REPUBULIKA Y’U RWANDA MINISITERI Y’IMALI N’IGENAMIGAMBI IJAMBO KU MUSHINGA W’INGENGO Y’IMARI Y’UMWAKA WA 2015/2016 INSANGANYAMATSIKO: TWONGERE IBIKORWA REMEZO HAGAMIJWE ITERAMBERE N’IMIBEREHO MYIZA Y’ABATURAGE Rigejejwe ku Nteko ishinga amategeko Tariki ya 11 Kamena 2015 na Claver GATETE Minisitiri 1|P a g e I. INTANGIRIRO Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 1. Nk’uko bitegenywa n’amategeko cyane cyane ingingo ya 79 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo kuwa 04 Kamena 2003 nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu ndetse n’ingingo ya 35, n’iya 38 z’Itegeko Ngenga ryerekeye Imali n’Umutungo bya Leta nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu; Mu izina rya Guverinoma, nejejwe no kubagezaho Umushinga w’itegeko rigena Ingengo y’Imali y’Umwaka wa 2015/2016. 2. Nk’uko mubizi, twayibagejejeho imbanzirizamushinga kuwa 30 Mata y’iyi 2015, ngengo tukaba y’imari tubashimira ya 2015/16 ibitekerezo mwayitanzeho tubizeza kandi ko byitaweho mu kunoza umushinga w’itegeko tubagezaho uyu munsi. 3. Mu myaka icumi ishize, ubukungu bwacu bwagiye bwiyongera ku kigereranyo gishimishije aribyo byatumye imibereho myiza y’abaturage irushaho gutera imbere. Nubwo kuva mu mwaka ushize ubukungu bw’igihugu cyacu bwongeye kuzamuka ku muvuduko ushimishije ugereranyije n’umwaka wa 2013, ntitwakwirengagiza ko hakiri imbogamizi zabangamira ubukungu bw’igihugu cyacu, zaba izikomoka imbere mu gihugu ndetse n’izituruka hanze yacyo. By’umwihariko igipimo cy’izamuka ry’ubukungu ku rwego rw’isi kiracyari hasi nubwo muri rusange bugenda butera imbere. Bityo imiterere itari myiza y’ubukungu bw’isi ikaba igira ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa twohereza ku masoko mpuzamahanga ndetse n’inkunga duhabwa n’abaterankunga ari nabyo 2|P a g e byitezwe gukomeza kuba imbogamizi ku izamuka ry’ubukungu bw’igihugu cyacu. 4. Ni muri urwo rwego bidusaba kurushaho kongera imbaraga mu kuzamura umusaruro w’ibicuruzwa twohereza ku isoko mpuzamahanga, kugira ngo tugabanye gushingira ubukungu bwacu ku nkunga z’amahanga, nubwo tutakwirengagiza zimwe mu mbogamizi ku ishoramari zikigaragara, harimo ibikorwaremezo bidahagije cyane cyane mu rwego rw’ingufu no gutwara abantu n’ibintu. 5. Mu by’ukuri, ikibazo cy’ibikorwaremezo bidahagije ni imbogamizi rusange mu bihugu byinshi by’Afurika. Ni muri urwo rwego umuryango mpuzamahanga ndetse n’ibihugu by’Afurika by’umwihariko byatangiye gushyira ingufu mu kongera ibikorwaremezo nk’inkingi y’iterambere. 6. Nubwo kuva mu mwaka wa 2010, Guverinoma yakomeje gushyira imbaraga mu kongera ibikorwaremezo hagamijwe kongera umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga, biragaragara ko inzira ikiri ndende. Ni muri urwo rwego Guverinoma yahisemo insanganyamatsiko igira iti: “TWONGERE IBIKORWA REMEZO HAGAMIJWE ITERAMBERE N’IMIBEREHO MYIZA Y’ABATURAGE” kuba ariyo igenderwaho muri gahunda z’ubukungu n’ingego y’imari y’umwaka wa 2015/16. Iyi nsanganyamatsiko ikaba ari nayo yemeranyijweho hagati y’ibihugu bihuriye mu muryango w’Afurika y’I Burasirazuba mu rwego rwo gushimangira uruhare rw’ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere mu kongera ibikorwaremezo. 7. Bityo ijambo mbagezaho ku mushinga w’ingengo y’imali na gahunda z’ubukungu mu mwaka wa 2015/16 rikaba rikubiyemo ibice by’ingenzi bikurikira: 3|P a g e a) Mbere na mbere, ndabagezaho incamake y’uko imiterere y’ubukungu ku rwego rw’Isi yari ihagaze mu mwaka wa 2014 ndetse n’uko buteganyijwe mu mwaka wa 2015 na 2016; b) Mu gice cya kabiri, ndabagezaho muri make ibyo tumaze kugeraho mu rwego rw’ubukungu n’uburyo ingengo y’imali ya 2014/15 yakoreshejwe. c) Mu gice cya gatatu, ndabagaragariza ingamba z’ubukungu bw’igihugu cyacu mu gihe giciriritse; d) Mu gice cya kane ndibanda kuri gahunda z’ibikorwa na politiki y’ubukungu bikubiye muri uyu mushinga w’ingengo y’imari ya 2015/16 ndetse n’ibikorwa by’ingenzi bikubiye muri gahunda ya EDPRS 2; e) Mu gusoza ndabagezaho imbogamizi dushobora kuzahura nazo. II. IMITERERE Y’UBUKUNGU BW’ISI MU MWAKA WA 2014, 2015 N’UWA 2016 Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 8. Raporo ku bukungu bw’isi (World Economic Outlook) yasohotse mu kwezi kwa kane igaragaza ko ubukungu bw’isi bwiyongereye ku gipimo cya 3.4 ku ijana mu mwaka wa 2014 ari nacyo bwari bwazamutseho mu mwaka wa 2013. Uyu musaruro w’ubukungu ku rwego rw’isi ukaba waraturutse ahanini ku izamuka ry’ubukungu bw’ibihugu bikize, mu gihe ubukungu bw’ibihugu bikungahaye kuri peteroli bwo bwahungabanyijwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga. 4|P a g e 9. Ubukungu bw’ibihugu bikize bwiyongereye ku gipimo cya 1.8 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 1.3 ku ijana mu mwaka wa 2013. Ubukungu bw’ibihugu bifite umuvuduko udasanzwe mu iterambere (Emerging Markets) bwiyongereye ku gipimo cya 4.6 ku ijana mu mwaka wa 2014, iki gipimo kikaba kiri hasi gato ya 5 ku ijana bwiyongereyeho mu mwaka wa 2013, ahanini bitewe n’ubukungu bw’Ubushinwa butiyongereye ku muvuduko uri hejuru nk’uko byari bisanzwe. 10. Ubukungu bw’ibihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara bwo bwakomeje kuzamuka ku gipimo cya 5.2 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 5.0 ku ijana bwiyongereyeho mu mwaka wa 2013. Ubukungu bw’ibihugu byo mu muryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) bwo bukaba bwariyongereye ku gipimo cya 6 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 5.8 ku ijana bwari bwazamutseho mu mwaka wa 2013. 11. Ubukungu bw’isi buteganyijwe kuzamuka ku gipimo cya 3.5 ku ijana mu mwaka wa 2015 ndetse no ku gipimo cya 3.8 ku ijana mu mwaka wa 2016 bitewe ahanini n’izamuka ry’ubukungu ryitezwe mu bihugu bikize cyane cyane Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu gihe ubukungu bw’ibihugu nk’Uburusiya, Ubushinwa, ndetse n’Ibihugu bikungahaye kuri peteroli bwo bwitezwe gukomeza guhura n’ingorane. Ubukungu bw’ibihugu byo mu munsi y’ubutayu bwa Sahara buzazamuka ku gipimo cya 4.5 ku ijana mu mwaka wa 2015 ndetse no ku gipimo cya 5.1 ku ijana mu mwaka wa 2016. 5|P a g e III. IMITERERE Y’UBUKUNGU BW’IGIHUGU CYACU MURI IKI GIHE Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; a) Ubwiyongere bw’Umusaruro rusange w’igihugu 12. Ubukungu bw’igihugu cyacu bwiyongereye ku gipimo cya 7 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo 4.7 ku ijana bwari bwazamutseho mu mwaka wa 2013. Umusaruro mwiza w’urwego rwa serivisi ukaba waragize uruhare runini mu izamuka ry’ubukungu bw’igihugu cyacu kuko rwazamutse ku gipimo cya 9 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 5 ku ijana rwari rwazamutseho mu mwaka wa 2013. Urwego rw’ubuhinzi rwazamutse ku gipimo cya 5 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 3 ku ijana rwari rwazamutseho mu mwaka wa 2013. 13. Gusa umusaruro w’urwego rw’inganda wo ukaba warazamutse ku gipimo cya 6 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 9 ku ijana rwari rwiyongereyeho mu mwaka wa 2013 biturutse ku musaruro muke w’ibitunganyirizwa mu nganda (Manufacturing) wazamutse ku gipimo cya 1 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 5 ku ijana rwari rwazamutseho mu mwaka wa 2013. b) Izamuka ry’ibiciro ku masoko 14. Muri rusange ibiciro ku masoko mu gihugu cyacu byazamutse ku rugero rudakanganye kuko byazamutse ku gipimo cya 2.1 ku ijana mu mpera z’umwaka wa 2014, ndetse bikomeza kudahindagurika cyane kuko mu mpera 6|P a g e z’ukwezi kwa Gicurasi 2015 byazamutse ku gipimo cya 2.2 ku ijana. Igabanuka ry’ibiciro ku masoko rikaba ryaratewe ahanini n’uko ibiciro by’ibiribwa bitazamutse cyane kubera umusaruro mwiza w’urwego rw’ubuhinzi, ibi bikiyongeraho igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga. c) Imiterere y’ubuhahirane n’amahanga 15. Ku bijyanye n’ubuhahirane n’amahanga, ibicuruzwa twohereza mu mahanga byiyongereye ku gipimo cya 3 ku ijana mu mwaka wa 2014 kuko byinjije agera kuri Miliyoni 723.1 z’Amadorali y’Amerika ugereranyije na Miliyoni 703 z’Amadorali y’Amerika twinjije mu mwaka wa 2013. Kutiyongera bishimishije by’umusaruro w’ibicuruzwa twohereza mu mahanga byatewe nuko ibiciro by’icyayi n’amabuye y’agaciro byagabanutse nubwo ibiciro by’ikawa byo byazamutse ku gipimo cya 36 ku ijana mu mwaka wa 2014. Umusaruro w’ibindi bicuruzwa bitari bimenyerewe koherezwa mu mahanga (non traditional exports) harimo impu, ibireti n’ifarini ndetse n’ibindi bitumizwa bikongera gucuruzwa mu bihugu duturanye (re-exports) byo byakomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije, aho by’umwihariko umusaruro w’ifarini wiyongereye ku gipimo cya 46 ku ijana mu mwaka wa 2014. 16. Ibicuruzwa dutumiza mu mahanga byiyongereye ku gipimo cya 8 ku ijana kuko twatumije ibicuruzwa bifite agaciro ka Miliyoni 2,000.1 z’amadorali y’Amerika mu mwaka wa 2014 ugereranyije na Miliyoni 1,851.5 z’amadorali y’Amerika twari twatumije mu mwaka wa 2013. Ibi bikaba byariyongereye kubera imishinga myinshi y’iterambere yaba iya Leta ndetse n’iy’abikorera ku giti cyabo ikenera ibikoresho bitandukanye biva mu mahanga. 7|P a g e 17. Kubera kwiyongera kw’ibicuruzwa twatumije mu mahanga mu gihe ibyo twohereza byo bitazamutse cyane, icyuho hagati y’ibyo twohereza n’ibyo dutumiza mu mahanga kikaba cyariyongereye ku kigereranyo cya 11.8 ku ijana mu mwaka wa 2014. Ubwizigame bwa Leta (Reserves) bukaba bwaragumye ku bushobozi bwo gutumiza ibintu mu mahanga bugera ku mezi atanu, ari nacyo kigereranyo twariho mu mwaka wa 2013. Iki gipimo cy’ubwizigame kikaba kiri hejuru y’igipimo cy’amezi ane y’ubushobozi bwo gutumiza ibintu mu mahanga gisabwa n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF). d) Politiki y’ifaranga ndetse n’imiterere y’isoko ry’imari n’ivunjisha 18. Mu mwaka wa 2014, politiki y’imari no kubungabunga agaciro k’ifaranga yibanze ku ngamba zifasha gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko ari nako ifasha ko mu gihugu haboneka amafaranga ahagije kugira ngo ibikorwa bizamura ubukungu bikorwe. Ni muri urwo rwego ingano y’amafaranga akoreshwa ku masoko (broad money) yiyongereye ku gipimo cya 19 ku ijana mu mwaka wa 2014 ugereranyije n’igipimo cya 15.6 ku ijana yari yiyongereyeho mu mwaka wa 2013. Inguzanyo nshya zatanzwe (authorized loans) ziyongereye kugera kuri 38.2 ku ijana. 19. Urwego rw’amabanki rwarushijeho gutera imbere, kunguka, no kunoza imikorere. Amafaranga amabanki akoresha mu gutanga inguzanyo (liquid assets) yiyongereye ku gipimo cya 23.5 ku ijana kuko yavuye kuri Miliyari 229.0 mu mpera z’Ukuboza 2013 agera kuri Miliyari 282.9 z’amafaranga y’u Rwanda mu mpera z’Ukuboza 2014. Inguzanyo zitangwa ku bikorera ku giti cyabo ziyongereye ku gipimo cya 19.6 ku ijana kuko zavuye kuri Miliyari 758 8|P a g e mu mwaka wa 2013 zigera kuri Miliyari 906.3 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka wa 2014. 20. Igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza (Non Performing Loans) kikaba cyaragabanutse kuva kuri 6.9 ku ijana mu mwaka wa 2013 kugera kuri 6 ku ijana mu mwaka wa 2014. 21. Ku bijyanye no kubungabunga agaciro k’ifaranga ryacu, imibare dufite igaragaza ko ifaranga ryacu ryataye agaciro ku gipimo cya 3.6 ku ijana mu mpera z’Ukuboza 2014 ugereranyije n’idorali ry’Amerika, iki gipimo kikaba kiri hasi ya 6.1 ku ijana kagabanutseho mu mwaka wa 2013. Tukaba twishimira ko kugeza mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2015, agaciro k’ifaranga ryacu kagabanutse ku gipimo cya 2.8 ku ijana kubera ingamba zashyizweho. 22. Uruhare rw’Ibigo by’imari iciriritse (microfinance sector) narwo rukaba rwarabaye ingenzi mu iterambere ry’urwego rw’imari ndetse no kongera amafaranga akenewe bw’igihugu cyacu. mu bikorwa by’ishoramari bizamura ubukungu Igiteranyo rusange cy’imari shingiro y’ibigo by’imari iciriritse (capital) cyazamutse kuva kuri Miliyari 128.7 z’amafaranga y’u Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2013 kugera kuri kuri Miliyari 159.3 z’amafaranga y’u Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2014, bivuze ko yiyongereye ku gipimo cya 23.8 ku ijana. 23. Naho amafaranga abitswa (deposits) muri ibi bigo akaba yariyongereye ku kigereranyo cya 23.9 ku ijana kuko yavuye kuri Miliyari 69.5 z’amafaranga y’u Rwanda muri 2013 agera kuri Miliyari 86.1 z’amafaranga y’u Rwanda muri 2014. Leta ikaba ikomeje kandi ingamba zigamije kurushaho kubaka ubushobozi bw’ibigo by’imari iciriritse binyuze mu gukurikirana uburyo 9|P a g e bw’imikorere (supervision) ndetse no kongera ubushobozi bw’abakozi muri ibi bigo. Turishimira kandi ko imirenge SACCO yose uko ari 416 ubu yihagije itagikenera inkunga ya Leta. e) Isoko ry’Imari n’imigabane 24. Isoko ry’imari n’imigabane rikomeje gutera imbere aho kuva mu kwezi kwa Nyakanga 2014 kugeza mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2015, umubare w’impapuro z’agaciro zacurujwe kuri iri soko wageze kuri Miliyari 119.6 zifite agaciro kangana na Miliyari 46.2 z’amafaranga y’u Rwanda. 25. Kuva mu mwaka ushize Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yakomeje gufatanya na BNR mu gushyira ku isoko ry’imari impapuro mpeshamwenda (bonds) z’igihe kirekire kiri hagati y’imyaka itatu n’imyaka icumi zifite agaciro ka Miliyari 55 z’amafaranga y’u Rwanda. 26. Ibigo by’ubucuruzi nabyo bikaba bikomeje gushyira ku isoko imigabane yabyo aho ubu ku isoko harimo kugurishwa imigabane ingana na 20 ku ijana muri sosiyeti ya MTN Rwanda ifite agaciro kagera kuri Miliyari 23.4 z’amafaranga y’u Rwanda. f) Uko ingengo y’imari yakoreshejwe Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 10 | P a g e 27. Munyemerere mbagezeho aho tugeze dukoresha ingengo y’imari ya 2014/15 ndetse n’ibikorwa byagezweho. 28. Muri rusange ishyirwamubikorwa ry’Ingengo y’imari ya 2014/15 rikaba ryarahuye n’ingorane zirimo ikerererwa ry’inkunga z’amahanga mu gice cya mbere cy’umwaka w’Ingengo y’Imari ya 2014/15, igabanuka ry’amafaranga ava imbere mu gihugu, ndetse n’ikerererwa ry’imishinga imwe n’imwe y’iterambere harimo cyane cyane ijyanye n’ibikorwaremezo. 29. Ni muri urwo rwego imibare dufite igaragaza ko kugera mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2015 twari tumaze kwinjiza amafaranga ava imbere mu gihugu agera kuri Miliyari 860.4 z’amafaranga y’u Rwanda, aribyo bingana na 88.8 by’amafaranga yose ava imbere mu gihugu yari ateganyijwe mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2014/15. Amafaranga aturuka ku nkunga n’inguzanyo z’amahanga yinjijwe kugera mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2015 aragera kuri Miliyari 595.0 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 94.5 ku ijana by’ayari ateganyijwe mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2014/15. Tukaba dufite icyizere ko asigaye nayo azatangwa mbere yuko dusoza umwaka w’Ingengo y’imari. 30. Naho ku bijyanye n’ikoreshwa ry’amafaranga mu ngengo y’imari, muri rusange igabanuka ry’amafaranga yari ateganyijwe kwinjizwa ryatumye amafaranga akoreshwa yaragabanutse mu gice cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari wa 2014/15. Gusa guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka, imibare dufite itwereka ko kugera mu mpera z’ukwezi kwa gatanu 2015, twari tumaze gukoresha amafaranga ku kigereranyo cya 92.4 ku ijana by’amafaranga yose yateganyijwe mu Ngengo y’Imari ya ivuguruye ya 11 | P a g e 2014/15. Ibi bikaba biduha ikizere ko Ingengo y’Imari yatowe n’inteko Ishinga Amategeko izakoreshwa nkuko byateganyijwe. g) Ibyagezweho mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014/15 Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko;0 Nyuma yo kubagaragariza aho tugeze dushyira mu bikorwa ingengo y’imari ya 2014/15 yatowe n’inteko ishinga amategeko, munyemerere mbagezeho mu ncamake ibikorwa by’ingenzi byagezweho: a) Urwego rw’uburezi 31. Mu rwego rw’uburezi, ibikorwa by’ingenzi byagezweho ni ibi bikurikira: o Twatanze ibikoresho bitandukanye mu mashuri 1,260 y’incuke bifasha mu gutanga uburezi bufite ireme, dutanga n’amahugurwa ku barium bigisha mu mashuri y’incuke; o Ibyumba bishya 1,609 ndetse n’ubwiherero bugera ku bihumbi 2,604 byarubatswe mu rwego rwo kurushaho gushimangira ihame ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 kuri buri mwana; o Amashuri mashya yisumbuye agera kuri 19 yarubatswe ndetse hatangwa intebe zigera ku bihumbi 24,840 mu mashuri yisumbuye mu gihugu hose; o Umubare w’ibigo by’amashuri y’imyuga wavuye ku bigo 306 muri 2013 ugera kuri 365 muri 2014. Ibi bikaba byaratumye umubare w’abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga uva ku bihumbi 83,893 muri 12 | P a g e 2013 ugera ku 93,024 muri 2014; naho umubare w’abarimu bigisha imyuga ukaba waravuye ku barimu 3,020 muri 2013 ugera ku barimu 3,595 muri 2014. o Hagamijwe kurushaho guhuza amasomo n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo, 22.5 ku ijana by’abanyeshuri biga mu mashuri makuru ubu biga amasomo ajyanye na siyansi n’ikoranabuhanga, muri bo 34 ku ijana bakaba biga ibijyanye n’ubuhinzi n’ubuvuzi. b)Urwego rw’ubuzima 32. Ibikorwa by’ingenzi byagezweho mu rwego rw’ubuzima mu mwaka wa 2014/15 ni ibi bikurikira: o Ibikorwa byo gusana no kuvugurura ibitaro n’amavuriro mu gihugu hose byashyizwemo ingufu, aho imirimo yo kuvugurura Ibitaro bya RUTARE igeze ku kigereranyo cya 82 ku ijana, imirimo yo kwagura ibitaro bya Nyagatare ikaba igeze ku kigerereranyo cya 74 ku ijana, naho imirimo yo kubaka ibitaro bya Nyabikenke ikaba igeze ku kigereranyo cya 30 ku ijana. o Twakoze kandi inyigo yo kuvugurura ibitaro bya Ruhengeri no kubihindura ibitaro byo ku rwego rw’igihugu (National Referral Hospital), imirimo ikazatangira mu ingengo y’imari itaha imaze kwemezwa; o Twakomeje kandi gushyira mu myanya hirya no hino abaganga, abaforomo n’babyaza bafite ubumenyi bukenewe mu rwego rwo kugeza serivi z’ubuvuzi ku baturage mu gihugu hose; o Ibitaro bya KIBUYE, KIBUNGO na RUHENGERI byazamuwe mu ntera bishyirwa mu bitaro byo ku rwego rw’igihugu (National referral hospitals); naho ibitaro bya BUSHENGE, KINIHIRA, RUHANGO na RWAMAGANA byazamuwe mu ntera biva ku rwego rw’Akarere bishyirwa 13 | P a g e ku rwego rw’Ibitaro by’Intara (Provincial Hospitals) hagamijwe kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi zihariye. c) Urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 33. Mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwa byagezweho mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014/15 ni ibi bikurikira: o Hatunganyijwe hegitari 16,115 z’amaterasi y’indinganire ndetse na hegitari 44,499 z’amaterasi y’imiringoti mu rwego rwo kongera umusaruro turwanya isuri; o Hatunganijwe ibishanga bifite ubuso bugera kuri hegitari 750 ndetse izindi zigera kuri hegitari 1,270 zikaba zirimo gukorwa; o Twakomeje kongera uburyo bwo kuhira imyaka ku misozi ku buso bwa hegitari 1,095 zihingwaho cyane cyane ibigori n’imboga; o Imirimo yo kubaka ikaragiro rya Mukamira igeze ku gipimo cya 92 ku ijana, aho kubaka byarangiye ubu imirimo ikomeje akaba ari ugushyiramo imashini; o Mu rwego rwo guteza imbere ubworozi, inka zigera ku bihumbi 94 zatewe intanga; o Binyujijwe muri gahunda ya GIRINKA, imiryango ikennye igera ku bihumbi 13,658 yorojwe inka; o Havuguruwe kandi imihanda yo mu cyaro (Feeder roads) ku burebure bwa kilometero 117 ifasha abahinzi borozi kugeza umusaruro wabo ku masoko; 14 | P a g e o Umubare w’abanyeshuri biga ibijyanye n’ubuhinzi bagera ku 106 boherejwe kwihugura mu gihugu cya Israel mu bumenyi bwihariye bujyanye no kuhira imyaka, gutunganya umusaruro w’ubuhinzi ndetse n’ibijyanye n’ubuhinzi bw’imbuto n’indabo; d)Urwego rw’ubucuruzi n’inganda 34. Mu rwego rw’ubucuruzi n’inganda ibyagezweho mu mwaka wa 2014/15 ni ibi bikurikira: o Mu rwego rwo gufasha abohereza ibicuruzwa mu mahanga, abacuruzi bagera kuri 90 bongerewe ubumenyi mu bijyanye n’ubukorikori, gutunganya ubuki, ibitoke, inanasi, ingazi zivamo amavuta n’ibindi; naho abacuruzi bagera kuri 16 bafashijwe na Leta kwitabira ibikorwa by’imurikagurisha mu Budage no muri Uganda; o Igishushanyo mbonera cy’ahazubakwa amasoko mu turere cyarakozwe, ubu imirimo yo kunganira inzego z’ibanze mu kugishyira mu bikorwa ikaba ikomeje; o Abashoramari bava mu mahanga bakomeje kwiyongera mu Rwanda, aho twavuga nka POSITIVO izashyiraho uruganda ruteranya mudasobwa zitandukanye (laptops/tablets assembly plant), Ikompanyi y’Abanyamerika ya UST Global izobereye mu bucuruzi mpuzamahanga (BPO Business), hamwe n’isosiyeti ikora imyenda ya C&H yoherezwa ku masoko mpuzamahanga; o Twakomeje imirimo yo kwimura inganda mu gace ka Gikondo; o Hatanzwe inganda ingurane mu turere z’imitungo twa y’abaturage Rusizi, Huye, bimuwe Nyabihu, ahazubakwa Bugesera na Rwamagana; 15 | P a g e o Mu rwego rwo gufasha ba Rwiyemezamirimo bato kubona igishoro, abagera ku 1500 bahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha gutangira imishinga yabo. e) Urwego rwo gutwara abantu n’ibintu n’ingufu 35. Mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu, ibikorwa by’ingenzi byagezweho mu mu mwaka wa 2014/15 ni ibi bikurikira: o Imirimo yo kubaka umuhanda wa Rusizi-Ntendezi-Mwityazo yararangiye; o Imirimo yo gusana umuhanda wa kaburimbo Kigali-Gatuna (km 80) igeze ku kigereranyo cya 88 ku ijana; o Hakozwe umuhanda uhuza uturere tuzengurutse ikiyaga cya Kivu (kivu Belt) mu cyiciro cya 4 n’icya 5 ifite uburebure bungana na kilometero 66, imirimo ikaba igeze ku kigereranyo cya 70 ku ijana; o Kwishyura abaturage bimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege cya Bugesera irarangirana n’uku kwezi, ubu ibiganiro n’abashoramari tuzafatanya kubaka bikaba bigikomeje; o Imirimo yo gusana ahagwa indege ku kibuga cya Kamembe igeze ku musozo; o Imirimo yo gusana imihanda yo mu mujyi wa Huye yararangiye, naho gusana Umuhanda wa Kitabi-Crete Congo Nil ikaba igeze ku kigereranyo cya 83 ku ijana; o Twakomeje kandi gusana imihanda itandukanye mu mujyi wa Kigali ndetse no hirya no hino mu gihugu. 16 | P a g e f) Urwego rw’ingufu, amazi n’isukura 36. Ibikorwa by’ingenzi byagezweho mu rwego rw’ingufu, amazi n’isukura mu mwaka wa 2014/15 ni ibi bikurikira: o Imirimo yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo yararangiye naho imirimo yo kubaka ingomero nto 6 n’urugomero rwa Rukarara II nayo irakomeje; o Ingomero nto 3 za Mukungwa I, gihira na Gisenyi zarasanywe; o Ibikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu hose yarakomeje aho ingo ibihumbi 50 zagejejweho amashanyarazi bityo ubu impuzandengo y’abaturage bafite amashanyarazi ikaba igeze ku gipimo cya 21 ku ijana; o Hubatswe imiyoboro y’amashyanyarazi igera ku birometero 318.9 zitwara umuriro ku rwego rwa Medium Voltage (MV), ku birometero 517,6 Km zitwara umuriro ku rwego rwa Low Voltage (LV), ndetse no ku birometero 140.4 zitwara umuriro ku rwego rwa High Voltage (HV); o Imirimo yo kubaka Urugomero rwa Rusumo ruzatanga 80 MW yaratangiye, bikaba biteganyijwe ko ruzatangira gutanga amashanyarazi mu mpera z’umwaka wa 2019; o Hubatswe imiyoboro y’amazi ku burebure bwa Kilometero 149.3 mu turere twa Rubavu, Rulindo na Nyamagabe yafashije imiryango igera ku bihumbi 153 kubona amazi meza; o Hatunganyijwe imiyoboro y’amazi meza ku burebure bwa Kilometero 47 mu duce twa Nasho-Ngoma, Cyampirita-Munini na Rwasama- Cyabusheshe mu karere ka Gatsibo ndetse na Katabagemu-Nyagatare; o Hatungayijwe umuyoboro w’amazi ku kirwa cya Nkombo; o Hakaba harashyizweho kandi uburyo bwo kwishyura inyemezabwishyu z’amazi hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kunoza servisi Ikigo gishinzwe amazi kigeza ku baturage. 17 | P a g e IV. INGAMBA Z’UBUKUNGU MUGIHE GICIRIRITSE Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 37. Nk’uko nabagejejeho haruguru ibikorwa by’ingenzi twagezeho mu nzego zitandukanye, munyemerere mbagezeho ingamba z’ubukungu tuzibandaho mu gihe giciriritse. i. Ingamba zigamije kongera umusaruro rusange w’igihugu 38. Ingamba zigamije kongera umusaruro rusange w’igihugu zizashingira ku ngorane zitezwe, haba izituruka imbere mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Ubukungu bw’igihugu cyacu buteganyijwe kwiyongera ku gipimo cya 6.5 ku ijana mu mwaka wa 2015 ndetse no mu mwaka wa 2016. 39. Umusaruro w’urwego rw’ubuhinzi uziyongera ku gipimo cya 5.2 ku ijana mu mwaka wa 2015, no ku gipimo cya 5.3 mu mwaka wa 2016. Uru rwego rukazarushaho gutezwa imbere n’ingamba ziriho zigamije kongera umusaruro harimo gukwirakwiza inyongeramusaruro, kongera uburyo bwo kuhira imyaka ndetse no guteza imbere ibihingwa ngandurabukungu. 40. Umusaruro w’urwego rw’inganda uteganyijwe kwiyongera ku gipimo cya 8.5 ku ijana mu mwaka wa 2015 no ku gipimo cya 8.2 ku ijana mu mwaka wa 2016. Umusaruro w’uru rwego ukazaturuka ahanini ku musaruro w’uruganda rwa CIMERWA uziyongera nyuma yo kurwagura, ndetse n’uruganda rwa 18 | P a g e BRALIRWA, tutirengagije n’uruhare rw’izindi nganda nto zitunganya umusaruro w’ubuhinzi-bworozi zikomeje kwiyongera. 41. Urwego rwa serivisi ruteganyijwe kuzamuka ku gipimo cya 7.3 ku ijana mu mwaka wa 2015 n’uwa 2016. Umusaruro w’uru rwego ukazaturuka ahanini ku bikorwa byo gutwara abantu n’ibintu bikomeje kwiyongera, ubukerarugendo n’inama mpuzamahanga zitandukanye zizabera mu gihugu cyacu nyuma yo kurangiza amahoteri arimo kubakwa nka KCC na Marriot azatangira gukora, ndetse n’ibikorwa by’ikoranabuhanga bikomeje kwiyongera bikazagira uruhare mu musaruro w’urwego rwa serivisi. ii. Izamuka ry’ibiciro ku masoko 42. Igipimo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko giteganyijwe kugera kuri 3.5 ku ijana mu mpera z’umwaka wa 2015, kikazaguma hasi y’ikigereranyo cya 5 ku ijana mu gihe giciriritse, ahanini bitewe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga ndetse n’izindi ngamba zashyizweho na BNR, hagamijwe kubungabunga agaciro k’ifaranga ry’igihugu cyacu, ndetse no gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko. iii. Ubuhahirane n’amahanga Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; Munyemerere kandi mbagezeho ingamba dufite mu rwego rw’ubuhahirane n’amahanga; 19 | P a g e 43. Muri rusange igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa twohereza ku masoko mpuzamahanga biteganyijwe gukomeza guhungabanya umusaruro dukuramo. Mu mwaka wa 2015, tuzinjiza amafaranga agera kuri Miliyoni 764.4 z’Amadorali y’Amerika, bivuze ko aziyongera ku gipimo cya 6 ku ijana, ugereranyije na Miliyoni 723 twinjije mu mwaka wa 2014. Ikawa izatwinjiriza amafaranga agera kuri Miliyoni 64.1 z’Amadorali y’Amerika muri 2015 ugereranyije na Miliyoni 59.7 z’Amadorali y’Amerika mu mwaka wa 2014. Ibi bikazaterwa nuko ingano (volume) ya kawa twohereza iziyongera ku gipimo cya 10.8 ku ijana naho ibiciro byo bikazagabanuka ku gipimo cya 3.1 ku ijana mu mwaka wa 2015. Icyayi kizinjiza agera kuri Miliyoni 62 z’Amadorali y’Amerika ugereranyije na Miliyoni 51.8 z’Amadorali y’Amerika twinjije mu mwaka wa 2014. Ingano y’icyayi tuzohereza iziyongera ku gipimo cya 12.7 ku ijana, naho ibiciro bikaziyongera ku gipimo cya 6.3 ku ijana. Ibiciro by’amabuye y’agaciro biziyongera ku gipimo cya 12 ku ijana mu mwaka wa 2015, mu gihe ingano (Volume) y’amabuye y’agaciro iteganyijwe kwiyongera ku gipimo cya 16.4 ku ijana mu mwaka wa 2015. 44. Tuzakomeza kandi ingamba twatangiye zo kongera ibicuruzwa twohereza mu mahanga bitari icyayi n’ikawa. Ibi bikazashingira ku bikorwa by’ingenzi byemejwe na Guverinoma bigamije kongera ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga harimo umushinga w’indabo wa Gishari, uruganda rw’imyenda rw’abashinwa n’izindi. 45. Bitewe n’imishinga y’iterambere ikomeje kwiyongera, ibicuruzwa dutumiza mu mahanga biziyongera ku gipimo cya 7 ku ijana kuva kuri Miliyoni 2,000.1 mu mwaka wa 2014 kugera kuri Miliyoni 2,139.6 z’Amadorali y’Amerika mu mwaka wa 2015, nyuma bikazagabanuka kugera kuri Miliyoni 2,099.8 z’Amadorali 20 | P a g e y’Amerika mu mwaka wa 2016. Ibikoresho by’inganda bikazagira uruhare runini mu bicuruzwa tuzatumiza. 46. Ibi byose bikazatuma icyuho hagati y’ibyo dutumiza n’ibyo twohereza mu mahanga kizagabanuka ku gipimo cya 9 ku ijana mu mwaka wa 2015. Naho ubwizigamire (Reserves) bw’igihugu cyacu mu madovize bukazagera byibura ku bushobozi bwo gutumiza ibintu mu mahanga ku gipimo cy’amezi ane n’igice mu mwaka wa 2015. iv. Politiki y’ifaranga n’ivunjisha Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 47. Mu mwaka wa 2015 Banki Nkuru y’U Rwanda izakomeza ingamba yatangiye zigamije gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko ari nako ishimangira ko mu gihugu haboneka amafaranga akenewe mu bikorwa by’ishoramari. Igipimo cy’amafaranga ku masoko (broad money) kizazamuka ku gipimo cya 15.6 ku ijana mu mwaka wa 2015, naho inguzanyo ku bikorera zo zikaziyongera ku gipimo cya 18.2 ku ijana. Muri rusange igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa twohereza mu mahanga rikazakomeza kugira ingaruka ku igabanuka ry’agaciro k’ifaranga ryacu ugereranyije n’amadorali y’Amerika, ari nayo mpamvu Leta ikora ibishoboka byose mu guteza imbere ibicuruzwa twohereza mu mahanga. 21 | P a g e v. Ingamba zo guteza imbere urwego rw’imari 48. Muri rusange, tuzakomeza gushimangira ingamba zifasha kugira urwego rw’imari rutajegajega kandi rushyigikira ishoramari. By’umwihariko BNR izakomeza gufasha amabanki n’ibigo by’imari mu kugabanya ikigereranyo cy’inguzanyo zitishyurwa neza (Non Performing Loans), kubaka ubushobozi bw’abakozi, ndetse no gufasha amabanki kunoza uburyo bw’imikorere. vi. Iterambere ry’isoko ry’imari n’imigabane 49. Iterambere ry’isoko ry’imari n’imigabane rizakomeza kuba inkingi y’iterambere mu gihe kirambye. Ibi bizakorwa Leta n’abandi bashoramari bakomeza kongera umubare w’impapuro z’agaciro z’igihe kirekire zicuruzwa Kuri iri soko. By’umwihariko, Guverinoma kandi ikazakomeza gushyira imbaraga mu kunoza amategeko n’uburyo bw’imikorere by’isoko ry’imari n’imigabane aho ubu itegeko rigena ibigomba gucuruzwa ku isoko ry’imari n’imigabane n’ubundi bucuruzi burishamikiyeho ryashyikirijwe Inteko ishinga amategeko. V. INGENGO Y’IMARI Y’UMWAKA WA 2015/2016 Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; Munyemerere kandi mbagezeho ibikorwa na gahunda by’ingenzi bikubiye mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2015/16. 22 | P a g e 50. Hashingiwe ku ngamba z’igihe giciriritse nabagaragarije haruguru, ingengo y’imari y’umwaka wa 2015/16 irangana na Miliyari 1,768.2 z’amafaranga y’u Rwanda, bivuze ko iziyongeraho agera kuri Miliyari 5.8 ugereranyije na Miliyari 1,762.3 yari mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2014/15. 51. Amafaranga ateganyijwe kwinjira ava imbere mu gihugu angana na Miliyari 1,174.2 z’amafaranga y’u Rwanda aribyo bingana na 66 ku ijana by’Ingengo y’Imari yose, akaba aziyongeraho agera kuri Miliyari 41.6 ugereranyije na Miliyari 1,132.6 yari mu Ngengo y’Imari ivuguruye ya 2014/15. Akomoka ku misoro azagera kuri Miliyari 894.8, naho andi mafaranga agera kuri Miliyari 219.3 akazakomoka ku bindi bitari imisoro. Inguzanyo z’imbere mu gihugu zizagera kuri Miliyari 60 z’amafaranga y’u Rwanda. 52. Amafaranga azava hanze y’igihugu arangana na Miliyari 594.0 z’amafaranga y’u Rwanda (bingana na 34 ku ijana by’ingengo y’imari yose), akaba azagabanukaho agera kuri Miliyari 35.8 ugereranyije na Miliyari 629.8 yari mu ngengo y’Imari ivuguruye ya 2014/15. Inkunga z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri Miliyari 358.3, zikaba zizagabanukaho agera kuri Miliyari 58.8 ugereranyije na Miliyari 417.2 zari mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2014/15. Inguzanyo ziva mu mahanga zo ziteganyijwe kugera kuri Miliyari 235.7, zikaba ziziyongeraho agera kuri Miliyari 23 ugereranyije na Miliyari 212.6 zari mu Ngengo y’Imari ivuguruye ya 2014/15. 53. Ku birebana n’uburyo amafaranga azakoreshwa, ingengo y’imari yagenewe ibikorwa bisanzwe (recurrent expenditures) izagera kuri Miliyari 888.9 z’amafaranga y’u Rwanda bingana na 50 ku ijana by’ingengo y’imari yose ya 23 | P a g e 2015/16, naho amafaranga azashorwa mu bigo by’ubucuruzi bwa Leta (Net lending) azagera kuri Miliyari 132.0 bingana na 8 ku ijana. 54. Amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu mishinga y’iterambere (development budget) mu ngengo y’imari ya 2015/16 azagera kuri Miliyari 747.3 bingana na 42 ku ijana by’ingengo y’imari ya 2015/16. Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 55. Mu rwego rwo gukomeza kongera amafaranga akomoka imbere mu gihugu, Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro kizashyira mu bikorwa ingamba zikurikira: a. Mu rwego rwo kongera umubare w’abasoreshwa (broadening the tax base) hazakorwa ibi bikurikira: i. Gukomeza gukorana Amakoperative n’Ikigo hagamijwe cy’Igihugu kwandika mu gishinzwe basoreshwa amakoperative agera ku bihumbi bitandatu; ii. Kwandika abasoreshwa bigendeye ku rwego rw’ubucuruzi bwabo (sector specific VAT registration); iii. Gukora inyigo y’umusaruro uva mu buhinzi n’ubworozi ushobora gusoreshwa; b. Mu rwego rwo kunoza ubwakirizi bw’imisoro hagamijwe serivisi nziza ku basoreshwa no kugabanya uburyo bwo kunyereza imisoro hazakorwa ibi bikurikira: 24 | P a g e i. Gukomeza kunoza ikoreshwa ry’imashini zitanga inyemezabwishyu habazwe umusoro ku nyungu (electronic billing machines) ii. Gushyiraho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu kandi zibara imisoro yose muri rusange, mu gihe iziriho ubu zibara gusa umusoro ku nyungu; iii. Gukomeza gukurikirana ibirarane by’imisoro bitarishyurwa. c. Mu rwego rwo gukomeza kunganira inzego z’ibanze mu kwakira imisoro n’amahoro byazo hazakorwa ibi bikurikira: i. Gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga mu kwakira no gucunga imisoro n’amahoro by’inzego z’ibanze; ii. Gushyiraho uburyo bwo kwishyura imisoro n’amahoro mu nzego z’ibanze hifashishijwe telefoni zigendanwa; iii. Kuvugurura imisoreshereze y’umusoro ku mutungo utimukanwa (property tax). 56. Ibi bikaziyongeraho ingamba zihariye twashyizeho mu rwego rwo kongera imisoro tuzinjiza mu ngengo y’imari ya 2015/16 ku buryo bukurikira: o Kongera amahoro kuri peteroli agenewe gusana imihanda (Levy on fuel for road maintenance) bizatwinjiriza Miliyari 5.2; o Gushyiraho amahoro kuri peteroli itumizwa (fuel imports) mu rwego rwo kubaka ibigega bizigama ibikomoka kuri peteroli (Oil strategic reserves) bizatwinjiriza Miliyari 8.6; o Kongera umusoro ku itabi bizatwinjiriza Miliyari 5; o Gushyiraho amahoro agenewe iterambere ry’ibikorwaremezo yakwa ku bikoresho bitumizwa mu mahanga (infrastructure levy) azatwinjiriza Miliyari 10.6; 25 | P a g e 57. Nyuma yo kungurana ibitekerezo na ba Minisitiri bafite Imari mu nshingano zabo mu bihugu by’Afurika y’I Burasirazuba, hemeranyijwe impinduka z’ibipimo rusange by’amahoro ku bicuruzwa bituruka hanze y’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’I Burasirazuba (CET) bizakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2015/16 ku buryo bukurikira: o Imodoka nini zikururana (Road tractors for semi trailors) zizajya zishyura ku gipimo cya 0 ku ijana aho gusoreshwa ku 25 ku ijana; o Imodoka zitwara imizigo (Motor vehicles) zitwara hagati ya toni 5 na toni 20 zizajya zisora ku gipimo cya 10 ku ijana mu gihe zasoreshwaga kuri 25 ku ijana; o Imodoka zitwara imizigo (Motor vehicles) zirengeje toni 20 zizajya zisoreshwa ku gipimo cya 0 ku ijana mu gihe zasoreshwaga kuri 20 ku ijana; o Imodoka nini zitwara abantu bari hagati ya 25 na 50 zizajya zisoreshwa ku gipimo cya 10 ku ijana mu gihe zasoreshwaga kuri 25 ku ijana; izitwara abantu barenze 50 zikazajya zisoreshwa ku gipimo cya 0 ku ijana aho kuba 25 ku ijana; o Isukari yinjijwe itarenze toni ibihumbi 70 izajya isoreshwa ku gipimo cya 0 ku ijana. o Ingano zizajya zisoreshwa ku gipimo cya 0 ku ijana mu gihe zasoreshwaga kuri 35 ku ijana; o Umuceri udatonoye ndetse n’uvanze uzajya usoreshwa ku gipimo cya 45 ku ijana cyangwa ku gipimo cy’amadorali 200 kuri toni aho gusoreshwa ku gipimo cya 75 ku ijana; o Ibikoresho by’inganda (raw materials) zo mu Rwanda biri ku rutonde rwemejwe bizajya bisoreshwa kuri 0 ku ijana; 26 | P a g e o Ibikoresho by’urwego rw’itumanaho bizajya bisoreshwa ku gipimo cya 0 ku ijana; o Naho ibicuruzwa bizajya bitumizwa gucururizwa mu isoko ryihariye rihahirwamo n’imiryango y’abakora mu nzego z’umutekano (Army shop) bikazajya bisoreshwa Kuri 0 ku ijana. Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; Munyemerere mbagezeho uburyo amafaranga asaranganyijwe mu bikorwa bitandukanye biri mu ngengo y’imari ya 2015/16. 58. Nk’uko nabigaragaje ntangira, ibikorwa by’ingenzi byagenewe amafaranga mu ngengo y’imari ya 2015/16 byatoranyijwe bigendewe Kuri Gahunda ya EDPRS ya 2. By’umwihariko gahunda ya EDPRS ya 2 ikaba ifite ibikorwa by’ingenzi bishingiyeho iterambere n’imibereho myiza y’abaturage (thematic areas). Ibi bikorwa tubisanga mu cyiciro kigamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’igihugu cyacu (economic transformation), iterambere ry’icyaro (Rural development), kongera umusaruro no guhanga imirimo ku rubyiruko (Productivity and Youth employment) ndetse no guteza imbere imiyoborere myiza (Accountable governance). Ni muri urwo rwego iki cyagenewe 50 ku ijana by’ingengo y’imari yose ya 2015/16. 59. Hari kandi gahunda z’ingenzi zikubiyemo ibikorwa na gahunda bigize ishingiro ry’izindi ngamba zigamije iterambere rirambye (foundational issues), iki cyiciro kikaba cyaragenewe amafranga agera kuri Miliyari 674.5 z’amafaranga y’u Rwanda, bingana na 38 ku ijana by’ingengo y’imari yose ya 2015/16. 27 | P a g e 60. Naho icyiciro cya gahunda zigamije kunoza serivisi mu nzego za Leta (support functions) kikaba cyaragenewe agera kuri Miliyari 214 bingana na 12 ku ijana by’ingengo y’imari yose ya 2015/16. 61. Bijyanye n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka igamije iterambere ry’ibikorwaremezo mu rwego rwo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ibikorwa by’ingenzi bikurikira byitaweho mu ngengo y’imari ya 2015/16: a) Mu rwego rwo kongera ingufu z’amashyanyarazi akenewe cyane cyane mu mirimo y’inganda (Free Trade Zone) no gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu hose (electricity role out) byagenewe amafaranga agera kuri Miliyari 135 z’amafaranga y’u Rwanda; b) Ibikorwaremezo birimo kongera imihanda hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo guteza imbere ubuhahirane n’ubukerarugendo harimo n’imihanda mito yo mu cyaro (feeder roads) mu turere dukennye kurusha utundi mu rwego rwo gufasha abahinzi borozi kugeza umusaruro wabo ku masoko byagenewe agera kuri Miliyari 128.3 z’amafaranga y’u Rwanda; c) Ibikorwaremezo bigamije kongera amazi meza cyane cyane mu mujyi wa Kigali ndetse no mu tundi turere tw’igihugu tugifite umubare uri hasi w’abaturage bafite amazi meza byagenewe Miliyari 34.2 z’amafaranga y’u Rwanda. d) Naho ibikorwa bikomeje guteza imbere umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, cyane cyane twibanda ku kwegereza abaturage uburyo bwo guhunika umusaruro wabo (post harvest facilities), gutunganya umusaruro w’ubuhinzi (agro processing) ndetse no kongera ibikoresho bifasha kuhira imyaka (irrigation) bikaba byaragenewe agera kuri Miliyari 120.6 z’amafaranga y’u Rwanda. 28 | P a g e Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; Munyemerere kandi mbagezeho muri make ibikorwa n’imishinga by’ingenzi bikubiye muri buri cyiciro navuze haruguru. a) Kwihutisha umuvuduko w’iterambere (Economic transformation) 62. Intego nyamukuru y’uru rwego ni uguteza imbere ibikorwa by’ingenzi bishimangira iterambere ryihuse ry’ubukungu bw’igihugu cyacu tugamije kugera ku ntego twihaye zikubiye muri gahunda y’icyerekezo 2020. Ni muri urwo rwego imishinga y’ingenzi ikurikira izitabwaho mu ngengo y’imari ya 2015/16: o Umushinga wo gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu hose (nation-wide transmission line): Miliyari 13.3; o Kubaka umuhanda Mwityazo–Karongi aricyo gice cya 4 n’icya 5 cy’umuhanda ukikije ikiyaga cya Kivu ku burebure bwa km 66: Miliyari 10.7; o Kubaka umuhanda Rubavu-Gisiza: Miliyari 10.3; o Gusana umuhanda wa Huye-Kitabi: Miliyari 8.4; o Umushinga wo gutunganya ingufu za nyiramugengeri: Miliyari 8.2; o Kubaka igice cya kabili cy’umuhanda Rukomo-Base ku burebure bwa Km 51: Miliyari 7.2; o Kongera ubuso buhingwaho icyayi: Miliyari 5.3; o Umushinga wo kwagura no gusana ibibuga by’indege bya Kamembe na Rubavu: Miliyari 4.4; 29 | P a g e o Kubaka imihanda itandukanye yo mu mugi Mujyi wa Kigali: Miliyari 2.9; o Gukomeza imirimo yo gusana ingomero nto za Mukungwa1, Gihira na Gisenyi: Miliyari 2.7; o Kubaka umuhanda wa kaburimbo ugana ku nyubako ya Kigali Convention Center: Miliyari 2; o Gutunganya ahantu hagenewe inganda mu ntara enye z’igihugu (provincial industrial park): Miliyari 1.8; o Gukomeza umushinga wa Gako ugamije korora inka zitanga inyama: Miliyari 1.3; b) Guteza imbere icyaro 63. Intego nyamukuru y’iki cyiciro ni uguteza imbere imibereho myiza y’abaturage batuye mu cyaro begerezwa ibikorwaremezo by’ibanze. Ni muri urwo rwego imishinga y’ingenzi izitabwaho mu ngengo y’imari ya 2015/16 ari iyi ikurikira: o Umushinga wo gukwirakwiza inyongeramusaruro harimo ifumbire mvaruganda n’imbuto z’indobanure: Miliyari 10.6; o Gukomeza umushinga wo gushyiraho ibikoresho bifasha kuhira imyaka ku misozi no guhunika amazi: Miliyari 10.5; o Gukomeza umushinga wo guteza imbere ubuhinzi mu cyaro (RSSP Phase II): Miliyari 10; o Gukomeza umushinga wo gukwirakwiza amazi meza n’isuku mu cyaro (PRSC-PEAMER): Miliyari 9.2 billion; o Gukomeza umushinga wo gukwirakwiza amazi meza mu mujyi wa Kigali n’iyindi mijyi: Miliyari 9.2; o Gukomeza umushinga wo kubaka ibikorwaremezo by’ubuhinzi bworozi mu karere ka Bugesera (PAIRB): Miliyari 4.2; 30 | P a g e o Gukomeza umushinga wo guteza imbere ibikorwaremezo by’ubworozi mu gihugu (LISP): Miliyari 3.8; o Gukomeza kubaka ibigega bifasha abahinzi guhunika umusaruro wabo: Miliyari 2.5; o Umushinga wo gukwirakwiza amazi meza mu karere ka Rulindo: Miliyari 2.4; o Umushinga wo kongera ibikorwa by’isuku n’isukura mu mijyi itandukanye: Miliyari 2.2; o Gukomeza gahunda y’inkongoro y’amata kuri buri mwana hagamijwe guteza imbere imirire myiza ku bana: Miliyari 2.1; o Umushinga wo kuvugurura imihanda yo mu mugi wa Rubavu: Miliyari 2; o Gukomeza gutunganya igishanga cya Kirehe(KWAMP): Miliyari 1.9; o Gukomeza Gahunda yo koroza inka imiryango itishoboye (One Cow Per Poor Family Program): Miliyari 1.5; c) Kongera umusaruro no guhanga imirimo ku rubyiruko 64. Gahunda z’ingenzi n’imishinga bikubiye muri icyi cyiciro mu ngengo y’imari ya 2015/16 ni izi zikurikira: o Umushinga ugamije guteza imbere ubumenyingiro (skills development): Miliyari 13.8; o Umushinga wo guhuza ibikorwa bigamije guhanga imirimo (National Employment Programme): Miliyari 5.2; o Umushinga wo kubaka ibibuga bizakira imikino y’igikombe cy’Afrika ku bakinnyi bakina ku mugabane wa Afrika (CHAN): Miliyari 5.2; o Umushinga wo guhugura abarimu bigisha ubumenyingiro ku nkunga ya KOICA: Miliyari 2.9; 31 | P a g e Umushinga o ugamije gutunganya ububiko bw’ibicuruzwa (Rwanda Integrated Trade Logistics): Miliyari 2.8; Umushinga wo guhanga imirimo ku bavuye ku rugerero bamugariye ku o rugamba: Miliyari 2.7; Umushinga o ugamije kongera ubumenyingiro mu bijyanye n’ikoranabuhanga: Miliyari 2.1; Umushinga wo kwagura amacumbi y’abanyeshuri mu mashuri makuru ya o Leta: Miliyari 2; Umushinga o wo kubaka ububiko bw’inyandiko z’igihugu (National Archives)): Miliyari 1.8; Umushinga wo kongera ibikorwaremezo bikenewe mu mashuri y’imyuga o n’ubumenyingiro (TVET schools) n’amahugurwa: Miliyari 1.6; Gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cyo gutunganya ikirwa o cy’IWAWA: Miliyari 1.3; d) Icyiciro cy’imiyoborere myiza 65. Icyi cyiciro gikubiyemo ibikorwa bigamije gushimangira ihame ry’imiyoborere myiza no gufasha abaturage kugira uruhare muri gahunda n’ibyemezo bibafatirwa. Imishinga na gahunda z’ingenzi byagenewe amafaranga mu ngengo y’imari ya 2015/16 muri iki cyiciro ni ibi bikurikira: o Gukusanya inkunga zihurizwa mu kigega rusange kigenewe gutera inkunga ibikorwa by’ibarurishamibare (National Statistics Basket Fund): Miliyari 5.1; o Kubaka ubushobozi bw’inzego z’ubutabera n’ubugenzacyaha: Miliyari 2.8; o Gukomeza kwita ku mibereho myiza y’abagororwa n’abari mu gihano cy’imirimo nsimbura gifungo ifitiye igihugu akamaro: Miliyari 3.7; 32 | P a g e o Umushinga wo kubungabunga umutekano w’amakuru abikwa hifashishijwe ikoranabuhanga (National Cyber Security): Miliyari 2.4; o Gukomeza umushinga wo kubaka laboratwari izifashishwa n’Ubugenzacyaha mu gutahura abakoze ibyaha (Kigali Forensic Laboratory): Miliyari 2.4; o Gukomeza umushinga wo kubaka icyicaro gikuru cya Polisi y’igihugu n’ibiro by’ahakorera Polisi y’igihugu ku Kimihurura: Miliyari 2.1; o Gusana no kwagura amagereza mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza: Miliyari 1.5; o Umushinga wo kubaka inzu izakorerwamo n’ubuyobozi bwa gereza ya Mageragere ndetse no gushyiramo ingufu z’amashanyarazi na biogaz: Miliyari 1; o Gushyigikira ikigega kigenewe kubaka ubushobozi bw’abakozi mu nzego za Leta: Miliyari 1. VI. INGORANE ZITEZWE KUBA ZAGIRA INGARUKA KU MUSARURO W’UBUKUNGU N’ISHYIRWAMUBIKORWA RY’INGENGO Y’IMARI Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; Munyemerere mbagezeho zimwe mu ngorane zitezwe kubangamira iterambere ry’ubukungu bwacu n’ishyirwamubikorwa ry’ingengo y’imari ya 2015/16. 66. Mu gutegura ingengo y’imari ya 2015/16, Guverinoma ntiyirengagije ingorane z’ubukungu ku rwego rw’isi muri rusange ndetse n’izindi zishobora guturuka imbere mu gihugu zigira ingaruka zitari nziza ku bukungu bwacu. Ku ruhande 33 | P a g e rw’ingorane zikomoka hanze y’igihugu, twavugamo kuzahara k’ubukungu bw’ibihugu byateye imbere byitezwe kuzagira ingaruka ku nkunga zihabwa igihugu cyacu ndetse n’igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa twohereza ku masoko mpuzamahanga. 67. Ku ruhande rw’ingorane zitezwe guturuka imbere mu gihugu, twavuga ahanini imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka mbi ku musaruro w’urwego rw’ubuhinzi ndetse no kwihaza mu biribwa. Kuzahara k’ubukungu kandi bishobora kuzagira ingaruka ku mafaranga ateganyijwe mu ngengo y’imari ya Leta azava imbere mu gihugu, bityo bikazatuma ibikorwa leta ikoreshamo amafaranga nabyo bigabanuka. 68. Tukaba twabizeza ko hashyizweho Itsinda rishinzwe gukurikiranira hafi izi ngorane (Economic Monitoring Team) kugira ngo ingamba zo kuzikumira zifatwe ku gihe. 34 | P a g e VII. UMWANZURO Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena; Nyakubahwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite; Ba Nyakubahwa ba Visi Perezida b’inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi; Ba Nyakubahwa mugize Inteko Ishinga Amategeko; 69. Mu gusoza, munyemerere mbabwire ko uyu mushinga w’ingengo y’imari ya 2015/16 ndetse n’ingamba z’ubukungu mu gihe giciritse byitaye ku miterere y’ubukungu mu gihugu cyacu, mu karere ndetse no ku rwego rwi’si. Uyu mushinga ujyanye n’ingamba zikubiye muri gahunda ya EDPRS ya 2 ari byo biduha icyizere ko inyinshi mu ntego twihaye muri gahunda ya EDPRS ya 2 zizagerwaho. 70. Bijyanye n’uko mu gihe kiri imbere inkunga z’amahanga zizarushaho kugabanuka hamwe n’uko Leta ifite gahunda yo kugabanya uruhare rw’inkunga mu ngengo y’imari mu rwego rwo kwigira, ibikorwa bigamije kongera umusaruro w’ibicuruzwa twohereza ku masoko mpuzamahanga no kongera amafaranga akomoka imbere mu gihugu bizarushaho kwitabwaho. 71. Gusa sinabura kubagezaho impungenge zijyanye n’uko ikigereranyo cy’ibikorwa bikubiye muri gahunda ya EDPRS 2 byagenewe amafaranga bikiri bike ugerereranyije n’umuvuduko w’ubukungu twifuza. Akaba ariyo mpamvu uruhare rw’ishoramari ry’abikorera ku giti cyabo ruzarushaho kunganira gahunda z’ibikorwa biteganyijwe. 72. Nkaba ndangije mbashimira umwanya mwampaye kugira ngo mbagezeho uyu mushinga w’ingengo y’imari ya leta ku mwaka wa 2015/16 mboneraho kubasaba kuwemeza kugira ngo gahunda z’ibikorwa zikubiyemo, zizatangire gushyirwa mu bikorwa mu gihe cyateganyijwe. Murakoze ! 35 | P a g e
© Copyright 2026 Paperzz