyungu buri mezi atandatu kugeza izo mpapuro zirangirije igihe zagenewe. Ubusanzwe, izo mpapuro nyemezamwenda zigenda zimara igihe gitandukanye bitewe n’igihugu runaka. Mu Rwanda dufite impapuro z’imyaka 2,3,5,7 n’i 10 ndetse tugatenganya kucyongera mu gihe kiri imbere. Mu Rwanda impapuro nyemezamwenda zishyirwa ku isoko na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) rimwe buri mezi atatu. II. Ni mpanvu ki washishikarira gushora imari muri Treasury Bonds ? Ni uburyo bwiza bwo kwizigamira no guteganyiriza ejo hazaza nk’amashuri y’abana, izabukuru, n’ibindi. Ni ishoramari ryizewe (risk free investment) kuko uryitabiriye aba yizeye gusubizwa amafaranga iyo igihe cyagenewe izo mpapuro nyemezamwenda kirangiye. Izo mpapuro ubundi zinitwa “Mvunjwafaranga” kuko uwazishoyemo aba ashobora kuzigurisha ku isoko ry’Imari n’Imigabane ry’ u Rwanda (RSE) mu gihe ashatse amafaranga mbere y’igihe zateganyijwe kuva ku isoko. Iyo ushatse gushora menshi ni ugukora ubwikube bw’ibyo bihumbi ijana; ni ukuvuga ibihumbi 200, 300, 400 bityo bityo. Ni ishoramari ribyara inyungu ishimishije kandi itangirwa ku gihe (buri mezi atandatu). Kubera ko izo mpapuro nyemezamwenda zibikwa ku buryo bw’ikoranabuhanga muri BNR (Electonically), uwifuza kuzishoramo asabwa kuba afite cyangwa se kubanza gufungura konti zizabikwaho (CSD account) aciye muri banki ye cyangwa se ku bahuza babigenewe bari ku isoko ry’imari n’imigabane (Brokers) bamufasha kuzuza ibisabwa. Iyo ushoye mu gihe cy’imyaka itatu no kuzamura inyungu isora make (5% aho kuba 15%.). Uwashoye muri izi mpapuro nyemezamwenda ashobora kuzitangaho ingwate akabona umwenda mu ma banki cyangwa se mu bigo bindi by’imari. Ni uburyo bwo kwigira no kwihesha agaciro uguriza Leta ikakungukira aho kugirango iguze hanze, bityo ukagira uruhare mu bikorwa by’iterambere nko kubaka imihanda, ingomero z’amashanyarazi, amavuriro n’ibindi. III. Bisaba iki kwitabira isoko ryo kugura izi mpapuro nyemezamwenda ? Bisaba kugira ubushake bwo gushora imari muri izo mpapuro nyemezamwenda, Kuba ufite byibura amafranga ibihumbi ijana (100.000 Frw) kuri konti yawe muri banki ubitsamo kuko ni cyo giciro fatizo cy’urupapuro rumwe, IV. Wamenya ryari ko BNR yashyize izi mpapuro nyemezamwenda ku isoko kandi wakwitabira ute? Banki Nkuru y’Igihugu ikora imenyesha ry’isoko ku bantú bose ikoresheje urubuga rwayo rwa interineti arirwo www.bnr.rw, mu nyandiko ikunze kwitwa “Prospectus” ikubiyemo amakuru yose arebana n’iryo soko. BNR ikoresha kandi n’ibitangazamakuru binyuranye mu kwamamaza iryo soko ndetse n’ayo makuru wayasanga ku isoko ry’imari n’imigabane (RSE). Iyo wamaze kuzuza ibisabwa byavuzwe mbere unanyura kuri banki yawe cyangwa se ku muhuza kugirango agufashe kuzuza no gushyikiriza ifishi yawe BNR
© Copyright 2026 Paperzz