ITORERO RY*IGIHUGU

UYU
NIWE
WAHAGARITSE
JENOSIDE
NI NAWE NTSINZI Y’ABANYARWANDA TWESE
1
ITORERO RY’IGIHUGU
AMATEKA Y’ITORERO RY’IGIHUGU
2
ITORERO RY’IGIHUGU
IGICE CYA MBERE:
ITORERO RY’IGIHUGU MBERE Y’ABAKOLONI
• Mbere y’umwaduko w’Abakoloni Itorero
ry’Igihugu ryari IRERERO ry’Igihugu, rikarera
abanyarwanda rikabubakamo imico myiza(ariyo
twita Indangagaciro) yatumaga bashobora
kubahana, kubana neza, kubana mu mahoro
nogusobeka Ubumwe bwabo nka bene
mugabobumwe, nk’abava inda imwe, nka bene
Kanyarwanda.
• Ryareraga kandi abazayobora Igihugu kugira ngo
bazayobore neza, ngo bazajye batoza abo
bayobora imico myiza, bakabatoza Indangagaciro
na Kirazira z’umuco nyarwanda.
3
ITORERO RY’IGIHUGU
Ibisobanuro by’amagambo:
• INDANGAGACIRO:
Yari imigenzo myiza y’imbonezabupfura
abanyarwanda bagombaga kubahiriza
kugira ngo babashe kubahana kubana neza,
gusobeka Ubumwe, Ubumwe bukabahesha
amahoro.
• Ibyo byose bikabahesha ishema, icyubahiro
n’igitinyiro.
4
ITORERO RY’IGIHUGU
Ibisobanuro by’amagambo:
KIRAZIRA:
Yari Indangagaciro yari ishinzwe gukumira
no kurinda ingeso mbi ngo zidatokoza izindi
Ndangagaciro zikazitera ubusembwa.
• Abanyarwanda bagombaga kwirinda ikibi
cyose, ingeso mbi zose, imico mibi yose
kugira ngo babashe kubahana , kubana neza
no gusobeka Ubumwe bwabo.
5
ITORERO RY’IGIHUGU
BATOZAGA IKI MU ITORERO?
• Batozwaga Indangagaciro na Kirazira z’umuco
nyarwanda. Twavugamo zimwe muri zo:
• Ubumwe,
Ishyaka,
• Ubutwari
Kwiyoroshya
• Ubuntu n’Ubunyarwanda, Kwicisha bugufi,
• Gukunda Igihugu,
Kuvugisha ukuri,
• Ubwitange,
Ubupfura,
6
ITORERO RY’IGIHUGU
BATOZAGA IKI MU ITORERO?
•
•
•
•
•
Kugira Urukundo,
Kubaha ubuzima
Kudacogora,
Ubushishozi
Ubworoherane,
Kubaha no kumvira,
Kwanga Umugayo,
Gukunda umurimo
Kubana neza na bose
nta vangura,
Ishema n‘Ishyaka,..
7
ITORERO RY’IGIHUGU
• Batozwaga kandi kurengera Igihugu
• Imyitozo ngororangingo,umuco wo
gutarama no guhiga
• Intore nizo zavagamo abaturage bafite
uburere bwiza, n’imico myiza.
• Intore nizo zavagamo Ingabo z’Igihugu,
hakavamo n’abayobozi b’imisozi hakurikijwe
ubushobozi buri wese yagaragaje mu
Itorero.
8
ITORERO RY’IGIHUGU
ISESENGURA KU ITORERO
• Abantu bemezaga ko umuntu wabaga
ataranyuze mu Itorero yabaga afite
byinshi atandukaniyeho n’Intore, cyane
cyane mu rwego
rw’imyumvire,imitekerereze, imyifatire,
imyitwarire, imivugire n’imigenzereze,
ikinyabupfura, Kuvuga neza, kwitwara
neza, kwitwararika, kumenya uko yitwara
imbere y’abamuruta, abo bangana n’abo
aruta.
9
ITORERO RY’IGIHUGU
,,,,,,,,,,,,,,,
• Akenshi buri Torero ryabaga rigizwe
n’abantu bari mu kigero kimwe.
• Itorero ryose rikagira izina ryaryo.
• Itorero ryagiraga kandi ibyiciro
bitandukanye, buri cyiciro kikagira izina .
10
ITORERO RY’IGIHUGU
,,,,,,,,,,,,,,,,,,
• Bajyaga mu Itorero bakiri bato, mu kigero
cy’imyaka 13 – 14 gusubiza hejuru.
• Itorero ntiryavanguraga ryatozaga
abanyarwanda bose.
• Ndetse n’abanyamahanga babaga
bafashwe bunyago bashoboraga
kujyamo, bakwitwara neza bakaba Intore,
bakaba banagabirwa imisozi .
11
ITORERO RY’IGIHUGU
KOHEREZWA KU RUGERERO
• Intore zaratozwaga,zamara gutozwa
zikoherezwa ku rugerero.
• Akenshi Urugero rwari rujyanye cyane cyane
no kurinda ubusugire bw’Igihugu, kwagura
Igihugu rukaba rwanakoreshwa no mubindi
bifitiye Igihugu akamaro.
• Mbere yo kujya ku rugerero Intore zarahigaga;
zikiha intego, kandi bigakorerwa imbere
y’Umukuru wazo ku rwego ziriho.
12
ITORERO RY’IGIHUGU
Mbere yo kuva ku rugerero
• Urugerero rurangiye,Intore zarataramaga, zikivuga
ibigwi, indongozi zikagororerwa, ibigwari bikagawa,
• Kwivuga ibigwi byashingiraga ku mihigo zahize ziva
gutozwa zijya ku rugerero,
• Ibi byakorerwaga kandi mu gitaramo cy’imihigo
y’Intore
• Nta Ntore yashoboraga kwivuga ibigwi ibeshya kuko
habaga izindi Ntore ziyinyomoza.
13
ITORERO RY’IGIHUGU
Ubuzima nyuma y’Urugerero
• Urugerero rurangiye, Intore zasubiraga mu
buzima busanzwe mu miryango yazo.
• Intore n’utaratojwe babaga batandukanye
nk’uko bimeze ubu k’uwize n’utarize.
Uwagiye mu Itorero yabaga ajijutse, ashize
amanga, azi kuganira neza, azi gusobanura
neza icyo abajijwe, afite uburere bwiza
n’ikinyabupfura, arangwa n’isuku hose, ...
14
ITORERO RY’IGIHUGU
Ubuzima nyuma y’Urugerero
• Intore nziza yirindaga kwirata ku bandi ahubwo ikihatira
kugira umubano mwiza n’abandi no kwimakaza
Indangagaciro na Kirazira.
• Cyakora, nk’uko abanyarwanda babivuze ngo « nta byera
ngo de »,
• Hari igihe hashoboraga kuboneka umwe cyanga babiri
bakaba bateshukwa ku muco w’ubutore,
• Abo bakitwa Ibigwari bagata agaciro. Icyakora bashobora
kwikosora no gusaba imbabazi bakazihabwa bakavanwaho
ubusembwa.
15
ITORERO RY’IGIHUGU
Ubuzima nyuma y’Urugerero
• Abatoranywe wasangaga ari inshuti
zikomeye, zishyize hamwe ku buryo na
nyuma y’ubuzima bwo mu Itorero ubucuti
bwakomezaga bitewe n’inyigisho z’uburere
bwiza babaga barahawe ku ndangagaciro
zatumaga bumva ko ari abavandimwe.
• Cyaraziraga guhemukira uwo mwabanye
mu Itorero,no gutatira inyigisho zo mu
Itorero.
16
ITORERO RY’IGIHUGU
UMUSARURO W’ITORERO RY’IGIHUGU
MBERE Y’ABAKOLONI
• Abanyarwanda barangwaga n’imico myiza,
• Abanyarwanda barangwaga n’ubupfura,
• Abanyarwanda barubahanaga, bagakundana,
bakabana neza,bakabana mu mahoro
• Abanyarwanda bari bakomeye ku bumwe bwabo,
bagahora bakumira icyabusenya
• Abanyarwanda bari inyangamugayo, bakarangwa
no kwanga umugayo,
17
ITORERO RY’IGIHUGU
UMUSARURO W’ITORERO RY’IGIHUGU
MBERE Y’ABAKOLONI
• Abanyarwanda barangwaga n’ubumuntu
n’ubunyarwanda,
• Abanyarwanda bakundaga Igihugu cyabo,
bakakirwanira ishyaka kugeza no kukimenera
amaraso
• Abanyarwanda bagiranaga icyizere, bakizerana
• Abanyarwanda bagiraga umuco w’ishyaka kuri bo
ubwabo no ku gihugu cyabo,
18
ITORERO RY’IGIHUGU
UMUSARURO W’ITORERO RY’IGIHUGU
MBERE Y’ABAKOLONI
• Abanyarwanda barangwaga n’umuco wo
kurata ishema n’ibigwi by’u Rwanda,
• Abanyarwanda baharaniraga kwihesha
agaciro buri gihe,
• Abanyarwanda bariyubahaga,
• Abanyarwanda bagiraga umuco w’isuku,
• Abanyarwanda bakundaga gukora,
19
ITORERO RY’IGIHUGU
UMUSARURO W’ITORERO RY’IGIHUGU
MBERE Y’ABAKOLONI
• Kubera uburere bw’imico myiza, nta
jenoside yigeze iba mu Rwanda,
• Kubera imico myiza yabarangaga, u Rwanda
rwari rufite amahoro,
20
ITORERO RY’IGIHUGU
UMUSARURO W’ITORERO RY’IGIHUGU
MBERE Y’ABAKOLONI
• Kubera ibyo byose, u Rwanda rwagize
ibigwi, bikurikira:
• Imana yirirwa ahandi, igataha i Rwanda,
• U Rwanda rutemba amata n’ubuki,
• U Rwanda ruratera ntiruterwa,.......
21
ITORERO RY’IGIHUGU
IGICE CYA KABIRI:
ITORERO MU BIHE BY’ABAKOLONI
• Abakoloni bagera mu Rwanda basanze
abanyarwanda badapfa kuvugirwamo, basanga u
Rwanda rudapfa kuvogerwa, rudapfa kwisukirwa.
• Abakoloni basanga rero ntaho bazamenera ngo
bategeke u Rwanda uko bishakiye, niko gutangira
gukora ubushakashatsi kugira ngo bamenye aho
abanyarwanda bakomora ubutavugirwamo maze
bahasenye bityo abanyarwanda babure ubumwe,
n’imbaraga zabo zibe zirangiye.
22
ITORERO RY’IGIHUGU
Itorero ry’Igihugu mu bihe by’abakoloni
• Baza gusanga rero kutavogerwa abanyarwanda
barabikeshaga ITORERO RY’IGIHUGU,
ryabatozaga buri gihe kwimakaza
Indangagaciro na Kirazira z’umuco nyarwanda
zabubakagamo UBUMUNTU n’Ubunyarwanda,
zikabubakamo umuco wo kwanga ikibi no
gukunda icyiza, kubaka Ubumwe bwabo,
gukunda Igihugu umuco w’Ubutwari, n’indi…
imico myiza yose yari ishinzwe gutuma
abanyarwanda bihesha agaciro.
23
ITORERO RY’IGIHUGU
Itorero ry’Igihugu risenywa
• Nk‘uko tumaze kubibona mu Rwanda rwo hambere,
Itorero ryari "irerero" abanyarwanda bigiragamo
inyigisho ku burere mboneragihugu, kubahana,
kubana neza, gusobeka Ubumwe, n‘ibindi mico
myiza myinshi.
• Mu Itorero, nta vangura ryarangwagamo, akaba ari
nayo ntwaro abanyarwanda bari barifashishije mu
kwagura Igihugu no kugiteza imbere.
• Abakoloni rero babonye ko ntacyo bakora batabanje
gusenya intwaro ikomeye y‘abanyarwanda ngo
babone uko bikorera ibyo bishakiye, nibwo basenye
Itorero ry‘Igihugu.
24
ITORERO RY’IGIHUGU
Itorero ry’Igihugu n’Amashuli y’Abakoloni
• Muri 1924 nibwo Itorero rya nyuma ryavanyweho,
bityo uburere abanyarwanda bavanaga mu Itorero
ry’Igihugu, abakoloni babusimbuza
ubw’amacakubiri ashingiye ku moko
n’ingegabitekerezo ya JENOSIDE bwatangagwa
mu mashuri abakoloni bashyizeho.
• Ubwo Itorero ry’Igihugu nk’Irerero ry’u Rwanda
riba rivanyweho risimbuzwa amashuri atigisha
imico myiza, Indangagaciro na Kirazira z’umuco
nyarwanda.
25
ITORERO RY’IGIHUGU
Itorero ry’Igihugu n’Amashuli y’Abakoloni
• Nibwo badukanye “Idéologie” ivuga ko
abanyarwanda bafite inkomoko zitandukanye ko
rero batava inda imwe, ko atari bene
mugabumwe, ko atari bene Kanyarwanda. Iyo iba
ingingo ya mbere bakoresheje mu kubiba
amacakubiri mu banyarwanda.
• Kwigisha Indangagaciro na Kirazira bicika ubwo,
batangira kwigisha ngo kujya mu Itorero
ry’Igihugu ni ukujya kwigamo ibishenzi. Ibitari
26
ITORERO RY’IGIHUGU
Guhindura icyerekezo cy’Itorero
• Itorero ry’Igihugu nk’IRERERO rimaze gusenywa,
abanyarwanda babuze uko bagira maze
kubyina, kuririmba, guhamiriza cyangwa
kuvuga ubutumwa bushingiye ku iyobokamana
aba aribyo bisigara byitwa Itorero
• Itorero ryavuye ku nshingano zaryo nk’irerero
ryatozaga abanyarwanda imico myiza
y’Indangagaciro na Kirazira kuko abakoloni bari
babigambiriye, maze rihindurwa iryo gutaramira
rubanda n’abayobozi.
27
ITORERO RY’IGIHUGU
Guhindura icyerekezo cy’Itorero
• Abanyarwanda babura ukomeza kubatoza
imico myiza, ahubwo batozwa amacakubiri
y’ingengabitekerezo ibaganisha kuri
jenoside yakorewe abatutsi muri 1994,
Ubumwe bw’abanyarwanda burajegera,
umuco nyarwanda uracika kandi nibyo
abakoloni bifuzaga.
28
ITORERO RY’IGIHUGU
Ingaruka zo gusenya Itorero
ry’Igihughu
• Abanyarwanda babuze uhora abatongera kwanga
ikibi no kugitinya.
• Abanyarwanda babuze ubotongera kubaha no
gutinya KIRAZIRA ,
• Abanyarwanda babuze uhora ubatongera kubaha
no kwimakaza imico myiza y‘Indangagaciro
z‘umuco nyarwanda,
• Abanyarwanda babuze ubatoza imyumvire
n‘imitekerereze, imyifatire n‘imyitwarire myiza,
babura ubatoza imico myiza y‘indangagaciro
z‘umuco nyarwanda
29
ITORERO RY’IGIHUGU
Ingaruka zo gusenya Itorero
ry’Igihughu
• Umuco nyarwanda warasenywe,
• Amacakubiri ashingiye ku moko akwizwa mu
banyarwanda,
• Imvururu n‘umwiryane mu banyarwanda,
• Muri 1959 abatutsi barasenyerwa,
baratwikirwa maze kubera umuco mubi
w‘uumururumba, ubusambo n‘inda nini haba
impunzi mu mahanga.
30
ITORERO RY’IGIHUGU
Ingaruka zo gusenya Itorero
ry’Igihughu
• Ahubwo abakoloni babiba urwango rukabije hagati
y‘abatutsi n‘abandi banyarwanda
• Muri 1959 abakoloni bateza imvururu mu Rwanda
maze abatutsi baratwikirwa, barasenyerwa,
barasahurwa abandi barameneshwa bahungira mu
mahanga
• Muri 1994, abayobozi babi basimbuye abakoloni
boreka u Rwanda muri jenoside yakorewe abatutsi
igahitana inzirakarengane zirenga 1.000.000 mu mezi
atatu gusa.
• Icyizerane kirasenyuka muri bene kanyarwanda
• Abanyarwanda bakora amahano ataraba ahandi ku isi,
• U Rwanda ruhabwa akato ku isi,
31
ITORERO RY’IGIHUGU
Ingaruka zo gusenya Itorero
ry’Igihughu
• Abanyarwanda bahinduka ba
ruvumwa ku isi,
• Ubukungu bw‘u Rwanda nabwo
burahatikirira.
32
ITORERO RY’IGIHUGU
•
•
•
•
IGICE CYA GATATU:
Itorero ry’Igihugu ryongera gutekerezwa
Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yabaye
agahomamunwa ku isi
kuko mu mezi atatu gusa yari imaze guhitana
Inzirakarengane zirenga miliyoni
zizira gusa ubwoko zavutsemo, zizira ubwoko
zibonyemo, ubwoko zisanzemo zimaze kumenya
ubwenge zizira ubwoko zitigeze zijya gusaba ngo
zibuvukane.
33
ITORERO RY’IGIHUGU
• Ingabo zari iza F.P.R Inkotanyi zimaze
guhagarika Jenoside zashyizeho Leta
y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
• Abayobozi ba Leta y’Ubumwe
bw’abanyarwanda, muri byinshi yakoze,
harimo no gutekereza cyane ku mahano ya
Jenoside yakorewe abatutsi.
34
ITORERO RY’IGIHUGU
• Koko rero hakoreshejwe inama nyinshi
z’abayobozi b’ingeri zitandukanye, baza
gusanga ko kuba Jenoside yarakorewe
abatutsi yarashobotse, byaratewe n’uko
Itorero ry’Igihugu ryareraga abanyarwanda
,rikabatoza indangagaciro na Kirazira
z’umuco nyarwanda zatumaga bubahana,
bakabana neza,bagasobeka ubumwe
bakabana mu mahoro, zikabatoza gukunda
ICYIZA no kwanga IKIBI.
35
ITORERO RY’IGIHUGU
• Baza gusanga kuba abanyarwanda
barubahutse gukora IKIBI, ari uko Itorero
ry’Igihugu ryari rimaze gusenywa noneho
abanyarwanda basigara badafite ubaha
uburere, basigara badafite ubatoza
indangagaciro na Kirazira, basigara badafite
ubatongera umuco zo kwanga IKIBI no
gukunda ICYIZA, basigara bakora ikiboroheye
kandi mu buzima bw’abantu gukora ikibi nibyo
bibanguka kurusha gukora icyiza.
36
ITORERO RY’IGIHUGU
• Icyoroshye kandi akenshi kiganisha ku kibi.
• Ninako byagenze Itorero ry’Igihugu rimaze
gusenywa.
• Abanyarwanda basigaye bagendera ku
nyigisho z’abakoloni zibabibamo
amacakubiri y’ingengabitekerezo ya
Jenoside, zibacamo ibice, zisenya Ubumwe
bwabo, zigereka amakosa y’indengakamere
ku bwoko bw’abatutsi kugira ngo
babwangishe abandi banyarwanda.
37
ITORERO RY’IGIHUGU
• Abayobozi baje gusanga Itorero ry’Igihugu
rimaze gusenywa uburere ryahaga
abanyarwanda bwarasimbujwe
ubw’abakoloni bwari bugamije gusenya
indangagaciro na Kirazira z’umuco
nyarwanda, zubakaga mu banyarwanda
ubumuntu n’ubunyarwanda
• Basanze inyigisho z’abakoloni zaratozaga
abanyarwanda kugana inzira y’IKIBI.
38
ITORERO RY’IGIHUGU
• Ari nacyo cyatumye nyuma y’ibihe bigishwa IKIBI,
abanyarwanda barubahutse kwikora mu nda,
kwihekura, kwigira incike, ubwo batinyukaga
kurimbura abavandimwe babo bo mu bwoko
bw’abatutsi, kwica abo bashakanye, kwica abo
bahanye inka n’abageni, kwica abo basangiye akabisi
n’agahiye, akabi n’akeza.
• Abo bayobozi ba Leta y’Ubumwe bo mu nzego
zitandukanye, basanze Itorero ry’Igihugu, rimaze
gusenywa, amahano y’ibibi yarahawe intebe mu
Rwanda, kandi Itorero ry’Igihugu ritarasenywa, cyari
ikizira guha AMAHANO y’IKIBI, intebe mu Rwanda.
39
ITORERO RY’IGIHUGU
Itorero ry’Igihugu risubiraho
• Izo nzego z’abayobozi zimaze gusesengura ibyo byose,
bamaze kongera gutekereza ku mahano ya Jenoside
yakorewe abatutsi,zimaze no kwitegereza ingaruka
zatewe na Jenoside yakorewe abatutsi, bamaze kandi
no kongera gutekereza ku byiza byariho mbere y’uko
Itorero ry’Igihugu risenywa, nibwo batekereje
gusubizaho Itorero ry’Igihugu ngo ryongere rirere
abanyarwanda, ribubakemo za ndangagaciro na
kirazira z’umuco nyarwanda, zatumye abakurambere
bacu bubahana, bagasobeka ubumwe, bakabana mu
mahoro bakihesha ishema, icyubahiro n’Igitinyiro.
40
ITORERO RY’IGIHUGU
• Kuwa 12-11-2007 nibwo inama y’abaminisitiri yafashe
icyemezo cyo gusubizaho Itorero ry’Igihugu, maze kuwa
16-11-2007, nibwo Perezida wa Repubulika Nyakubahwa
Paul Kagame atangije ITORERO RY’IGIHUGU ku
mugaragaro, imbere y’imitwe yombi y’Inteko Ishinga
amategeko.
• Mu kuritangiza yabwiye abanyarwanda ati: Twaje gutangiza
gahunda y’Itorero ry’Igihugu nk’uburyo twihariye kandi
bukomoka ku muco nyarwanda.
• Akomeza agira ati: Itorero ry’Igihugu ryari ishuri ryo gutoza
no kwigisha abanyarwanda gukunda Igihugu, kukiyobora
neza, guharanira ubutwari, kwanga ubuhemu, gufatanya
gukemura ibibazo, no kwirinda ubutsimbanyi, n’ibindi
41
n’ibindi...
ITORERO RY’IGIHUGU
Icyerekezo cy’Itorero ry’Igihugu:
• Kugira abanyarwanda :
–Bafite imyumvire myiza, indangagaciro
na kirazira basangiye mu kubaka
ubumwe bwabo no gukunda Igihugu,
–Basobanukiwe n’imigambi y’Igihugu,
uburyo bwo kuyigeraho n’uruhare
rwabo mu kuyishyira mu bikorwa,
42
ITORERO RY’IGIHUGU
–Bifitemo icyizere cyo
kwikemurira ibibazo;
–Barangwa n’icyerekezo kimwe
bahuriyeho mu guharanira
kwiteza imbere;
–bafite ishema ryo guteza imbere
Igihugu”.
43
ITORERO RY’IGIHUGU
Inshingano z‘Itorero ry‘Igihugu
a) Kurera Intore zibereye Igihugu kandi zigaragara
mu byiciro byose by’abanyarwanda :
–Intore zirangwa n’indangagaciro
zishingiye ku muco nyarwanda
(gukunda Igihugu, kwimakaza
ubunyarwanda, kurangwa n’ubupfura,
guharanira ubutwari no kwimakaza
kirazira) zishingiye kandi no kuri
gahunda z’iterambere ry’Igihugu.
44
ITORERO RY’IGIHUGU
– Intore zigomba kubera abandi,
umusemburo w’impinduka nziza zose;
haba mu myumvire, mu myifatire,mu
myitwarire, mu mitekerereze no mu
mikorere y’Abanyarwanda: ari aho
zituye, ari aho zikorera, aho zinyuze
n’aho ziri hose.
45
ITORERO RY’IGIHUGU
b. Kwimakaza ibyiza biri mu muco nyarwanda no
kwimakaza Indangagaciro na Kirazira mu
muryango nyarwanda, bigomba gushingirwaho mu
kubaka iterambere ry’Igihugu, kurwanya
akarengane na ruswa, guca umuco wo kudahana,
kwimakaza umuco w’Amahoro, ubworoherane,
Ubumwe n’Ubwiyunge, kurandura
ingengabitekerezo ya jenoside n’imizi yayo yose.
c. Kurata ishema n’ibigwi by’u Rwanda
n’Abanyarwanda.
46
ITORERO RY’IGIHUGU
Intego rusange z‘Itorero ry‘Igihugu:
• Kugira Abanyarwanda baharanira ishema
ryabo,
• Kugira abanyarwanda bafite indangagaciro na
kirazira zibaranga,
• Kugira abanyarwanda bashaka impinduka
nziza kandi zihuta,
47
ITORERO RY’IGIHUGU
Intego rusange z‘Itorero ry‘Igihugu:
• Kugira abanyarwanda bagamije iterambere
n’imibereho myiza yabo n’abo babana;
byubakiye k‘Ubumwe, Imiyoborere Myiza
n’Ubukungu bushingiye ku bumenyi
n’ubushobozi bubarimo ubwabo aribwo
bubafasha gukora no guharanira ubukire
badategereje akimuhana kaza imvura ihise;
48
ITORERO RY’IGIHUGU
Kugira abayobozi mu nzego zose bafite
urukundo rw’u Rwanda n’abarutuye
• Kugira abayobozi bafite ubushake bwo guteza
imbere abo bayobora,
• Kugira abayobozi bafite inyota y’ubumenyi
bwo guhanga udushya,
• Kugira abayobozi bafite ishema ryo guhiga
ibyo bazageraho n’ibyo bazageza ku bo
bayobora.
•
49
ITORERO RY’IGIHUGU
INZEGO ITORERO RIZAKORERAMO:
• Kugira ngo Itorero ry‘Igihugu rizabashe kugera ku
nshingano zaryo, rizakorera aha hakurikira:
• Mu Midugudu,
• Mu Mashuri,
• Mu nzego z’akazi (za Leta / Abikorera)
• Muri Diaspora
Bityo abanyarwanda bose bongere
batozwe imico myiza,babe Intore.
50
INDAMUKANYO Z’INTORE
• Intore,…….. Ijabo riduhe ijambo
• Nimugire amahoro, …
• Ingengabitekerezo ya Jenoside, …
• Tugire ubukire, …
KACI
KACI
51
UYU
NIWE
WAHAGARITSE
JENOSIDE
NI NAWE NTSINZI Y’ABANYARWANDA TWESE
52