Ingabo z`Umuryango w`Abibumbye zisubiriye iwabo babura gitabara

Icyizere
Ikinyamakuru cya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) N°31, Mata 2013
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye
zisubiriye iwabo babura gitabara
IBIRIMO
Ibisigazwa bya Kiliziya ya
Nyange yahirikiwe ku bari
bayihungiyemo
....Page 2
Umuhango wo kwibuka
wabanjirijwe
Inka
yahawe n’urugendo
ashimirwa
rw’ituze
ubutwari bwe........Urup6
....Page 4
Minisitiri Protais MITARI imbere y’abayobozi b’ingabo yagaye ubugwari bwa MINUAR yatereranye abicwaga.
Ibyo nibyo byagaragajwe n’abafashe amagambo bose mu mihango y’ijoro ry’icyunamo
yabereye ku rwibutso rw’I Nyanza ya Kicukiro tariki ya 11 Mata 2013. Imihango yo
kwibuka Abatutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO ya Kicukiro bakaza kwicirwa
aho I Nyanza, mu rugendo rwagombaga kubageza ku mugezi wa Nyabarongo aho
igabanyiriza Akarere ka Kicukiro n’aka Bugesera bakahicirwa. Abarokotse ubwo
bwicanyi bw’I Nyanza ya Kicukiro ni abo abasilikare bari aba FPR Inkotanyi basanze
batarashiramo umwuka.
Iyo myifatire y’ingabo za
MINUAR, zazinze amavalisi
yazo zikisubirira iwabo kandi
zarabonaga ko Abatutsi bari
bahungiye aho mu Kigo
cya ETO bari bageraniwe
n’Interahamwe,
niyo
yagaragajwe mu magambo
arambuye
n’umusore
warokokeye aho I Nyanza
witwa Ernest Maniraho mu
buhamya yatanze (soma
ubuhamya bwe ku rupapuro
rwa 17) inagawa cyane na
Dr Dusingizemungu Jean
Pierre, Perezida wa Ibuka
, naRt. Hon. Dr Margaret
Nantongo Zziwa Perezida
w’Inteko ishinga amategeko
y’umuryango w’Ibihugu bya
Afurika
y’iburasirazuba,
ndetse na Minisitiri w’Umuco
na Siporo, Bwana Protais
Mitari, wari n’umushyitsi
mukuru muri uwo muhango.
Uwo musore watanze
ubuhamya,
yagaragaje
ukuntu bamwe mu bari
bahungiye
muri
ETO
Kicukiro
babonye
izo
ngabo za MINUAR zisa
n’izirimo zizinga ibyazo,
nk’izitegura kuva aho, bigira
inama yo kurambarara mu
mu mahanda kugira ngo
bababuze gutaha babasize
mu menyo ya rubamba,
n’ukuvuga mu Nterahamwe
zabahigaga ngo zibice, ariko
ngo izo ngabo zarashe mu
kirere biba ngombwa ko
bava muri uwo muhanda, ari
nabwo abari bahungiye muri
icyo kigo cya ETO bakwiriye
imishwaro.
Ugukuramo akabo karenge
kwa MINUAR, korohereje
abicanyi kurangiza
umugambi
Mu ijambo rye Perezida
wa
Ibuka
yagaye
ubugwari
bw’umuryango
w’ibihugu
by’amahanga,
by’umwihariko umuryango
w’Abibumbye (LONI), kuko
MINUAR, ingabo z’uwo
muryango
w’Abibumbye
komeza ku rup.4
Turwanye Jenoside, turandure burundu ingengabitekerezo yayo
Bakiriwe muri St Lawrence
University....Urup.9
Bwana Jean de Dieu Mucyo,
yunamiye inzirakarengane
zazize Jenoside yakorewe
Abatutsi ziruhukiye mu
rwibutso rwa Mibilizi
...Page 9
Uwimana Nehemie uyobora
Akarere ka Rwamagana
ashyira indabyo mu mazi ya
Muhazi
...Page12
AMAKURU
Nyange:
bibutse
abazize
Jenoside
Ijambo ry’Ibanze
benshi baguye mu kiliziya
Kwibuka imiryango yazimye
nibicecekeshe abagihakana
Jenoside
K
wibuka imiryango yazimye byagombye kuba
bicecekesha abagihakana cyangwa bagipfobya
Jenoside yakorewe Abatutsi. Baba abari imbere mu
gihugu cyangwa abari hanze birirwa kuri “internet” batanga
inyigisho zigoreka ukuri ku mateka y’uRwanda n’aya Jenoside
ku buryo bw’umwihariko.
Nk’uko bimaze kuba akamenyero ku itariki ya 4 Gicurasi
umuryango GAERG wifatanyije n’inzego z’ubuyobozi mu
Karere ka Gatsibo kimwe n’abandi banyarwanda mu kwibuka
imiryango 86 yazimye yari ituye mu Karere ka Gatsibo, (kagizwe
ku gice kimwe n’icyari Komine Murambi yahoze iyoborwa na
Gatete). Abantu 366 bari bagize iyo miryango bamariwe ku
icumu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ntihasigara
n’uwo kubara inkuru, bicwa n’abari barateguye kuva cyera
umugambi wo kurimbura Abatutsi.
Igitekerezo cyiza uwo muryango wagize cyavuye ku kwibaza
bati: ko ubundi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari
bo bafata iya mbere bagafatanya n’abandi mu kwibuka abo
mu miryango yabo bazize Jenoside, abari bagize imiryango
y’Abatutsi yazimye, ni ukuvuga yishwe ku buryo hatagize
n’umwe usigara, bo bazibukwa nande, bazibukwa gute, ese
n’amazina yabo ntazageraho akibagirana? Ari bwo bavuze bati,
n’ubwo iyo miryango yazimye, abari bayigize “ntibakazime
kandi twe twararokotse”.
Nyuma y’uko icyo gitekerezo kivutse, iki gikorwa cyo
kwibuka imiryango yazimye kimaze kubera ahantu hatanu:
I Ntarama mu Karere ka Bugesera, I Murambi mu Karere ka
Nyamagabe, kuri sitade Gatwaro mu Karere ka Karongi, I
nyanza ya Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, no ku rwibutso rwa
Kiziguro mu Karere ka Gatsibo. Kiba rimwe mu mwaka.
Aha hantu hose uko ari hatanu hamaze gukusanywa amazina
arenga ibihumbi bitanu, agabanyije mu miryango myinshi
yazimye. Abagihakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
bakwiye kujya basobanurira abo babwira niba hari indwara
y’icyorezo cyangwa umwuzure byateye mu mwaka w’1994
bigahitana abantu benshi, ku buryo byaba byararobanuye
ubwoko bumwe bigasiga ubundi.
Abandi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, bakwiye igikorwa
kihariye cyo kubibuka ni abishwe bakajugunywa mu migezi
no mu nzuzi, kuko abo n’ubwo bibukwa imibiri yabo itigeze
igaragara. Tubibuka dushyira indabo muri iyo migezi n’izo
nzuzi aho dutekereza ko biciwe. Ariko ababo ntibazigera bagira
amahirwe yo kubona imibiri yabo ngo bayishyingure. Aha
umuntu yashimira Akarere ka Rwamagana kamaze kumvikana
na Ibuka ko kagiye gushyiraho itariki kazajya kibukiraho buri
mwaka abazize Jenoside bagiye bicwa bakajugunywa mu nzuzi.
Imwe muri iyo mibiri yagiye igera no mu bihugu by’abaturanyi
nko muri Uganda na Tanzaniya. Hamwe na hamwe hakaba hari
abagiraneza bagiye barohora imwe n’imwe muri icyo gihe, aho
ishyinguye ubu hakaba harubatswe inzibutso.
Mu bufatanye bwabo, Abanyarwanda bakwiye gufasha
ababuze ababo bishwe bakajugunywa mu migezi no mu nzuzi
kugira ngo bajye babasha kujya mu bihugu by’abaturanyi ahari
izo nzibutso gukurikirana imihango yo kwibuka.
Kwibuka imiryango yazimye mu duce no ku misozi
itandukanye y’uRwanda muri 94 no kwibuka abishwe
bakajugunywa mu nzuzi n’imigezi, bikwiye kuba bicecekesha
abantu, mu gihugu imbere no hanze yacyo bagihakana cyangwa
bagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Gaspard Gasasira
Icyizere
P.O Box 7035 KIGALI Toll Free: 3560
E-mail : [email protected]
2
Ibisigazwa bya Kiliziya ya Nyange yahirikiwe ku bari bayihungiyemo
Iyo uvuze Jenoside yakorewe
I Nyange abahazi bahita
bumva Padiri SEROMBA,
n’uburyo yasenyeyeho Kiliziya
abantu bari bahahungiye,
itariki ya 16 Mata ikaba
idashobora kuzibagirana mu
mateka ya Nyange.
Ku itariki ya 16 Mata ku
rwibutso rwa Nyange ruri
mu Murenge wa Nyange
mu Karere ka Ngororero,
habereye umuhango wo
kwibuka
inzirakarengane
z’Abatutsi zahaguye, ubwo
Padiri Seromba yategekaga
ko basenya Kiliziya yari
yahungiyemo
Abatutsi
barenga 2200.
Muri
uyu
muhango
kandi hashyinguwe imibiri
igera kuri 226 harimo 219
yaturutse mu Karere ka
Karongi.
Mu magambo yahavugiwe,
ubuhamya ndetse n’indirimbo
byaganishije
ku
rupfu
ndengakamere
Abatutsi
bishwe,
by’umwihariko
abari bahungiye ku Kiliziya
ya Nyange ubwo mu
bantu bagera ku 2200 bari
bahahungiye bose baguye
muri iyo kiliziya ubwo
bayibasenyeragaho ntihagire
n’umwe
urokokamo,
ababashije kurokoka ni
ababashije
kuyivamo
batarayisenya kandi nabo
ntibarenga 5.
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa
wa
IBUKA ku rwego rw’igihugu
mu ijambo rye yasabye
ko urwibutso rwa Nyange
rwakubakwa rugatunganywa
rukazashyirwa mu nzibutso
zo ku rwego rw’igihugu zifite
amateka yihariye, kugira
ngo amateka ya Jenoside
yahakorewe atazibagirana
cyangwa akazajya avugwa
uko atari. Ndetse bikazajya
binagaragaza ubunyamaswa
Jenoside yakoranywe kugeza
n’aho abari bashinzwe intama
z’Imana aribo bazimariye ku
icumu, bazisenyeraho inzu
yayo.
Urwibutso rwa Nyange
rwashyirwa
mu
rwego
rw’inzibutso zifite amateka
yihariye
Uwavuze umuvugo akagira
n’icyo avuga ku bakoze
Jenoside yakorewe Abatutsi
ni
Bamporiki
Eduard,
wagize ati “mbabazwa n’uko
kugeza n’ubu hakiri abantu
badashaka kuvuga ukuri kuri
Jenoside yakorewe Abatutsi”,
umuntu agahora abaririza
aho abe baguye, ntibashake
kuhavuga
kandi
aribo
babishe,
barabavumbuye
cyangwa se barashungereye
ababicaga.
Yagize ati “ njye nta
na
rimwe
nzashyigikira
uwo ariwe wese wagize
uruhare muri Jenoside kuko
numva yaranteye ikimwaro
ntazakira”.
Uwari
umushyitsi
mukuru muri uyu muhango
Nyakubahwa
Ministre
w’Umuco na Siporo Bwana
MITARI Protais yagize
ati”uyu mugabo Eduard
ndamushima cyane, iyaba
hari habonetse ba Eduard
benshi
ahari
bahindura
imitima
yinangiye”.
Nawe kandi yashyigikiye
igitekerezo cy’uko urwibutso
rwa Nyange rwashyirwa
mu nzibutso zifite amateka
yihariye
mu
gihugu.
Yishimiye kandi ko kugeza
ubu abarokotse Jenoside
bamaze
kugaragaza
ko
hari aho bigejeje nyuma
y’ingorane
banyuzemo
z’ubupfubyi, ubucike n’indi
mibereho mibi itandukanye.
Mu bandi bari bitabiriye
uyu
muhango
harimo
Abadepite mu Nteko ishinga
amategeko, Komiseri muri
Komisiyo
y’igihugu
yo
Kurwanya Jenoside Madamu
M U K A M A Z I M PA K A
Hilarie, n’abandi bashyitsi
batandukanye.
MUKAMUKESHA
Julienne
CNLG/
GAKENKE&NGORORERO
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
ICYIZERE ni ikinyamakuru cya
Komisiyo y’Igihugu yo
Kurwanya Jenoside
Umwanditsi Mukuru:
Gaspard Gasasira
Nyanza ya Kicukiro : Ibuka yashimye ku
mugaragaro ingabo z’igihugu ku gikorwa
cy’ubuvuzi bw’abacitse ku icumu
Umwanditsi Mukuru Wungirije:
Antoine Rwagahirima
Ushinzwe Maquette:
Jean Pierre TWIZEYIMANA
Inama y’ubwanditsi:
Bideri Diogène,
Gasasira Gaspard,
Jean Pierre Twizeyimana,
Karengera Ildéphonse,
Ndahigwa J.Louis,
Nzayikorera Christophe,
Rutagengwa Philibert,
Ruzindaza Jean,
Rwagahirima Antoine.
KWIBUKA KU NSHURO YA
19 JENOSIDE YAKOREWE
ABATUTSI - 2013
INSANGANYAMATSIKO/THEME:
“TWIBUKE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI
DUHARANIRA KWIGIRA”
“LET US COMMEMORATE THE GENOCIDE
AGAINST THE TUTSI BY STRIVING FOR SELFRELIANCE”
“COMMEMORONS LE GENOCIDE PERPETRE
CONTRE LES TUTSI EN LUTTANT POUR LA
NON- DEPENDANCE”
Icyizere N°31,Mata 2013
Jea Pierre Dusingizemungu, Perezida wa IBUKA
Ku itariki ya 11 Mata,
i Nyanza ya Kicukiro,
habereye ijoro ryo kwibuka
Abatutsi bari barahungiye
ku kigo cya ETO-Kicukiro,
bakaza
gutereranwa
n’ingabo za MINUAR
zabarindaga
zikaza
kubasiga
aho,
nyuma
Interahamwe zikabiraramo
zikabica.
Mu ijambo ryavuzwe na
Perezida wa Ibuka Dr Jean
Pierre
Dusingizemungu,
imwe mu ngingo zikomeye
yavugiye aho ni ugushimira
ingabo z’igihugu uruhare
zagize mu kuvura abacitse
ku icumu, basigiwe na
Jenoside ibikomere n’izindi
ndwara
zari
zaranze
gukira. Anahuza igikorwa
izo nzobere z’abasilikare
b’abaganga bakorera mu
bitaro bya Kanombe zakoze
n’ i n s a n g a nya m at s i ko
y’uyu
mwaka
isaba
abanyarwanda kwigira.
Yashimiye
ubuyobozi
bw’ingabo
z’uRwanda
muri
aya
magambo « Nagira ngo mvuge ikintu
gikomeye ntavuze, kirimo
ikimenyetso
gikomeye
cy’uburyo Abanyarwanda
bakwishakamo
ingufu.
Abasilikare bo mu kigo cy’i
Kanombe, inzobere zo mu
kigo cy’i Kanombe, nagira
ngo mu izina ry’abarokotse
Jenoside,
mbagushimire
cyane, mbareba mu maso.
(NDLR: Aha yavugaga
Umugaba
mukuru
w’Ingabo)
Twari twarabaruye abantu
ibihumbi cumi n’umunani
bari barabaruwe kuzoherezwa
mu bitaro byo hanze,
tukabona
icyo
gikorwa
kizatwara imyaka irenga
mirongo itatu kigatwara
amafranga miliyari 84.
Abahungu
n’abakobwa
baramanutse
bambaye
imyenda y’akazi, bavura
abantu, abantu babisangamo.
Bamaze kuvura abantu
ibihumbi cumi na bibiri,
bakoresheje amafranga gusa
miliyoni 45.Banyakubahwa
bayobozi b’ingabo muri
hano, turabashimiye ».
Muri iryo jambo rye
Perezida
wa
Ibuka
yanashimiye cyane Leta
y’u Rwanda ukuntu yakoze
ibishoboka byose kugirango
umubare
w’abana
b’abanyeshuri bacitse ku
icumu biga muri Kaminuza
ubashe kwiyongera, aho
mu mwaka w’2011, nk’uko
yabitangaje, wavuye ku
gihumbi ubu ukaba ugeze
ku
bihumbi
icyenda.
Yanashimye cyane igikorwa
cyakozwe n’Akarere ka
Kicukiro cyo gutunganya
urwibutso rwa Nyanza
ya Kicukiro, yifuza ariko
ko Akarere kashakisha
n’ubundi buryo kugirango
urwo rwibutso rubashe no
gusakarwa.
Antoine Rwagahirima
3
AMAKURU
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye
zisubiriye iwabo babura gitabara
Ibikurikira urup 1
zari zarohereje mu Rwanda gucunga
umutekano, aho kugira ngo zirinde
abahigwaga bari barahungiye muri
ETO, ari naho zari zikambitse,
zafashe utwangushye zikisubirira
iwabo, zamara kugenda akaba
aribwo Interahamwe n’abasilikare
ba Leta babiraragamo bakabicisha
amasasu, amagerenade n’intwaro za
gakondo.
Perezida wa Ibuka yanagaye uwo
muryango mpuzamahanga, kuba na
nyuma ya Jenoside utagaragara mu
gikorwa cyo “kubaka no gusanasana
“ igihugu cyayogojwe na Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Ukugaya
Umuryango
w’Abibumbye
byagarutsweho
mu
magambo
arambuye
na
Minisitre Mitari, wafashe ijambo
nk’umushyitsi mukuru. Yagize
ati: “Hano I Nyanza ya Kicukiro,
hatwibutsa
uruhare
rwihariye
rw’ibihugu by’amahanga, uruhare rwo
gutererana Abanyarwanda bari mu
kaga, aho ingabo zari iza MINUAR
zaranzwe n’ubugwari, zigatererana
inzirakarengane zicwaga”.
Ministre Mitari yanagaragaje ko
Uwo muryango w’Abibumbye “aho
kwemera amakosa yawo no guhoza
amarira y’abasizwe iheruheru na
Jenoside ahubwo bakomeza kwikoma
uRwanda ku maherere barushinja
kuba nyirabayazana w’umutekanao
mucye urangwa muri aka Karere
kandi nyamara bizwi ko hari n’abakoze
Jenoside bakidegembya muri aka
Karere”.
Agaragaza ndetse anagaya uburyo
uwo Muryango w’Abibumbye ubona
udashaka ko ishyingura- nyandiko
z’imanza z’abakoze ibyaha bya
Jenoside
baburanishishijwe
na
TPIR ryaza mu Rwanda, maze
asaba abagize Inteko ishinga
amategeko y’Umuryango w’ibihugu
by’Afurika y’uburazirazuba (East
African Community), ko bakomeza
ubuvugizi bwabo kuri icyo kibazo.
Ukwigira kwatangiriye ku rugamba
rwo kubohora uRwanda
Ministre
Mitari
yaboneyeho
n’umwanya wo kongera kwamagana
abantu; baba abo hanze cyangwa
mu gihugu, bakomeje gukwirakwiza
ibitekerezo byuje ingengabitekerezo
ya Jenoside, cyane ibishaka
kwerekana ko habayeho ngo Jenoside
y’impande
ebyiri,
bagaheraho
banenga n’uburyo ngo mu Rwanda
bibuka. Yagize ati: “Uko mubizi nta
4
Hagati ni Maniraho Ernest watanze ubuhamya
Umuhango wo kwibuka wabanjirijwe n’urugendo rw’ituze
Jenoside y’impande ebyiri ishobora
kubaho, kuko Jenoside irategurwa,
igategurwa akenshi n’ubutegetsi,
kandi bagamije kurimbura itsinda
ry’abantu runaka. Mu Rwanda rero
ibyaho birasobanutse, nta kujijisha
gukwiye kubamo, Jenoside yateguwe
igamije kurimbura ubwoko tutsi,
ariko n’abatari mu bwoko bw’Abatutsi
batashyigikiye iyo ngengabitekerezo,
ndetse
banayirwanyije
nabo
bayiguyemo”.
Kuba inzirakarengane (zisaga
ibihumbi bitatu) ziciwe Nyanza
ya Kicukiro mu nzira yagomba
kuzigeza kuri Nyabarongo aho
abicanyi bari bashatse ko urugendo
rwabo rurangirira, zarishwe, harimo
uruhare
runini
rw’Umuryango
w’Abibumbye.
Bityo,
kuba
Jenoside
yarahagaritswe, si uko hari uruhare
uwo Muryango mpuzamahanga
wabigizemo,
ahubwo,
nk’uko
Ministre
Mitari
yabisobanuye
“Ingabo zahoze ari iza FPR inkotanyi
nizo zahagaritse iyo Jenoside,
kandi kuba uRwanda rufite ijambo
mu mahanga rubikesha ukwigira,
byatangiriye kuri urwo rugamba rwo
kubohora igihugu”.
Soma n’ibiri ku rup.3
Antoine Rwagahirima
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi :
Akamaro ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Icyo iyi nyigisho igamije:
- Kwibutsa Jenoside icyo aricyo,
- Kwibutsa uko bayifobya,
- Gushishikariza buri wese kwirinda no kwamagana ibitera Jenoside
n’ibiyipfobya byose.
- Gushishishikariza buri wese kwibuka no kwerekana ko kwibuka ari igikorwa
“mémoire collective”. Igira ibyo yitwararika, ikagenda ibyigisha abana bayo,
bikaba uruhererekane n’umurage wayo. Buri sosiyete igira amateka yayo
yibuka, ikagira umuco wayo, ikagira ubuhanga n’ubumenyi byayo yibuka,
ikabimenya, ikabyigisha, ikabiraga abayo.
Biyimarira iki?
kigamije kubaka u Rwanda.
Biyifasha kubaho. Igahanga ibishya, ifite ibyo iheraho, idahuzagurika,
ikamenya ikibi n’ikiza, ikagenda yubakira kubiyifitiye akamaro. Ikamenya
uko yitwara mu bihe biriho n’ibizaza.
Turavuga:
Ingero
- Jenoside icyo aricyo,
- Dutandukanye Jenoside n’intambara n’ubundi bwicanyi busanzwe
- Tuvuge kwibuka muri rusange
-Tuvuge uko kwibuka byagiye bikorwa n’ ibikorwa bizagenda bikorwa mu
bihe bizaza
- Tuvuge uburyo butandukanye bwo gupfobya Jenoside,
- Dusoze twerekana ko ikigamijwe ari ukubaka u Rwanda kandi ko kwibuka
ari inshingano ya buri wese
A) JENOSIDE NI IKI?
Jenoside ni ubwicanyi ndengakamere bwateguwe kandi bugakorwa na Leta
bugambiriye kurimbura igice kimwe cy’abaturage bayo ishingiye ku bwoko
bwabo, kw’idini ryabo cyangwa kw’ishyaka rya politiki abo baturage bicwa
barimo.
Leta igira umugambi n’ubushake bisesuye (intention) byo gutsemba icyo gice
cy’abaturage bayo kandi koko ikabishyira mu bikorwa .
Leta itegura Jenoside ibikorera gahunda kandi ikayigeraho.
Uwicwa ntazira icyo yakoze, azira gusa ko ari umwe mu bagize igice cy’abo
baturage bagomba gutsembatsembwa.
Jenoside igira umurongo mugari igenderaho. Niwo uhuza abasangiye
icyerekezo kimwe cyo gukora Jenoside.Uwo murongo mugari niwo bita
ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ingengabitekerezo ya Jenoside ikorerwa propaganda, igasakara mu bantu
benshi, ikagira ingufu maze abantu bakayigenderaho bakemera gukora Jenoside
Jenoside yose iba ifite organisation: ntagipfa kwikora. Ibyo bita ko bisa
n’uburakari bw’abaturage biba bifite ibyabibanjirije, byigishijwe, kandi
byateguwe neza. Kandi nibyo bifashisha mu gukora Jenoside
Jenoside itandukanye n’intambara.
- Intego ya byo si imwe: Intambara iba igamije gutsinda maze abatsinzwe
bakayoboka abatsinze. Jenoside ntiba igamije gutsinda ngo abatsinzwe
bayoboke ababatsinze, ahubwo iba igamije kurimbura abo yibasiye ntihasigare
n’umwe.
- Intambara igira amategeko ayigenga, utayubahirije akaba yabihanirwa.
Ushyize intwaro hasi, agasaba imbabazi arazihabwa, ntiyicwa. Nta mategeko
agenga Jenoside, abayikora ntakibakoma imbere. Nta n’uwo batange imbabazi.
- Intambara igira imfungwa z’intambara, Jenoside iratsembatsemba, ntigira
imfungwa.
- Intambara ikorwa n’ingabo z’abasirikare, ntihajyamo abasivili. Jenoside yo
mu Rwanda yakozwe n’abasirikare, abasivili n’abaturage basanzwe.
- Mu ntambara birabujijwe kwibasira abana, abagore, abasaza, abasivili n’ubwo
hari abagwa mu ntambara bwose. Jenoside yibasira abari mu gice cy’abagomba
gutsembwa bose, ntawe isize inyuma.
Jenoside itandukanye n’ubwicanyi busanzwe (massacres).
Habaho ubwicanyi bw’ubwoko bwinshi : hari ububa bugamije kwihorera,
hari ububa bugamije guhana, hari ubuterwa n’uburakari busanzwe, urugomo
n’ibindi.Ubwicanyi nk’ubwo ntibukorerwa gahunda na Leta, ngo ibukorere
gahunda na propaganda , ngo ishishikarize igice kimwe cy’abaturage bacyo
kuzakorera ubwo bwicanyi ikindi gice cy’abatuge bayo. Ubwicanyi busanzwe
ntibuba bugamije gutsemba igice cy’abaturage bo mu bundi bwoko. Jenoside
yo nicyo iba igamije : gutsembatsemba abari mu bundi bwoko bwibasiwe na
Leta .
B) KWIBUKA MURI RUSANGE
Buri sosiyete yose igira ibyo yibuka, igira ibyo twakwita mu gifaransa
Icyizere N°31,Mata 2013
Iyo umwana akojeje agatoke ke k’umuliro, arashya agahora yibuka ko umuliro
utwikana . Ntabyibagirwa kuko bimufasha kubaho.
Buri sosiyete igira ibyo ihitamo kwibuka, iteka kandi ifata ibiyifitiye akamaro.
Ni ukuvuga ibiyifasha gusubiza ibibazo igenda ihura nabyo. Kwibuka ni
ngombwa kuko sosiyete yabaho itibuka yazima: ntiyashobora kumenya
ibiyifitiye akamaro ngo ibigire umurage, kandi yibuke no kwirinda ibishobora
kuyigirira nabi. Tugomba kwibuka ngo tutazima.
Kwibuka rero bifasha sosiyete kumenya uko yitwara : ihera ku byabaye
yibuka, igashyiraho inzitiro cyangwa umurongo waho izanyura n’uko izitwara
mu bihe biri imbere.
C) KWIBUKA MU RWANDA
Mu Rwanda habaye Jenoside, biri mu mateka yacu y’ubu n’azaza.
Kwibuka Jenoside twese nk’Abanyarwanda bizadufasha kubaka u Rwanda
rwitandukanya burundu na Jenocide n’ibijyanye nayo byose.
Abanyarwanda baramutse bibagiwe Jenoside bakwibagirwa n’ibyayiteye
byose. Ntacyabuza ko ishobora kongera kubaho kuko ibyayiteye byashobora
kongera kubura umutwe, bigahabwa intebe maze bigatera ishyano.
Kwibuka bitumariye iki?
Kwibuka ni ngombwa kuko bidufasha guhora turi maso.
 Tugomba guhora twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kugirango
itazongera kubaho ku bantu abo aribo bose.
 Kwibuka bidufasha guhora twibombaritse, maze tukamaganira kure ibintu
byose byakurura inzangano mu banyarwanda
 Kwibuka ni ngombwa kuko bidufasha kurwanya politiki yose ibiba
amacakubiri, inzangano, irondakoko n’umwiryane mu banyarwanda.kuko
ari bene izo nyigisho zabyaye genocide
 Kwibuka bidufasha kutazongera kugwa mu mutego twagushijwemo
n’ubuyobozi bubi, ahubwo tukirinda kuzongera kugwa mu mitego mibi
twabayemo.
 Kwibuka bidufasha kuzabaho neza mu bihe bizaza, no kubaka sosiyete
yacu duhereye ku mateka yacu.
 Kwibuka bidufasha kwamaganira kure ibifitanye isano na genoside byose
cyane cyane amacakubiri kuko tutayamaganye yazongera kutumaraho
abantu.
 Kwibuka bidufasha kwamagana amashyaka ya politiki ashingiye ku moko
kuko tutayamaganye yakongera kubiba umwiryane mu banyarwanda.
 Kwibuka bidufasha kwamaganira kure ikitwa ihezwa (exclusion) iryo
ariryo ryose ribuza umunyarwanda kubona ibyo afiteho uburenganzira
byose.
 Kwibuka bidufasha kwamagana no kurwanya inzangano hagati y’abana
b’u Rwanda kuko kutazamagana ari ugutiza umurindi abashaka ko
abanyarwanda bamarana.
 Kwibuka bidufasha kwamagana imiryango, ibigo (institutions), abagize
imiryango mpuzamahanga bitwaza ko badufasha ariko bakigisha, cyangwa
bagashyigikira amacakubiri mu banyarwanda: imfashanyo yabo ntiruta
amagara yacu.
 Kwibuka bidufasha kwamaganira kure abayobya n’abigisha nabi amateka
y’u Rwanda n’imibanire y’abanyarwanda.
 Kwibuka bizadufasha kwamagana umuco mubi wo kudahana (impunité),
ahubwo kwibuka bidufasha kwimakaza umuco w’ubutabera.
Komeza ku rup. 6
5
AMAKURU
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi :
Akamaro ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Kwibuka bizadufasha kubaka igihugu gitandukanye n’icyo twarazwe n’abagizi
ba nabi
D) UBURYO BWO GUPFOBYA JENOSIDE
Uburyo bwo gupfobya jenoside ni bwinshi kandi buranyuranye. Ndetse
guhakana Jenoside no kuyipfobya bigendana n’igikorwa nyirizina cya Jenoside
ariko benubwite bagahakana ko kakora jenoside. Gukora Jenoside y’ Abatutsi
mu Rwanda bene kuyikora babyitaga “gukora”. Boroshyaga igikorwa cya
Jenoside barimo, bakacyitiranya no gukora umurimo usanzwe.Yari amayeri
yo kuyihakana no kuyipfobya. Iteka abategura kandi bagakora Jenoside
ntibahita bemera ko bakoze Jenoside. N’iyo bamaze kuyikora barayihakana.
Imvugo yabo iba igamije kujijisha, kuyobya uburari no kutishyiraho icyaha
cya Jenoside .
Guhakana no gupfobya Jenoside biha ingufu abafite ibitekerezo
n’ingengabitekerezo bya Jenoside. Kuyihakana ni ukubiha intebe, ni
ukubyamamaza.
Guhakana Jenoside biha ingufu abayikora n’abayikoze.Urugero : ubutegetsi
bwa Clinton bwanze gukoresha ijambo “Jenoside” ngo budatabara mu
RWANDA. Irakomeza irakorwa.
Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri
iki gihe bakoresha amayeri menshi arimo aya akurikira:
- Bahakana beruye ko nta Jenoside yabaye.
- Hari n’abavuga ko habaye Jenoside ebyiri: iy’abatutsi n’iy’abahutu. Baba
bajijisha kuko nta Leta yigeze ikora gahunda yo gutsembatsemba abahutu.
- Bavuga ko ari abaturage basubiranyemo. Bavuga ko yari intambara hagati
y’amoko, ko rero abahutu birwanagaho.
- Bitiranya nkana ibikorwa bya Jenoside n’intambara. Ntibatandukanye
Jenoside n’intambara. Bavuga rero ko habaye intambara atari Jenoside ngo
n’ikimenyimenyi ni uko hari n’abahutu bapfuye.
- Bavuga ko abahutu barakaye maze bakica abatutsi ngo kuko Habyarimana
yapfuye. Baba bahakana ko habaye umugambi uhamye wo gutegura Jenoside
no kuwushyira mu bikorwa. Bahakana rero ko habaye itegurwa ry ‘iyo
Jenoside (préparation et planification).
- Hari n’abakoresha ijambo jenoside ku bintu ibyo aribyo byose kandi hato
na hato mu bintu bidakwiye (usage abusif).Gukoresha ijambo Jenoside mu
bibonetse byose, bitesha agaciro iryo jambo bikaba ari uburyo bwo gupfobya
Jenoside (minimiser ou banaliser).
- Hari abacurika ibintu bakavuga ko Jenoside y’abatutsi yatewe n’abatutsi
ubwabo ngo kuko ari inkotanyi “z’abatutsi” zashoje urugamba. Baba
biyibagiza nkana ko urugamba rw’intambara rwashoboraga kubaho ariko
Jenoside ntikorwe. Mu by’ukuri Leta ya Habyarimana yakoze ibikorwa
bibiri ariko bitantukanye: yakoze mbere na mbere igikorwa cy’intambara
cyo guhangana n’ibitero by’intambara y’inkotanyi ariko ikora n’igikorwa
cyihariye cyo gukora jenoside y’abatutsi bari imbere mu gihugu. Iyo Leta
yitwaje intambara ikora igikorwa cya jenoside kitabarirwa na busa mu bikorwa
bw’intambara. Intambara zisanzwe zibaho, ariko ntizijyana n’igikorwa cya
Jenoside. Ahaba Jenoside ni aho leta y’icyo gihugu iba yabigiriye umugambi
wihariye wo gutsemba igice kimwe cy’abaturage yitwaje intambara nk’uko
umujura yitwaza ijoro .
- Bahakana ko Jenoside yateguwe ku buryo burambuye nyamara hari
ibimenyetso simusiga byerekana ko yateguwe bihagije .
Dore bimwe mubyerekana ko Jenoside yateguwe:
ohabaye itangazamakuru rishishikariza kumara abatutsi (RTLM, Kangura,
RADIO RWANDA, Ibinyamakuru nka Umurwanashyaka ,La Medaille
Nyiramacibiri,Interahamwe, Echos de Mille Collines n’ibindi)
o
habaye imyitozo y’imitwe yitwara gisirikare nk’interahamwe,
abahuzamugambi, Inyange n’utundi duco bigamije gushyira mu bikorwa
gahunda ya Jenoside.
o Habaye imitwe y’abicanyi nk’uwitwaga Réseau zéro n’AMASASU.
o Habaye lisiti z’abagomba kwicwa kandi bari Abatutsi. Nibo bari bariswe
“abanzi b’abahutu”
o Hatanzwe intwaro, zakwirakwijwe n’abayobozi mu baturage zigamije
gutsemba abatutsi.
6
o Hagiyeho bariyeri zigamije kubuza abatutsi kugira aho banyura bahunga.
o Habaye amayeri yakoreshejwe yo guhuza Abatutsi hamwe mu bigo binini
n’insengero kugira ngo byorohe kubicira hamwe.
oHabaye ubwicanyi buyobowe n’abayobozi ba gisivili na gisirikare kandi
ntibakurikiranwa ngo bahanwe (Kibilira muri 1990, Abagogwe muri 1991,
Murambi muri 1990, Nasho muri 1990-1991, Mutara muri 1990, Bugesera
muri 1992, Kibuye muri 1992, Gisenyi muri 1993).
Ubundi buryo bwo gupfobya Jenoside ni ubu:
- Gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.
- Gutoteza no kwica abacitse ku icumu rya Jenoside
- Guhishira no guhisha ukuri muri GACACA.
- Kwigisha amacakubiri n’inzangano mu mashuri, mu madini, mu mashyaka
ya politiki no muri za associations.
- Kurwanya icyunamo.
- Gufata nabi inzibutso.
-
Kwandika mu binyamakuru inyandiko zihakana Jenoside cyangwa
zamamaza ingengabitekerezo ya Jenoside.
- Gufatanya no gutera inkunga intagondwa ziri hanze nka FDLR, RDR, PALIR
etc.
-Gukorana n’abanyanyamahanga kwandika ibitabo bihakana cyangwa
bipfobya Jenoside.
- Gukwirakwiza ku mbuga za internet inyandiko zihakana cyangwa zipfobya
Jenoside.
- Gufatanya n’Abanyarwanda bahungiye mu bihugu bidukikije guhakana no
gupfobya Jenoside.
-Guhakana no guhanaguraho icyaha abakoze Jenoside cyangwa koroshya
uruhare rwabo rwose mu bwicanyi bwa Jenoside.
- Hari n’abumva ko Jenoside n’ingaruka zayo bitabareba.
E) UKO KWIBUKA BYAGIYE BIKORWA KUGEZA UBU
Hari ibintu byagiye bikorwa mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi. Iby’ingenzi ni ibi:
-
Kwibuka Jenoside byabaye ihame rya politiki y’u Rwanda.
Ntibigishidikanywaho. Bigaragarira mw’Itegeko-nshinga, muri disikuru
n’inyigisho binyuranye.
- Hamaze gushyirwaho Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside kandi ifite
mu nshingano zayo uruhare mu gutunganya ibirebana no kwibuka.
-Hashyizweho icyumweru cyo kwibuka, gitangwamo ibiganiro binyuranye,
hakerekanwa filimi, n’indirimbo zijyanye n’icyunamo.
- Hubatswe inzibutso hirya no hino, kandi abantu barazisura cyane cyane
urwa Gisozi, Murambi, Nyamata na Ntarama.
-Inzego z’ubuyobozi z’ibanze, hamwe na hamwe zifasha abaturage kugira
uruhare no kwibuka mu cyumweru cy’icyunamo.
- Imiryango yigenga nka IBUKA, AVEGA, AERG n’indi bifatanya kwibuka
mu gihe cy’amezi atatu y’icyunamo. Ikora Ibiganiro kandi igasura abacitse
kw’icumu bari ahantu hanyuranye.
- Ministeri ifite umuco mu nshingano zayo yagiye ishishikariza abantu
n’inzego zinyuranye igikorwa cyo kwibuka.
- Inzego z’ubuyobozi n’abaturage bakunze gukora igikorwa cyo gushyingura
imibiri y’ababo mu cyumweru cyo kwibuka cyangwa mu minsi ikurikiraho.
-Umuryango mpuzamahanga (ONU) wifatanije n’Abanyarwanda kwibuka
Jenoside igihe twibukaga abazize Jenoside ku nshuro ya cumi.
- Gushyiraho ikigo FARG ni uburyo bwo kwibuka Jenoside no gutera inkunga
abo yasize iheruheru.
F) UKO JENOSIDE IKWIYE KWIBUKWA
Hari ibyihutirwa bikwiye gukorwa vuba , hari n’ibizagenda bikorwa buhoro
buhoro. Hari kandi ibizakorwa ku rwego rw’Igihugu , ku rwego rw’Uturere
rw’Imirenge n’Utugari. Igikuru ni “participation “y’abaturage bose cyane
cyane ku nzego z’ibanze. Abaturage bagomba kubigiramo uruhare rugaragara
ku rwego bariho. Birashaka kuvuga ko aho bishoboka hose kwibuka bigomba
kwegerezwa abaturage Hakaba “decentralisation” na “implication”
y’abaturage.Birasaba kwifashisha inzego z’ubuyobozi n’inzego zigenga
nk’amadini n’imiryango idaharanira inyungu . Amatorero akwiye
kubigira ibyayo, akabigiramo uruhare rugaragara. Hakwandikwa inyandiko
Komeza ku rup. 7
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi :
Akamaro ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
nto nka twa “dépliants” dukubiyemo iby’ingenzi bijyanye no kwibuka maze
zikazakwirakwizwa hose mu nzego z’ibanze zakazaba imfashanyigisho mu
kwibuka. Ibitekerezo bikuru byashyirwa muri izo depliants bimwe byava muri
iyi mfashanyigisho , ibindi bikava ahandi.
Ubu hamaze gushyirwaho komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside, kandi ikaba
inafite mu nshingano zayo uruhare rwo kwibuka. Biratanga ikizere ko igikorwa
cyo kwibuka gishobora kubona imbaraga zihagije. Ibintu by’ingenzi bikwiye
kwitabwaho ni ibi bikurikira.
1)Mu rwego rw’ibikorwa
1.Gukomeza gukusanya, gutunganya no kubika ibimenyetso bigaragaza
Jenoside bishoboka byose, kandi bigafatwa neza.
2.Gushyinguza mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside bose yashoboye
kuboneka.
3. Kugena uburyo imwe mu mirambo yatunganywa igashyirwa mu nzibutso
zabigenewe, kandi igashobora kuramba.
4. Kubaka no gufata neza inzibutso n’amarimbi bya Jenoside.
5. Gushyiraho ikirango cya Jenoside.
6.Gushyiraho “plaques commémoratives” stèles, Ubusitani, n’amazina
y’imihanda byibutsa Jenoside ahantu hashoboka hose hiciwe abatutsi.
7. Kurinda ibintu byose bifasha kwibuka Jenoside
8. Gukomeza gushishikariza abantu kwerekana ahakiri imibiri itarashyingurwa
mu cyubahiro.
9. Gushyiraho inzibutso n’amarimbi ku rwego rw’igihugu, rw’intara,
mu turere, imirenge n’utugari : abantu bakajya bahahurira bakibuka.
Singombwa ko biba ibintu bihenze, igikuru ni uko bifasha kwibuka .
10.Kumurika ibimenyetso, inyandiko, amafoto, film n’ubuhamya kuri
Jenoside.
11. Hakwiye gukorwa « copies » z’imanza zose zaciwe mu Rwanda no mu
mahanga ziyakusanyirizwa hamwe.
12. Hakwiye gutezwa imbere ubushakashatsi bunyuranye kuri Jenoside.
13. Hakwiye gukorwa imfashanyigisho (syllabus) kuri Jenoside zikigishwa
mu mashuri yose.
14. Hakwiye gushyirwaho « clubs » zo kurwanya ingenga bitekerezo mu
mashuri yose kandi abanyeshuri bo muri AERG bakandikira hamwe
udutabo tuvuga uko babayeho muri Jenoside
2) Mu rwego rw’ubuhanga
1. Hakwiye kujyaho centre imwe cyangwa ebyiri zikorerwamo ubushakashatsi
kuri Jenoside.
2.
Hakwiye gushyirwaho inzu ndanga-Jenoside (Musée), ibikwamo
ibimenyetso byose birebana na Jenoside.
3. Hakwiye kujyaho centre d’études et de documentation irimo inyandiko
zose, ibitabo, ibijyanye n’amajwi, filimi, indirimbo, ibinyamakuru n’ibindi
byose bifite aho bihuriye n’amateka ya Jenoside mu Rwanda, kandi
igakorerwamo ubushakashatsi.
4. Hakwiye kwegeranywa vuba ibitabo byose, mémoires z’abanyeshuri,
thèses zo muri kaminuza, zifite aho zihuriye na Jenoside.
5. Hakwiye gukusanyirizwa hamwe ubuhamya bwose bwatanzwe muri
GACACA no mu rukiko rwa Arusha.
6. Hakwiye gufatwa amajwi n’amashusho y’abatangabuhamya n’abarokotse
Jenoside ndetse n’ababarokoye.
7. Hakwiye kujyaho igitabo cya Dictionnaire nominatif ikubiyemo amazina
yose y’abazize Jenoside.
8. Hakwiye kujyaho Dictionnaire ikubiyemo abahamwe n’icyaha cya Jenoside
bose.
9. Hakwiye gishyiraho Dictionnaire nominatif z’abacitse ku icumu bose.
10. Hakwiye gushyirwaho Monographies z’ahantu hose haguye abatutsi benshi
hamwe.
3)Mu rwego rwo gufatanya n’amahanga
1. Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside ikwiye kugirana umubano n’ibigo
n’imiryango mpuzamahanga bikurikirana ibya za Jenoside zagiye ziba hirya
no hino (Abayahudi, Armeniya, Kamboje n’ahandi). Hari nka Association
des Spécialistes du Génocide, Commission des Droits de l’Homme des
Nations Unies, Musée de la Tolérance du Centre SIMON-WISENTHAL,
Icyizere N°31,Mata 2013
Musée et lieux de souvenirs de la SHOAH etc.
2. Gukora ubuvugizi muri Union Africaine tugafatanya gushakira indishyi
abacitse ku icumu rya Jenoside muri l’ONU n’ibyo bita Communauté
Internationale.
3. Gukorana amasezerano yo gufatanya n’ibigo n’imiryango mpuzamahanga
yita kuri Jenoside mu bikorwa binyuranye : conférences, études, seminaires,
recherches, advocacy, etc.
4. Gukomeza gukangurira ibihugu, amadini, imiryango yigenga gufatanya na
Leta y’u Rwanda mu gukemura ibibazo by’abacitse ku icumu.
G) KWIBUKA TWUBAKA IGIHUGU CYACU
Twavuze tugitangira iyi nyandiko akamaro ko kwibuka : bidufasha kubaho.
Ariko dufite n’inshinganno yo kubaka Igihugu cyacu . Kwibuka no kubaka
Igihugu cyacu bifite aho bihurira kandi biruzuzanya.
Dore uko kwibuka bidufasha kubaka U Rwanda :
- Kwibuka abazize Jenoside bidufasha kubahiriza ikiremwa muntu kandi
kubaha ubuzima n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu ni umuco mwiza wo
kubaka u Rwanda.
- Kwibuka bidusaba guhora turi maso, maze tukamaganira kure amacakubiri,
inzangano, umwiryane n’irondamoko mu bayarwanda. Ibyo kandi ni umuco
mwiza wo kubaka Igihugu cyacu .
- Kwibuka bidusaba guca burundu umuco wo kudahana, ahubwo tukubaka
Leta igendera ku mategeko. Nabyo ni ukubaka u Rwanda
- Kwibuka bidusaba guca burundu ingeso mbi yo guheza bamwe mu bana
b’u Rwanda (exclusion) k’uburenganzira bwabo, ahubwo tukubaka Leta
y’Ubumwe Abanyarwanda twese duhuriyemo, maze buri wese akishyira
akizana m’Urwamubyaye.
- Kwibuka twubaka u Rwanda bidusaba kuvanaho impanvu zose zisumbanya
Abanyarwanda . Bidusaba kubaka democrasi, tukamaganira kure ubutegetsi
bw’igitugu kuko Jenoside ikorwa iteka n’ubutegetsi bw’igitugu.
-U Rwanda ni urw’Abanyarwanda twese, Jenoside ni amateka y’u Rwanda
: kwibuka amateka yacu bituma tuyashingiraho, tukamenya ibyo tugomba
kwirinda, tukamenya ibyatugirira nabi n’ibyatugirira neza maze tukubaka U
Rwanda tuzi neza aho turuganisha .Tukabona kuruha umurongo muzima .
- Kwibuka twubaka u Rwanda biradusaba kandi no kurwanya ubukene,
ubutindi, ubujiji n’umwiryane. Tukimakaza, ubukungu, ubuyobozi bwiza
n’imibereho mwiza y’abaturage.
DUSOZE
Igikorwa cyo kwibuka ni icya twese : Abakuru n’abato, abiciwe ababo
n’ababishe, abari mu Rwanda n’abatari barurimo, Abanyarwanda bose ndetse
n’abanyamahanga.
Uwiciwe afite inshingano zo kwibuka abe bazize Jenoside, afite kandi nawe
inshingano yo kubaka u Rwanda. Afite n’indi shingano yo guharanira kubaho
aho guheranwa n’agahinda.
Uwishe agomba guhora yibuka amahano yakoze. Agomba guhora ari maso
kugira ngo atazongera kugwa mu mutego yagushijwemo n’ubuyobozi
bubi. Akitandukanya n’ubugizi bwa nabi ubwo aribwo bwose cyane cyane
ingengabitekerezo ya Jenoside.
Agomba gufatanya n’abandi banyarwanda kwamaganira kure abakwirakwiza
inzangano n’amacakubiri mu banyarwanda.
Umunyarwanda wese agomba kwibuka : bose bagafataniriza hamwe kubaka u
Rwanda kuko ariwo murage twasigiwe n’abasokuru, tukaba dufite inshingano
yo kuwubumbatira maze natwe tukazawuraga abadukomakaho.
7
AMAKURU
Akarere ka Nyanza: Muri Gereza ya Nyanza hashojwe icyumweru
cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Muri Gereza ya Nyanza yitwaga Gereza ya Mpanga habereye
umuhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19
Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu muhango wari iwitabiriwe
n’abahagarariye inzego zitandukanye zirimo Akarere ka Nyanza,
Inzego z’umutekano, Ubuyobozi bwa Gereza n’ubw’uMurenge wa
Mukingo, n’abandi bakozi batandukanye.
Uyu muhango wo gusoza
icyumweru
cy’icyunamo
wabimburiwe n’umunota wo
kwibuka
abazize
Jenoside
yakorewe
Abatutsi,
nyuma
yaho hakurikiyeho ikiganiro
ku
kurwanya
Jenoside
n’ingengabitekerezo
yayo
cyatanzwe n’umuyobozi wa
Gereza
wungirije,
Gashugi
Johnson. Yibukije abagororwa
by’umwihariko icyo Jenoside
n’ingengeabitekerezo
yayo
bisobanura, uko yateguwe nuko
yashyizwe mu bikorwa, ingaruka
zayo n’ingamba zo kuyirwanya
n’ingengabitekerezo yayo.
Nyuma
y’ikiganiro
hakurikiyeho
indirimbo
za
bamwe mu bagororwa zijyanye
n’insanganyamatsiko yo kwibuka
ku nshuro ya 19 Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Mu
ijambo
ry’ikaze,
Umuyobozi wa Gereza Bwana
Mbabazi Innocent, yashimiye
abaje kwifatanya na Gereza
gusoza icyumweru cy’icyunamo
anasaba abagororwa kuvugisha
ukuri ku byabaye muri Jenoside
no
kurangwa
n’ubumuntu
by’umwihariko
bakerekana
aho imibiri itarashyingurwa
mu cyubahiro yajugunywe.
Yanashimiye kandi n’abagororwa
batanze
ubuhamya
ku
ruhare bagize muri Jenoside
banashishikariza
abandi
bagororwa kuvugisha ukuri
kubyo bakoze. Ndetse hari
n’abatanze amakuru ku mibiri
y’abazize Jenoside yajugunywe Umuhanzi Kizito Mihigo atanga ubutumwa abinyujije mu ndirimbo.
itarashyingurwa mu cyubahiro.
Umuhanzi
Kizito
Mihigo
n’abagize Umuryango wa Kizito
Mihigo pour la Paix (KMP) bari
baje kwifatanya n’abagororwa
n’abandi
baraho
gusoza
icyunamo. Mbere yo gutanga
ubutumwa bwe abinyujije mu
ndirimbo,
yabanje
gutanga
ubuhamya bw’uko yarokotse
Jenoside,
uburyo
yafashe
intambwe ikomeye yo kubabarira
abamuhemukiye
ndetse
asobanura n’intego nyamukuru
ya
KMP
ariyo
amahoro
n’ubwiyunge. Kizito yagize ati”
Indirimbo ndirimba usibye izo
mu Kiliziya zitanga ubuhamya
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe imibereho myiza,
Madamu Kambayire Appoline ageza ijambo kubari bitabiriye umuhango wo
gusoza icyunamo.
bw’ibyo nabayemo nk’uwacitse ku
icumu kandi nk’umunyarwanda
ushaka
amahoro,
ubumwe
n’ubwiyunge”.
Yavuze kandi ko yaje muri
Gereza kubera ko yemera
ko hari abagororwa bagifite
ubumuntu nubwo hari ibyaha
bakoze kandi ko hari ubuhamya
bwubaka umuryango nyarwanda
bashobora gutanga.
Mu ijambo rye, Umuyobozi
w’Akarere ka Nyanza wungirije
ushinzwe
imibereho
myiza,
Madamu Kambayire Appoline
yashishikarije
abagororwa
bose kurangwa n’imyumvire,
imyitwarire ndetse n’imikorere
bikwiye, kugira ngo bagororoke
by’ukuri kandi bagire uruhare mu
gutanga ubuhamya no kuvugisha
ukuri ku byabaye n’ibyo bakoze
muri Jenoside kugira ngo ubumwe
n’ubwiyunge Leta y’Ubumwe
yifuza bisagambe.
Mutabazi R. Moïse
Umuhuzabikorwa wa CNLG/
Nyanza-Ruhango
Abagororwa mu muhango wo gusoza icyunamo
8
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG
yifatanyije n’abaturage ba Mibilizi mu kwibuka
abaho bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Kuwa kabiri tariki ya 30
Mata, Bwana Jean de Dieu
Mucyo,
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa wa Komisiyo
y’igihugu
yo
kurwanya
Jenoside(CNLG),
yifatanyije
n’abaturage bo mu Karere ka
Rusizi bibukaga abo muri ako gace
bazize Jenoside yakorewe Abatutsi,
abashimira igikorwa baherutse
gukora cyo gushyingura imibiri
y’inzirakarengane Magana atanu,
yimuwe ivanwa mu Kagari ka
Rusambu ijyanwa mu Murenge wa
Nyakarenzo, ubu ikaba iruhukiye
mu rwibutso rwa Jenoside rwa
Mibilizi.
Mu mateka, Mibilizi izwi nka
paruwasi gatolika ya gatatu ukurikije
amatariki amaparuwasi yashingiweho,
kuko yashinzwe mu mwaka w’1903,
nyuma ya save na Zaza. Mbere ya
Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage
baho bari babanye neza, kandi mu
mahoro.
Babashije kuzamura kariya gace
kasaga no mu rutumvingoma,
biyubakira
umubare
munini
w’amashuri abanza n’ayisumbuye,
ibitaro
by’ikitegererezo
n’ikigo
giciriritse
cy’imari
cyitwa
BSM“Banque de solidarité de Mibilizi”.
Ubwoba,
n’amakimbirane
byatangiye igihe havutse amashyaka
ya politiki mu ntangiriro y’umwaka
w’1990. Muri icyo gihe, abaturage
bamwe
bayobotse
amashyaka,
nk’ishyaka rya MDR(mouvement
démocratique républicain ) na Pl(partie
libérale), abandi baguma mu ishyaka
rya MRND, mu gihe abandi bacye
bagiye mu ishyaka ry’irihezanguni rya
CDR (coalition pour la défense de la
république).
N’ubwo wasangaga mu gihe
cya mitingi hagaragara umwuka
mubi, rimwe na rimwe ukabyara
ubushyamirane, nta kintu gikomeye
cyabaye
cyatumaga
umuntu
yakwiyumvisha ko hazaba urwango
rukomeye
n’ubwicanyi
bukabije
nk’ubwabaye hagati ya Mata na
Nyakanga 1994 muri Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Ku itariki ya 06 Mata 1994,
nyuma gato y’ukugwa kw’indege ya
Habyarimana, benshi mu Batutsi baho
bahungiye kuri paruwasi ya Mibilizi,
kuko batinyaga ko umutekano wabo
wahungabana, icyo gihe abaturanyi
babo b’abahutu bari batangiye
Icyizere N°31,Mata 2013
Bwana Jean de Dieu Mucyo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside,
yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi ziruhukiye mu rwibutso rwa Mibilizi
ubwicanyi burambuye ari nako
babasahurira imitungo. Bari bizeye
kubonera umutekano aho hantu
hatagatifu bahungiye.
Umubare
munini
w’Abatutsi
bahungiye kuri paruwasi ya Mibilizi
babayeho ubuzima bubi cyane, babura
ibyo kurya, abarwayi n’abakomeretse
babura imiti yo kubavura.Ibitero
by’abicanyi aho kuri Paruwasi
byatangiye ku itariki ya 13 Mata 1994,
ubwo bahateye gerenade zikica abantu
batatu zikanakomeretsa abandi benshi.
Abicwaga bagerageza kwirwanaho
batera amabuye.
Bagerageje kubarwanya bakoresheje
amabuye ariko amaherezo baraganzwa
Ariko igitero cyateguwe neza,
n’icyabagabweho ku itariki ya 18 Mata
2013. Icyo gihe, ibihumbi n’ibihumbi
by’abaturage bari bitwaje intwaro
za gakondo, n’abasilikare n’abapolisi
bitwaje intwaro binjiye mu kigo cya
paruwasi batangira kwica Abatutsi
bari bahahungiye batarobanuye.
Bagerageje kubarwanya bakoresheje
amabuye ariko amaherezo baraganzwa
baricwa. Abari hanze basahura,
bahitaga bica abacye babashaga
gucika ababiciraga imbere mu kigo.
Igitero cya gatatu cyagabwe nyuma
y’iminsi ibiri, ni ukuvuga ku itariki
ya 20 Mata 1994. Kuko batinyaga
ko Abatutsi bari basigaye bongera
kwirwanaho(babatera
amabuye),
babahitishijemo ibintu bibiri. Ko
babaha Abatusi 60 bakomeye bari
kuri lisiti, abasigaye bagakiza amagara
yabo, bitaba ibyo bagapfira gushira.
Abatutsi bari bakiri bazima bari
barishwe n’inzara batakigira agatege,
baranegekajwe n’ibitero byabanje
nta mahitamo bari bafite uretse
kwemera kwicwa. Baretse abicanyi
barinjira, basoma amazina y’Abatutsi
bari babarimo bavugaga rikijyana
kimwe n’abari bagifite agatege.
Inzirakarengane zigera ku ijana
zarafashwe zicanwa ubunyamaswa
butavugwa.
Igitero cya nyuma cyaje ku itariki
ya 30 Mata, kiyobowe na Munyakazi
Yuzufu( magingo aya wakatiwe
igifungo cy’imyaka 25 n’urukiko rwa
Arusha). Yari avuye mu bitero mu
Bisesero mu cyahoze ari Perefegitura
ya Kibuye, ndetse no kuri paruwasi
ya Shangi. Kubera ko abari basigaye
mu kigo cya paruwasi(Mibilizi), bari
baranegekaye, ntawe ugifite agatege
ko kurwana, abantu ba Munyakazi
binjiye nta nkomyi.
Bajagajaze ibyumba byose bafata
uwitwa igitsina gabo cyose wari ugifite
agatege. Icyo gihe, bahakuye abantu
mirongo inani, babicira hafi y’ishusho
rya Bikiramariya, muri metero nke
inyuma ya Kiliziya.
Nyuma y’icyo gitero, Abatutsi bacye
bari basigaye biciwe mu Nkambi y’I
Nyarushishi hagati mu kwezi kwa
Gatanu 1994 hamwe n’abandi Batutsi
bari babashije kurokoka baturukaga
mu Burengerazuba.
Komeza ku rup. 19
9
AMAKURU
Bimwe mu bitekerezo byatangiwe mu imurika ry’igitabo :
« Faire face au négationnisme du génocide des Tutsi » Igitabo
cyanditswe
mu rurimi rw’igifransa
cyitwa « Faire face
au négationnisme du
génocide des Tutsi »,
mu
kinyarwanda
ni
« uguhangana n’ihakana
rya Jenoside yakorewe
Abatutsi »,
ni
cyo
cyamurikiwe muri Hotel
Lemigo, ku itariki ya 12
Mata. Icyo gitabo gifite
paji 415 Cyanditswe na
Professeur
Semujanga
Josias w’Umunyarwanda
n’umubiligi
Jean
Luc
Galabert. Mu imurika
ry’icyo gitabo hari hatumiwe
n’abandi
bashakashatsi
bagitanzeho ibitekerezo.
Imurika ry’iki gitabo,
ryitabiriwe na Minisitiri
w’Umuco
na
Siporo,
Bwana protais Mitari,
Umuyobozi
Mukuru
mu biro bya Minisitiri
w’Intebe, abayozi bari
bahagarariye
Komisiyo
y’igihugu yo kurwanya
Jenoside(CNLG), Bwana
Mucyo Jean de Dieu,
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa
na
Bwana Gasanabo Jean
Damascène
umuyobozi
Mukuru
w’Ikigo
cy’ubushakashatsi
n’ububikoshakiro
kuri
Jenoside kiri muri CNLG,
kimwe n’abakozi bakuru
baturutse muri Ambassade
y’uBufransa n’iy’uBubiligi.
Abafashe ijambo mu
imurika ry’icyo gitabo
ryatewe
inkunga
na
Komisiyo y’igihugu yo
kurwanya Jenoside ni Prof.
Josias Semujanga, Prof.
Evariste Ntakirutimana,
Senateur
Dr
Jean
Damascène
Bizimana,
Jean Ndorimana na Tom
Ndahiro n’umunyamakuru
Kagame Faustin, abo bose
bakaba bafite umusanzu
batanze muri icyo gitabo
10
Prof. Semujanga
gihuriweho
n’abanditsi
benshi.
Iki gitabo cyigaragaza
inzira zoze abahakana
Jenoside
banyuramo
mu guhakana Jenoside
yakorewe Abatutsi. Prof.
Semujanga
yasobanuye
ko uguhakana Jenoside
yakorewe Abatutsi atari
uguhakana
gusanzwe
ko ahubwo ari politiki
y’ihakana, ari ihakana riba
ryarubatswe muri politiki
umuntu aba yiyemeje
gukora.
akoresha ijambo Jenoside
yakorewe
Abatutsi,
bamwe bati narishe ariko
sinakoze Jenoside. Prof.
Semujanga
yerekanye
ko abahakana Jenoside
yakorewe Abatutsi bemeza
ko habayeho Jenoside
ebyiri, mu by’ukuri baba
bahakanye ishingwa rya
Leta y’uRwanda ya nyuma
ya Jenoside yakorewe
Abatutsi.
Akavuga icyakora ko
abahakana
Jenoside
yakorewe
Abatutsi
kenshi usanga nta ngingo
Kwemeza ko habayeho zifatika baba bafite zo
Jenoside
ebyiri
ni kubisobanura.
uguhakana
Leta
Prof. Evariste nawe
y’uRwanda
yagaragaje ko ihakana
n’ipfobya rya Jenoside
Yatanze ingero z’ihakana ryatangiye kugaragazwa
rigaragara
nko
mu cyane kuva muri 2007,
bagororwa bireze icyaha ubwo
hasohokaga
cya Jenoside yakorewe raporo y’Inteko ishinga
Abatutsi, aho usanga amategeko
ku
kibazo
nta
n’umwe
wirega cy’ingengabitekerezo
ya
jenoside. Agaragaza bimwe
mu byagaragaje iryo hakana
n’ipfobya rya Jenoside
yakorewe Abatutsi, nko
kuba mu gihe cy’Inkiko
Gacaca
harabayeho
amashyirahamwe
ya
‘CECEKA », mu mvugo
zimwe na zimwe zagiye
zigaragara aho kuvuga
Jenoside
ukavuga
ngo « Abanyarwanda
barahemukiranye »
cyangwa
nko
mu
gisubizo cyatanzwe na
Bagosora abajijwe niba
yemera ko hari Jenoside
yakorewe Abatutsi, aho
yashubije ugenekereje mu
kinyarwanda ati « Jenoside,
uransekeje, Abatutsi i
Kigali se ntibuzuye ».
Umunyamakuru
Kagame yavuze ipfobya
n’ihakana
ryagaragaye
mu binyamakuru bimwe
byo mu Busuwisi, ubwo
Fulgence
Niyonteze
wari
Burugumesitiri
w’icyahoze ari Komini
Mushubati yaburanishijwe
akurikiranyweho
icyaha
cya Jenoside yakorewe
Abatutsi n’urukiko rwa
Gisilikare rw’i Lausane
muri icyo gihugu. Ni
narwo rubanza rwa mbere
rwa Jenoside yakorewe
Abatutsi rwari rubereye
muri icyo gihugu. Ariko
ugasanga mu binyamakuru
baribazaga niba ibikorwa
bibi
byakorewe
mu
wundi muco, bishobora
kuburanishwa n’inkiko zo
mu Busuwisi. Ugasanga aho
gukoresha ijambo icyaha
cya Jenoside, hakoreshwa
ijambo ubwicanyi. Icyo
abantu
bumvikanaho
ni uko icyaha cyibasiye
inyoko muntu gishobora
guhanirwa aho ariho hose
ku isi.
Ku bijyanye no guhakana
Jenoside,
Kagame
yagaragaje ibyerekanywe
na Alison Desforges ko
nk’imvugo yakoreshwaga
mu Rwanda yo « gutema
ibihuru »
bashaka
kuvuga kuvumbura no
kwica Abatutsi, ihura
n’iyakoreshejwe
muri
Kosovo, bavuga ngo « uyu
munsi ku isoko haraza
kuboneka inyama nyinshi »
bashaka kuvuga ko ubwoko
bwahigwaga uwo munsi
buri bwicwe.
Tom
Ndahiro
we
yagaragaje
icyo
yise
urunana
rw’abahakana
Jenoside
yakorewe
Abatutsi bagaragaye mu
rubanza, ku rwego rwa
mbere rwa Pierre Péan,
akavugamo abitwa ba
Steeven smith, Madeleine
Raffin, Antoine Nyetera ,
Ndagijimana n’abandi.
a
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Bimwe mu bitekerezo byatangiwe mu imurika ry’igitabo :
« Faire face au négationnisme du génocide des Tutsi » Ntibakobakoze igikorwa
cyo kwica, ariko baroze
ubwonko bw’abantu bajya
kwica
Tom
yagereranyije
umuntu nka Barayagwiza
n’ u mu k a n g u r a m b a g a
wa
Hitler,
William
Strecher, agaragaza ko
bombi utabona umuntu
bishe, ko ahubwo baroze
ubwonko
bw’abantu
bakajya kwica. Ndahiro
yunze mu
gitekerezo
cyari cyavuzwe na Prof.
Semujanga cy’ukuntu, ku
bijyanye n’ uburenganzira
bwa Muntu, iyo abazungu
binjiye muri icyo kibazo
baguma mu murongo wo
gukandamiza
ibihugu
bya
Afurika
(registre
de domination), yibaza
ukuntu
byakumvikana
ko
umusenyeri
witwa
Richard Nelson Williamson
wahakanye ko nta kwica
abayahudi kwabayeho
babatwikira mu byumba
bya gaz (chambres à gaz),
yahanwe n’urukiko rwo
mu gihugu cy’uBudage, Jean Luc Galabert yafatanyije na Prof. Semujanga
nyamara
uRwanda
rwacira imanza abahakana
Jenoside yakorewe Abatutsi
bikitwa ko rubangamiye
demokarasi.
Uwo musenyeri witwa
Richard NelsonWilliamson
niwe Ndorimana Jean
yavuze ko yari yaraciwe
muri kiliziya Gatolika
(excommunication),
nyuma akaza gukurirwaho
icyo cyemezo na Papa
Benoît 16.
Jean Ndorimana yavuze
ku bintu bimwe na bimwe
usanga
byaragaragaje
ihakana
rya
Jenoside
yakorewe Abatutsi. Agira
ati Papa yohani Paulo wa
II yavuze ko ubwicanyi
bwakorewe
Abatutsi
mu Rwanda muri 94 ari
Icyizere N°31,Mata 2013
Jenoside, nyamara nyuma
yaho itsinda ry’abapadiri
bamwe bo mu Rwanda
rimugaragariza ko ngo
ibyabereye mu Rwanda ari
« double génocide ».
Ndorimana
yakomeje
agaragaza ko no mu
mabaruwa
Abepiskopi
Gatolika bo mu Rwanda
bagiye bandika nyuma,
bavuze ko ibyabereye mu
Rwanda ari « Jenoside
hagati
y’amoko »(
génocide entre les éthnies).
Akomeza
avuga
ko
bigoye kubona inyandiko
n’imwe yaba yarakozwe
n’Abasenyeri
«ikoresha
ijambo «Jenoside yakorewe
Abatutsi»,
ugasanga
ahubwo bakoresha ijambo
nka « crise rwandaise »
umuntu
yagereranya
n’imidugararo, cyangwa
hagira umupadiri ucibwa
urubanza
agakatirwa
n’inkiko zisanzwe zimaze
kumuhamya icyaha cya
Jenoside,
ugasanga
nta na rimwe inkiko za
Kiliziya(juridictions
canoniques) ziheraho ngo
zimucire nazo urubanza.
Senateri
Bizimana
we yagaragaje ihakana
n’ipfobya bibera mu nkiko
z’uBufransa, Esipanye, no
mu rukiko mpuzamahanga
m p a n a b y a h a
r w a s h y i r i w e h o
uRwanda(TPIR).
Abahakana
Jenoside
bakavuga ko ngo nta
Jenoside
yakorewe
Abatutsi yabayeho ngo
kubera ko udashobora
kubona inyandiko mvugo
z’inama
zayiteguye.
Agaragaza ko, icyakora
kuva mu mwaka wa 2007,
muri
TPIR,
magingo
aya
ntawukiburanisha
ingingo yo kuvuga ko
« nta Jenoside yakorewe
Abatutsi
yabayeho,
kuko bitakwemezwa ko
yateguwe », kuko Jenoside
yakorewe
Abatutsi
kuva icyo gihe ari ukuri
kwemerwa na bose(un fait
de notoriété publique), ni
ukuvuga ko itagibwaho
impaka.
Abari
bitabiriye
igikorwa cyo kumurika
kiriya gitabo, bishimiye
ko hagaragajwe inzira
zose abahakana Jenoside
yakorewe
Abatutsi
bakoresha, bifuza ariko
ko noneho hasesengurwa
icyakorwa mu rwego rwo
guhangana n’abahakana
n’abapfobya
Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Byegeranyijwe na
Antoine Rwagahirima
11
TUZAHORA TUBIBUKA
Rwamagana: Bunamiye umubare utazwi
w’abatwawe n’inzuzi muri Jenoside
Mu Karere ka Rwamagana
bibutse ku nshuro ya mbere
abantu
bose
batwawe
n’amazi
muri
Jenoside
yakorewe
Abatutsi
ubwo
bamwe
bicwaga
bakajugunywa mu mazi,
abandi bakayajugunywamo
ari bazima ndetse ngo
hari
n’abagize
ibyago
bakayagwamo
bagerageza
guhunga abicanyi.
u mihango yabereye
ku nkengero z’ikiyaga
cya Muhazi tariki 22 Mata
2013, abayitabiriye bibutse
abantu bavuga ko batazwi
umubare batigeze babona ngo
babashyingure kuko baguye mu
nzuzi n’imigezi inyuranye aho
muri Rwamagana.
Abarokotse
Jenoside
mu
Karere ka Rwamagana bavuga
ko hari abo bari kumwe bahunga
abicanyi mu gihe cya Jenoside
bagiye bicwa bakajugunywa mu
biyaga bya Muhazi na Mugesera
bikora kuri ako Karere, nk’uko
byemezwa
na
Assumpta
Mukanziza warokowe n’ingabo
zari iza FPR-Inkotanyi amaze
icyumweru yihisha mu mazi
y’ikiyaga cya Muhazi.
Assumpta agira ati “Ubwo
Interahamwe n’abari abasirikari
ba Leta icyo gihe baduteraga
aho twari twahungiye twese
twakwiriwe
imishwaro
M
Imbaga y’abaturage yibutse abatazwi bose barangirije ubuzima mu mazi.
tubuze iyo twerekera bamwe
twijugunya mu kiyaga ariko
twese ntitwabashije kurokoka.
Hari bamwe bagiye bapfiramo,
abandi twaroze tukajya mu
rufunzo tukahirirwa tukaharara
ariko ku bw’amahirwe Inkotanyi
zitugeraho
tutarashiramo
umwuka.”
Uyu Assumpta ngo yari atwite
inda nkuru yari igeze igihe
cyo kuvuka, ariko ngo Imana
yaramufashije akajya yogana
iyo nda iminsi yose yamaze
mu mazi yihisha Interahamwe
Munyaneza Jean Baptiste ukuriye IBUKA i Rwamagana yunamira abatazwi
bose baguye mu mazi ya Rwamagana.
12
ku buryo Inkotanyi zimaze
kumurokora yamaze iminsi
ine ahita abyara umwana
w’umukobwa.
Munyaneza Jean Baptiste
uhagarariye
abarokotse
Jenoside
mu
Karere
ka
Rwamagana avuga ko hari
n’ababyeyi babiri azi barokotse
Jenoside bari bihishe mu mazi,
ariko bakaba barabyariye mu
kiyaga, ariko kuko batagiraga
ubafasha
n’ubitaho
abana
bakaza gushiramo umwuka
kubera imbeho n’ubukonje byo
mu mazi.
Uyu muhango wabaye
ku itariki 22/04/2013 ngo
uzahabwa itariki ihoraho ku
bwumvikane bw’Akarere ka
Rwamagana n’umuryango
IBUKA uharanira inyungu
n’iterambere by’abarokotse
Jenoside yakorewe Abatutsi
mu Rwanda mu 1994.
Inkuru dukesha Kigali today
Uwimana Nehemie uyobora Akarere ka Rwamagana ashyira indabyo mu
mazi ya Muhazi.
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Gufata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside bisigaye
bigaragarira mu bikorwa bifatika
Kanombe mu Rubirizi 1290.000
frw, i Masaka mu busitani
bw’Umurenge 685.000 frw, Niboye
mu busitani bw’Umurenge 750.000
frw , Gahanga Kuri Santarali
ya Gahanga (ku Babikira)
750.000 frw, na Nyarugunga kuri
University ya KIM bakusanyije
amafranga ibihumbi magana
Jenoside yakorewe Abatutsi hirya
inani.Ahandi habereye imihango
no hino mu midugudu, abaturage
yo kwibuka ni ku cyicaro cya
bagiye bakusanya inkunga yo
Ibuka i Nyanza ya Kicukiro.
kubafasha kuva mu mibereho mibi
barimo nk’ingaruka za Jenoside.
Berekanye ko bashishikajwe
Dufashe nk’urugero mu Karere
n’imibereho myiza y’abagezweho
ka Kicukiro, aho abaturage
n’ingaruka za Jenoside
bakurikiye ibiganiro mu Mirenge
hose bakusanya n’inkunga. Nko
Uteranyije iyo nkunga yatanzwe
mu Murenge wa Kigarama,
usanga isaga miliyoni esheshatu
ahitwa ku rya Gatanu mu Kagari
n’ibihumbi magana atanu.
ka Karugira, nyuma yo gukurikira
Igikuru si umubare w’amafranga
ibiganiro ku masite agera ku icumi,
yatanzwe, icy’ingenzi ni icyo iyo
abaturage bakusanyije amafranga
nkunga ivuze : kuba abaturage
agera ku 971930, Mu Murenge wa
babasha
kwiyumvisha
ko
Gatenga ku rwunge rw’amashuri
imibereho myiza y’abagezweho
ho
bakusanyije
amafranga
n’ingaruka za Jenoside yakorewe
ibihumbi magana atandatu, Kuri
Abatutsi ibareba.
paruwasi ya Mutagatifu Visenti
Ahandi nko mu Karere ka Huye,
Palotti, mu Murenge wa Gikondo,
imibare yatanzwe igaragaza
bakusanya amafranga 790 450 fr.
ko nko mu Karere ka Huye
Ahandi habereye imihango
hakusanyijwe amafranga agera
y’icyumweru cy’icyunamo ni
kuri 3.709.820 fr, naho mu Karere
mu Kagarama mu busitani
ka Gisagara hakusanywa agera
bw’Umurenge
bakusanyije
kuri 2694315.
400.000fr, Ku Kicukiro ku mashuri
N’ubwo
kwibukira
mu
abanza ya Kagina, 250.000 fr, i
N’ubwo hataragaragazwa raporo yuzuye y’ibyakozwe mu
cyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside
yakorewe Abatutsi, amakuru yageze kuri Komisiyo y’iguhugu yo
kurwanya Jenoside agaragaza ko kiriya cyumweru cyo kwibuka
bababaye ingirakamaro ku bacitse ku icumu rya Jenoside ; abantu
babaye hafi, babafata mu mugongo, ababishoboye babatera
inkunga mu bibazo bitandukanye bafite. N’ubwo nta byera ngo de,
hamwe na hamwe habonetse ingengabitekerezo ya Jenoside.
K
iriya cyumweru cyabaye
umwanya ku baturage
bose wo gutega amatwi ibiganiro
bitandukanye,
nk’ibiganiro
bigaragaza
ibimenyetso
by’amateka yaranze Jenoside,
uko
ingengabitekerezo
ya
Jenoside, ihakana n’ipfobya bya
Jenoside byarwanywa n’ibindi
bitandukanye. Icyo ibyo biganiro
bihuriraho akaba ari ukugaragaza
ububi bwa Jenoside, n’ingaruka
yayo,
n’uruhare
ibyiciro
bitandukanye
by’abaturage
byagira mu kuyirwanya.
Ni inyigisho nziza zitandukanye
n’izagiye zitangwa mbere ya 94
nyinshi « zarogaga ubwonko »
bw’abantu, abahawe izo nyigisho
akaba aribo bavuyemo abakora
Jenoside.
Uretse rero ibyo biganiro,
nkuko bisanzwe mu muco wa
kinyarwanda wo gufata mu
mugongo no kuyagira uwagize
ibyago, abacitse ku icumu rya
Midugudu bigaragara ko hari icyo
byamaze mu gutuma abaturage
begerana bagahurira ku gikorwa
cyo kwibuka, aho bahabwaga
ibiganiro, abaturage bagahabwa
umwanya wo kuganira no gutanga
ibitekerezo ku nsanganyamatsiko
yabaga ari ipfundo ry’ikiganiro,
hari abaturage bacye bagiye
bagaragaza ibitekerezo bigaragaza
ingengabitekerezo ya Jenoside.
Byagaragaye cyane mu Turere
twa Huye na Gisagara. Muri
Huye amagambo agaragaza
ingengabitekerezo yagaragaye ku
baturage babiri, naho mu Karere
ka Gisagara agaragara ku bantu 10.
Bigaragara ko ingengabitekerezo
ya Jenoside itari yaranduka mu
baturage, ariko ababikurikiranira
hafi bemeza ko igenda igabanuka.
Mu Karere ka Kicukiro ho
abagaragayeho
amagambo
y’ingengabitekerezo ni abantu 7.
Raporo yose y’uko ibikorwa
byo kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi, mu Turere twose
tw’igihugu
ntiregeranywa,
ariko imibare itanzwe yari iyo
kugira ngo umuntu abe yagira
igitekerezo,
ufashe
Akarere
kamwe k’umujyi wa Kigali,
ugafata n’Uturere tubiri turi mu
duce tumwe twiciwemo Abatutsi
benshi kurusha ahandi.
Ikindi cyabayeho n’uko aho
abantu bibukiraga hagiye habaho
n’abagira intege nke, kugeza no ku
ihungabana. Bagiye batabarwa
n’abafasha b’ihungabana bari
barateguwe
mbere.
Imibare
y’ibyo byose, kimwe n’izindi
nkunga zagiye zitangwa cyane
cyane n’ibigo, ibya Leta cyangwa
iby’abikorera
bizagaragazwa
nyuma.
Byose
bikaba
bijyanye
n’insanganyamatsiko
yatoranyijwe ku kwibuka ku
nshuro ya 19 Jenoside yakorewe
Abatutsi igira iti : Twibuke Jenoside
yakorewe Abatutsi duharanira
kwigira ». Jenoside yakozwe
n’abanyarwanda,
n’ingaruka
zayo ni Abanyarwanda mbere na
mbere bagomba guhangana nazo,
si abava ikantarange.
A.R
Bwana Jean de Dieu Mucyo, S.E/CNLG na Perezida wa Ibuka, Dr Jean Pierre Dusingizemungu bashyira indabo ku
rwibutso rwa Mbazi.
Icyizere N°31,Mata 2013
13
AMAKURU
Ibigo by’amabanki byitabiriye kwibuka Jenoside
yakorewe Abatutsi binafasha abo yagizeho ingaruka
Kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi,
ni
inshingano
y’Abanyarwanda bose, yagombye
kuba n’inshingano y’abatuye isi
yose, kuko Jenoside ari icyaha
gikorerwa inyoko muntu. Ni
abanyarwanda
bose
bibuka
Jenoside yakorewe Abatutsi, baba
abari mu gihugu baba n’abari
hanze, kuko kwibuka binajyana
no kurwanya no gukumira
Jenoside aho yaturuka hose.
Ibigo by’amabanki byitabiriye
kwibuka, bititaye kureba niba
muri 94, igihe Jenoside yakorewe
Abatusi yashyirwaga mu bikorwa
byari biriho, cyangwa byaravutse
nyuma. Biragaragara ko byumvise
akamaro ko kwibuka n’ibindi
bigo bikwiye gutera ikirenge
mu cyabo. Bagira n’akarusho
ko iyo bakoze icyo gikorwa cyo
kwibuka
Jenoside
yakorewe
Abatutsi bakora n’ikindi gikorwa
cy’ubwitange, cyo gutera inkunga
abacitse ku icumu bagezweho Abakozi ba COGEBANK mu muhango wo kwibuka. CNLG yari ihagarariwe muri uwo muhango na Philibert Rutagengwa,
n’ingaruka za Jenoside kurusha Umujyanama wa SE/CNLG
gusura impfubyi n’Abapfakazi no
abandi, babafasha mu minshinga
gusura inzibutso.
yabateza imbere.
Mbere yaho, iyindi Banki,
Nko ku itariki ya 20 Mata
ECOBANK nayo yavutse nyuma
2013, Banki ya Kigali( Bank of
ya Jenoside, mu kwibuka Jenoside
Kigali- Banque de Kigali), yakoze
yakorewe
Abatutsi,
basuye
igikorwa cyo kwibuka Jenoside
urwibutso rwa Jenoside rwa Rusiga
yakorewe Abatutsi, n’abakozi 15
mu Murenge wa Rusiga, Akarere
bari abakozi ba Banki ya Kigali
ka Rulindo, barusigira inkunga
bazize iyo Jenoside. Umuhango
ihwanye na miliyoni y’amafranga
wabaye ku gicamunsi. Ukaba
y’uRwanda.
Urwibutso
rwa
wari wabanjirijwe n’igikorwa cyo
Rusiga rushyinguyemo imibiri
gusura abacitse ku icumu bo mu
y’abantu bari batuye mu Mirenge
Murenge wa Rubona mu Karere Abakozi ba BK bashyikirije inka abo bazigeneye
7 yo mu Karere ka Rulindo,
ka Rwamagana. Bagabiye inka
n’Umurenge umwe wo mu Karere
abagera kuri 11. Si ubwa mbere
ka Nyarugenge.
Banki ya Kigali ikora ibikorwa
Muri
FINABANK
naho
nk’ibyo, kuko mu myaka yashize
batangiye
kwifatanya
yagabiye abacitse ku icumu
n’AbanyaRwanda
kwibuka
bo muri Rugende, Ndera na
Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bumbogo. Umuyobozi w’iyo
Ku itariki ya 20 Mata, abakozi
Banki yasobanuye ko « Banki
bayo bifatanyije n’imiryango
ya Kigali ishaka kugera ikirenge
ya Nyirimanzi Aimable na
mu cya Leta muri Gahunda yo
Mbonyumuhungu
Damien
kwigira ».
bahoze bayikorera mbere ya
Kuri iyo tariki iyindi Banki
94 mu kubibuka no kwibuka
yibutse
Jenoside
yakorewe
inzirakarengane zazize Jenoside
Abatutsi
ni
COGEBANK
yakorewe Abatutsi.
yashinzwe mu mwaka w’1999. Mu
byo iteganya muri ibi bihe byo
Byegeranyijwe na A.R
kwibuka, harimo gufasha Ibuka, Abana b’abakoraga muri FINABANK mu muhango wo kwibuka
Icyizere N°31,Mata 2013
14
AMAKURU
BPR yatanze Miliyoni 38 ku rwibutso rwa Jenoside
rwa Nyanza ya Kicukiro
Mu rwego rwo gukomeza
gushyigikira no gufasha abarokotse
Jenoside yakorewe Abatutsi no
gufasha imirimo ya buri munsi
ikorerwa ku rwibutso rwa Jenoside
rwa Nyanza ya Kicukiro, ku wa
26 Mata 2013, Banki y’Abaturage
y’u Rwanda yatanze inkunga
ingana na Miliyoni 38 ku rwibutso
rwa Jenoside rwa Nyanza ya
Kicukiro.
yuma yo gutanga inkunga
y’amafaranga
miliyoni
38 ku rwibutso rw’Abazize
Jenoside rwa Nyanza ya
Kicukiro , gufasha ibyiciro
bitandukanye
by’abagezweho
n’ingaruka za Jenoside, ni
bimwe mu byatumye Mucyo
Jean de Dieu, Umunyamabanga
Nshingwabikorwa wa Komisiyo
yo kurwanya Jenoside atangaza
ko urwego Banki y’Abaturage
y’u rwanda iriho mu gufasha
abarokotse Jenoside yakorewe
Abatutsi rushimishije.
Mucyo Jean de Dieu, ahereye ku
bikorwa bitandukanye byakozwe
n’iyi banki yayishimiye cyane
agira ati “BPR muhagaze neza
cyane kurenza ibindi bigo mu
Rwanda mu gutanga inkunga mu
gufasha abantu batandukanye,
mukomeze mutere imbere.”
Mucyo
akaba
yasabye
abayobozi b’iyi banki bakomoka
mu mahanga kubera u Rwanda
aba Ambasaderi beza. Agira ati
“muzatubere ba Ambasaderi
beza ku batabyumva, mubigishe,
munabeshyuze imyumviye yabo
ku mateka ya Jenoside yakorewe
Abatutsi n’uko yagenze kuko
amahanga kurekura inkunga ari
uko hari abatangiye kubyumva.”
Ku butumwa rusange yageneye
Abanyarwanda bose, Mucyo
yasabye ko amateka ya Jenoside
yakwandikwa buri wese akandika
amateka y’abantu be kugira
ngo atazibagirana hakanabikwa
amashusho n’amafoto y’ababo.
Komisiyo
y’Igihugu
yo
Kurwanya Jenoside iremeza ko
Banki y’Abaturage y’u Rwanda
(BPR) imaze gutera intambwe
N
Icyizere N°31,Mata 2013
mu gufasha abarokotse Jenoside
yakorewe Abatutsi kurusha
ibindi bigo mu Rwanda, ikaba
inasabwa gukomeza muri uwo
murongo mwiza yatangiye.
Karigirwa Claire, umuyobozi
ushinzwe abakozi muri BPR
yavuze
ko
igikorwa
cyo
kwibuka bakoze , bagiteguye
bagamije kwifatanya n’abandi
banyarwanda kwibuka no guha
agaciro
n’icyubahiro
abari
abayobozi b’iyi banki, abakozi
bayo 26 n’abakiriya bayo bishwe
muri Jenoside.
Karigirwa yagize ati “mu
rwego rwo kwifatanya n’ibi
byiciro bitandukanye hari abana
b’abazize Jenoside yakorewe
Abatutsi bakoraga muri iyi
banki twishyurira amafaranga
y’ishuri, barimo 21 biga muri
kaminuza n’umwe wiga mu
mashuri yisumbuye. Twafashije
abapfakazi ba Jenoside mu turere
dutandukanye twa Nyagatare na
Kamonyi aho twanatanze inka
twubaka n’ibiraro. Twanatanze
miliyoni 38 mu gutera inkunga
urwibutso ruruhukiyemo imibiri
y’ababujijwe
amahirwe
yo
kubaho na Jenoside yakorewe
Abatutsi.”
Rumanyika Desire, umwe
mu bagize inama y’ubutegetsi
ya BPR yavuze ko bajyanye
n’insanganyamatsiko
y’uyu
mwaka isaba Abanyarwanda
kwigira, barihirira aba bana ngo
bazavemo abagabo b’ejo hazaza
bazifasha bo n’imiryango yabo.
Ntabana Richard uhagarariye
imiryango y’abibuka ababo muri
iyi banki yashimiye BPR kuba
yemera igafunga imiryango,
ikabafasha kwibuka ababo
ibaha agaciro ndetse ikanafasha
n’abana bari mu miryango
y’abahoze ari abakozi bayo
kwiga.
Iki gikorwa cyo kwibuka kirimo
gukorwa n’ibigo bitandukanye
mu Rwanda ndetse no hanze y’u
Rwanda.
Inkuru dukesha Igihe.com
Umuyobozi Mukuru wa BPR ashyikiriza Sheki ya Miliyoni 38 Umuyobozi
w’Akarere ka Kicukiro
Umuyobozi Mukuru wa BPR, Paul Van Apeldoorn, ashyira indabo ku
rwibutso
Abandi bitabiriye umuhango
15
AMAKURU
U Bubiligi : Bwa mbere muri Anvers
hibukiwe Jenoside yakorewe Abatutsi
Ambasaderi Masozera yatangarije IGIHE
ko kwibuka atari iby’abacitse ku icumu
rya Jenoside gusa, ko buri muryango
n’amashyirahamwe
byakagombye
kubikora, kuko Jenoside yakorewe
Abatutsi, abayikoze bahemukiye isi yose.
Muri uyu muhango umwana ufite
imyaka 17, Grace Caspary, utaramenye
Jenoside, yatangarije abari aho ko nubwo
yari ataravuka amateka ya Jenoside
ayazirikana, kuko asanga ibyakorewe
umuryango
aturukamo
bimureba,
bigatuma ayo mateka ayakurikirana
mu nyungu z’uko bitakongera kubaho
ukundi.
Umuhango witabiriwe n’abanyarwanda benshi baba muri uwo mujyi
Abanyarwanda n’inshuti zabo batuye mu
mujyi wa Anvers, bahuye bibuka ku nshuro
ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, hakorwa
urugendo rwo kwibuka. Wasangaga abatuye
uwo mujyi bibaza ibyabaye kubera ko bwari
ubwa mbere icyo gikorwa kibereye muri
ako karere k’Amajyaruguru y’u Bubiligi,
ahari ipfundo ry’ubukungu n’amashyaka
akomeye muri icyo gihugu.
Bonaventure Rutagira, Perezida wa
Diaspora nyarwanda ya Anvers yateguye
icyo gikorwa, mu ijambo yagejeje ku
bitabiriye uwo muhango, yagize ati
“Tunejejwe jye n’abo twafatanyije
gutegura iki gikorwa batuye muri aka
Karere ka Anvers kubabona mwaje
kwifatanya natwe ngo twerekane ko
Jenoside yakorewe Abatutsi yabayeho
kandi ko amahanga yadutereranye.”
Akomeza avuga ko bibaye ubwa mbere
muri Anvers ariko bizakomeza kujya
bihakorerwa.
Ambassadeur Robert Masozera
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi,
Masozera Robert, yashimiye abayobozi
ba Anvers kuba baratanze uruhushya
rwo kuhakorera urugendo rwo kwibuka
bakanabarindira umutekano.
Yagize ati “Urugendo nk’uru rutuma
buri wese ashaka kumenya impamvu
rwakozwe cyane cyane mu Karere nk’aka
katarasobanukirwa neza n’amateka yaho
u Rwanda rugeze naho ruvuye, igikorwa
nk’iki cyari gikenewe cyane.”
Hakurikiyeho ubuhamya bw’umwe mu
barokokeye mu Mujyi wa Kigali avuga
ububi bwa Jenoside yiboneye.
Uwo mugoroba hanerekanywe filimi
ndangamateka yakozwe kuri Jenoside
yakorewe Abatutsi yerekana uruhare
rw’Abafaransa, Radio RTLM, Ubuyobozi
bubi bw’icyo gihe bwicaga, n’uruhare rwa
Loni itaragize icyo ikora ngo ihagarike
ubwicanyi
bwakorerwaga
ubwoko
Abatutsi.
Toronto : Abanyarwanda baba muri Canada bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Ku wa gatandatu tariki ya 13
Mata 2013, Abanyarwanda basaga
500 baturutse mu majyaruguru ya
Amerika hamwe n’inshuti zabo
bifatanije mu kumva ubuhamya
bw’abarokotse
Jenoside,
bakira
n’ubutumwa by’ibyiringiro no kwigira,
bose bahuriza ku mvugo “Ntibizongere
ukundi”, byirengagijwe na Loni ubwo
yatereranaga Abatutsi bicwaga mu 1994.
Bose bateraniye i Toronto muri
Canada, bahujwe na Ambasade y’u
Rwanda na Diaspora nyarwanda
muri Canada, Irwin Colter wahoze
ari Minisitiri w’Ubutabera akaba
n’intumwa nkuru ya Leta ya Canada,
yagize ati “Ibyakozwe ni ibintu
bitabaho kuko Jenoside yakozwe
yagombaga guhagarikwa.”
Agaruka ku kibazo cya Leon
Mugesera, Colter yatangaje ko Jenoside
itatangiriye ku mihoro ahubwo
yatangiwe n’amagambo. Avuga ko
Jenoside iba ibitse n’ibindi byaha
bigendana na yo, ko na yo ubwayo ari
icyaha kandi nta mwanya ifite.
Colter, ku rubanza rwa Desire
Munyaneza,
umunyarwanda
wa
mbere wafatiwe muri Canada ashinjwa
16
Abanyamahanga benshi bari baje kubafata mu mugongo
ibyaha bya Jenoside yakorewe
Abatutsi, yavuze ko aho bigeze
abayipfobya n’abayihakana bagereka
ku bayikorewe ko ari bo bayikoze.
Ati “Ibyo bitekereo bigayiktse ntawe
ukwiye kubiha umwanya.”
Gerry
Caplan,Umunyakanada
wakoze raporo yise “UN report on
Rwanda’s genocide” igaragaza ukuri
kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri
Mata 1994. Agira ati “Buri wese agomba
kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
n’ubwo hari abavuga ibintu uko
bitari. Abo bakaba badatandukanye
n’abahakana
Jenoside
yakorewe
Abayahudi.
Caplan avuga ko abapfobya
n’abahakana Jenoside bakoresha
internet mu gukwirakwiza ibitekerezo
byabo kugira ngo bigarurire abantu
benshi. Akomeza avuga ko abo
batsinzwe kera kuko ibyo bavuga
byose ntawe batinyuka kwinjiza mu
manza. Nta n’ubuhamya na bumwe
bugaragara buvuga ku byabaye muri
Jenoside nk’ubwa Romeo Dallaire, Dr
James Orbinski cyangwa Carl wilkens.
Agira ati “Ubu turitegura kwibuka
ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe
Abatutsi. Igihugu kimaze kwiyubaka,
ku buryo bitoroshye kubyiyumvisha.
Abarokotse
Jenoside
basabwa
guhaguruka bagaharanira kwigira.”
Umuhango wo kwibuka wabereye
Toronto witabiriwe na Ambasaderi
w’u Rwanda muri Canada Edda
Mukabagwiza, washishikarije abari
aho guharanira kwigira. Agira ati
“U Rwanda rwagaragaje ko imbere
hafite icyerekezo hahari. Kwigira
kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
bizadufasha gukumira no komora
ibikomere byatewe na Jenoside no
kuyikumira aho yaba ishaka guturuka
aho ari ho hose.”
Icyizere N°31,Mata 2013
UBUHAMYA
Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro
nk’uko bwatanzwe na Maniraho Ernest mu ijoro ryo
kwibuka ku rwibutso rya Nyanza ya Kicukiro
Nitwa ernest, nanjye ndi umwe
mu barokokeye hano. Jenoside
ijya gutangira, nari mfite imyaka
irindwi. Twari dutuye hariya
hepfo mu Kagarama, bijya
gutangira
nari ndi mu rugo
turi kumwe na Mama. Ubwo
twebwe byatangiraga mbere igihe
bavugaga ngo indege yahanutse
icyo gihe twabaga ku kiliziya tuba
muri salle ya Centre culturelle,
niko bayitaga cyera. Niho twari
twarahungiye
mbere
y’uko
indege ihanuka. Buri nimugoroba
twajyaga gusura papa, tugiye mu
rugo.
Noneho iyo ndege ihanuka, twari
twagiye mu rugo nimugoroba,
icyo gihe nko mu masambiri, mu
masaha ntibuka neza hari nijoro
cyane duhita tujya ku Gatare,
tugeze ku Gatare, bwije nijoro
nibwo interahamwe zazaga zije
gutera ahantu twari twahungiye,
bahatera amagerenade, ndibuka ko
icyo gihe mu gitondo twahasanze
hari abantu bahapfuye.
Hari n’inzu yari iruhande rwacu
bahise bayitwika icyo gihe
mu ijoro. Bucyeye mu gitondo
twahise tujya ku kiliziya kugira
ngo dusange abandi dusanga
babajyanye hariya mu kigo
cya ETO. Tugeze ku kiliziya
dusanze badusize baratubwira
ngo
nituzamuke
dusange
abandi muri ETO. Turagenda.
Bwari bumaze gucya tugezeyo,
dusanga MINUARS zashyizeho
« barrière »,
baratubwira
ngo
nitumanike
amaboko
turayamanika,
baradusaka
bamaze
kudusaka
turinjira,
twasanzemo impunzi nyinshi,
abanyuma bari baturutse impande
n’impande, cyane cyane abo twari
kumwe kuri « centre culturel »
nibo
twasanzeyo.
Tubamo
ahongaho, igihe cya MINUAR
igiye kugenda, nibwo batubwiye
muri icyo gitondo ngo nitwinjire
mu kiliziya cya hariya muri ETO
abenshi barakizi. Tukinjiramo
baratubwira ngo bagiye kuduha
ibiryo, twinjiramo , ariko kubera
abantu bakuru bo bari bamaze
Icyizere N°31,Mata 2013
kubibona, bo baravuga bati
MINUAR igiye kudusiga hano,
mwebwe
abana
n’abamama
nibinjire abandi turasigara hanze.
Icyo gihe natwe twahise tujya
mu Kiliziya, tumaze kujya mu
kiliziya, MINUAR ipakira ibintu
byayo byose. Ubwo bazingaga,
abasore bahise bajya ku marembo
ya ETO, bahagarara mu nzira,
bahagaze mu nzira MINUAR irasa
mu kirere. Icyo gihe bari banze ko
MINUAR idusigamo hariya.
Ariko mbere yaho Interahamwe
zari ziri hariya ku bibuga, abenshi
barahazi ku bibuga bya Centre,
zari zagose nta muntu n’umwe
ushobora kuba yagenda. Minuar
imaze kurasa hejuru ndibuka ko
abo basore bahise bahunga bava
mu nzira, noneho Interahamwe
zari ku bibuga bya ETO zahise
zinjira zirukanka, ariko hari
abagabo bahise barwana nazo
bakajya batera amabuye, biranga
zirabaganza, duhita twirukankira
hariya hubatse ikibuga cya foot
bahitaga muri Athlétisme cyera.
Turirunkanka,
hari
abandi
basigaye inyuma, bo bagiye babica,
turirukanka duca hariya hahoze
haba abuferere, turirunkanka,
twari abantu benshi cyane, tugera
kuri DUHAMIC ADRI, abenshi
barahazi, tuhasanga barrière ikaze
cyane, nibwo twahise tumanuka
mu
gishanga
cya
Kajeke,
tuhasanga izindi Nterahamwe
nyinshi, duhita duzamuka dusa
nk’abajya kuri CND, baratubwira
bati ntidushobora kuhagera,
turakata, turavuga ngo tugiye
kujya kuri sitade. Nibwo twakase
tuzamutse hariya SONATUBES,
dusanga hari abasilikare, naho
hari barrière iriho abasilikare
benshi.
Twarahageze
batwicaza
ahongaho, hari utu « bordures »
hariya haparika taxi voitures
Sonatubes abenshi barahazi.
Turahicara, byari bimaze kuba
ku manywa cyane, Imvura
yarahadukubitiye
iratunyagira
cyane, yanganaga nk’iyi. (NDLR:
Mu mihango yo kwibuka Nyanza
ya Kicukiro imvura yaragwaga).
Ndibuka ko bagendaga bafata
buri umwe umwe bamwicaza.
Tumaze kwicara tumaze kuba
benshi, batubwira ko bagiye
kuduhungisha. Ntabwo twari
tuzi ahantu batujyanye, ariko
mu byukuri, benshi bavugaga
ko bagiye kutujyana muri
Nyabarongo, abandi bakavuga
ko
bagiye
kuduhungisha.
Baratuzamuye, nari ndi kumwe na
mama njyewe na bakuru banjye,
turakomeza turazamuka, tugeze
ahantu sonatubes hari umuhanda
umanuka ujya kuri Centre de
sante, mbona umusilikare avugiye
ku cyombo avugana n’undi
mugenzi we avuga ati tubajyane
hehe,
ati
mubakomezanye,
mubajyane Nyabarongo.
Turakomeza turagenda. Hari
nko mu masaa kumi n’imwe,
butangiye kwira. Tugeze hariya
kuri centre, ariko mbere yaho,
hari Interahamwe nyinshi cyane,
zari impande zacu, zirimo kugenda
zireba
abirunkanka, zigenda
zibicira mu nzira. Turakomeza
turagenda tugeze centre nibwo
nahuye n’umuntu wari wambaye
ishati ya Papa, n’impantaro ye
noneho mbwira mama nti dore
umuntu utwambariye ishati ya
Papa. Ahita ambwira ati uriya
ni wa musazi wo kwa Ruvaru.
Yari afite n’agakapu twajyaga
tujyana
ku
ishuri.
Mama
aravuga ngo nimumwihorere
turakomeza turagenda, tugeze
hano ku ba « des amis » », hari
ahantu hari agashyamba hejuru
mu ikolosi, twahahuriye n’ijipe
irimo abasilikare, noneho iyo
jipe irahagarara, sinzi ibintu
bavuganye
n’abo
basilikare
bari batugose n’Interahamwe,
baravuga bati mubakomezanye.
Turakomeza turagenda, ariko mo
hagati ahongaho, hari abantu
bagendaga
bavamo,
babica.
Babiciraga mu nzira, n’ubwo
njyewe nari ndimo hagati,
ariko numvaga abantu bagenda
bavuza induru, bamwe babatema
mbyumva,.Twarakomeje
turazamuka, mbaza mama nti ese
mama tugiye hehe ? Ngo nanjye
simbizi. Mubajije ibyongibyo
arambwira ati dukomeze tugende
ntabwo nzi aho tugiye.
Turakomeza
turagenda.
Butangiye kwira, twari tugeze
hano hepfo. Baravuga bati bano
bantu twabonye barimo kugenda
birukanka, dushobora kugerayo
bashizemo nta n’umwe usigaye.
Baravuga bati reka tubicire
hano i Nyanza. Hano murabona
muri uno muhanda hari ahantu
hari akazu k’ amazi, Aho niho
twari duhagaze, baduhagarika
ahongaho. Bwari bumaze kwira.
Bamaze kuduhagarika batangiye
kubaza
amarangamuntu.
Baratangira
baravuga
ngo
abahutu ni bande, bazane hano
amarangamuntu yabo. Batangira
kugenda bajonjoramo buri umwe
umwe, babonye batangiye kuba
benshi, bahita bavuga bati,
muhagarikire ahongaho.
Nk’uko nababwiye ko twari
dutuye mu Kagarama, hariya hafi
yo kwa Gatete, Twaravuze tuti
natwe turi Abahutu, Barangije
baravuga bati abantu turabazi,
abatuye hariya mu bice byo kwa
Gatete, turabafite kuri liste.
Icyo gihe twahise tubyihorera
tugumamo ahongaho, batangira
kutwicaza hasi, baratubwira ngo
duhaguruke. Noneho abasilikare
bahita bajya, hari akagunguzi
kari hejuru twebwe turi mu
muhanda, batangiye kuduteramo
amagerenade.
Mama dibuka ko gerenade ya
mbere, ariyo yamunkuye mu
maboko. Yari amfashe akaboko,
bateye gerenade ya mbere, nahise
mubura. Maze kumubura batera
iya kabiri, nanjye byahise bimfata
mu mugongo, no mu mutwe. Maze
nanjye imaze kumfata nahise
nikubita hasi, mera nk’umuntu
upfuye. Noneho, ubwo batera
amagerenade
nibwo
abantu
bazamukaga
hejuru
bakaza
bakandyamaho. Numva ibintu
byinshi binguyeho bishyushye,
komeza ku rup.
18
17
AMAKURU
Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro
nk’uko bwatanzwe na Maniraho Ernest mu ijoro ryo
kwibuka ku rwibutso rya Nyanza ya Kicukiro
Ibikurikira urup 17
kumbe ni amaraso yangwagaho
sinabimenya.
Imirambo yahise indyama hejuru,
tugumamo ahongaho muri iryo
joro, bamaze gutera amagerenade,
baravuze bati hari abandi bakirimo
bazima, baravuga bati reka
tujye kuzana imihoro, bagaruke
kutwica. Ubwo nari ndyamyemo
ahongaho, baragiye barongera
baragaruka, baje gusaka abafite
ibitenge, abafite amafranga, baza
kubasaka.
Ndibuka ko nanjye baje
bakampagarara hejuru, Noneho,
hari umugabo wari uri iruhande
rwanjye, arimo gutaka, gerenade
ntabwo
yari
yamuhwanyije.
Uwo
mugabo
yari
arimo
gutaka
twegeranye,
nanjye
abantu bandyamyeho, Noheho
Interahamwe iraza idukandagira
hejuru, yinyeganyeje ngira ngo
ni jyewe bagiye kwica. Uwari
uduhagaze hejuru nta muhoro
yari afite abwira mugenzi we ngo
awumunagire.
Awumunagiye
uraza unyikubita ku kaguru,
unyikubise ku kaguru ngira ngo
ni jyewe bagiye gutema. Kumbe
ni wa mugabo wari uri iruhande
rwanjye. Bahise bamutema, ahita
apfa.
Apfuye, ba bagabo bakomeza
basaka, za Nterahamwe, zimaze
gusaka, buracya mu gitondo,
barongera baragaruka. Ariko
muri iryo joro habaga izindi,
Nterahamwe ziturinze kugira
ngo hatagira abacika. Muri uko
kudutema, naya magerenade
bamaze kuyatera, hari abari
bazima
barirukanka,
bajya
muri biriya bice by’epfo iriya
barabirukankana,
izindi
Nterahamwe zo muri ziriya ngo
z’epfo iriya, zirabafata zibicira mu
nzira.
Bwaracyeye mu gitondo, noneho
za Nterahamwe zari ziturinze
ahongaho, havamo Interahamwe
iratubwira ngo nidutahe tujye
mu rugo iwacu. Ndahaguruka
ndamubwira ngo reka jyewe
nitahire nsange mama. Kandi
18
mama bari bamaze kumwicira
ahongaho.
Ya
Nterahamwe
ihita itubwira, ahita antuka
ngo ninsubire mu mirambo.
Nsubiramo. Ya Nterahamwe
imaze kugenda, hari mushiki
wanjye wo kwa data wacu, we
yari mutoya cyane kuri jyewe, we
yari afite nk’imyaka ibiri. Noneho
arampamagara, arambwira ngo
arashaka mama we. Arangije
ndamubwira nti najye nabuze
mama wanjye, vayo umfashe
tumushake.
Uwo mushiki wanjye yari afite
igitenge mama we yari yamuhaye,
turangije
ndahaguruka
turamushaka, nshaka mama we,
ndamubona nsanga yapfuye yari
afite agahinja, kari kakiri gatoya
kari kamaze iminsi kavutse,
yapfuye arimo kugaha ibere.
Ndagije ndamubwira ngo dore
mama wawe yapfuye. Mpita
mubwira nti dore tubonye mama
wawe, nanjye reka nshake mama,
mfasha dushake mama. Twari
turi
kuzenguruka
ahongaho
mu mirambo,
Nshaka mama
ndamushaka ndamubura.
Maze kumubura ndamubwira
nti rero Liliane, ngwino tujye
kwihisha mama namubuze. Ariko
muri icyo gihe za Nterahamwe
n’abasilikare,
bari
bamaze
gushyira ibirindiro hariya ku kazu
k’amazi, bari bahazanye ibibunda
byabo ariho bari kurasira. Kuko
bajyaga kwica, kuko twebwe bari
bamaze kuturangiza, bajyaga
kwica saa sita zagera, hakaza
ibibisi byabo bakarya.
Basubira kwica, noneho ibiryo
babaga basigaje, ni twebwe
twasubiraga inyuma tukajya
kubirya, kuko nta wundi wabaga
usigaye ahongaho; tugasubira
kwihisha.
Nibwo
habaga
intambara barimo kurasana,
Inkotanyi zari haruguru hariya
ku I Rebero,(mu by’ukuri n’ubwo
nzivuga ngo ni Inkotanyi ntabwo
nari nakazibonye icyo gihe, gusa
bararasanaga, hano hubatse ino
nzu ya Ibuka, niho hari abasilikare
barimo kurasana n’Inkotanyi.
Hari igiti cya Avoka kiri hariya
hepfo y’urutoki, hariya bigira
imodoka, nanjye niho nahise
njya kwihisha ndi kumwe na wa
mwana.
Nihishemo
nibwo
Inkotanyi
zarasaga, mbona Interahamwe
ziberaga
mu
mazu
yazo,
barirukanse birukanka bagana
kuri ariya mashuri y’I Nyanza,
bagana muri Ruviri, barirukanka
cyane tubareba, bavuga ngo
barabishe , barazamuka noneho
jyewe aho nari nihishe muri
rwa rutoki, inyuma yanjye hari
hari akana karimo kurira cyane.
Noneho ndakabwira nti wa
kana we wacecetse. Ntabwo nari
muzi. Ndangije, Inkotanyi ubwo
zamanukaga zirimo gushaka
kudutabara, zansanze ahantu nari
nihishe, nari ndi ku nsina.
Aho ku nsina niho Inkotanyi
yansanze, yari yambaye shene
z’amasasu pe. Barangije bankura
ahongaho ku nsina, barambwira
ngo ninsange abandi ku kazu
k’amazi. Hariya hepfo hari akazu
k’amazi, abahazi bajya bakabona.
Muri ako
kazu k’amazi niho
twagiye nasanze abandi benshi
bari babasizemo.
Noneho
bakomeza
barwana
twebwe
dusigara
ahongaho,
noneho abasilikare baratubwira
ngo abakiri bazima nibazamuke,
ngo twebwe turatwara abafite
ibikomere batabasha kugenda.
Icyo
gihe
hari
umudamu
wari
urimo,
utarabashaga
kugenda. Bari bamutemaguye.
Ndamwibuka arimo kuvuga ngo
nawe bamutware. Ariko twebwe
natwe ntabwo twabashaga kuba
twamuterura, noneho baratubwira
ngo nitubona ikintu icyo ari cyo
cyose, tumanike amaboko hejuru.
Ndibuka icyo gihe babitubwiye ari
ku manywa, twakomeje twihishe,
bwije nibwo twazamutse.
Mfata wa mushiki wanjye wo
kwa data wacu, turazamuka
nabo bantu benshi. Muri benshi
bari baguye hariya, abenshi
ntabwo
babashaga
kuvamo
kubera ibikomere bari bafite.
Kuko ndibuka hari abo twasizemo
batabashaga kugenda, ariko
nizera ko Inkotanyi zabazanye.
Turazamuka muri iryo joro
tuzamuka uno muhanda wo
ku I Rebero, ndi kumwe na wa
mushiki wanjye, yarambwiraga
ati ndashonje, nkamubwira nti
se ko nta kintu mfite cyo kuguha.
Nkamufata nkamushyira mu
mugongo, turazamuka babandi
baradusiga, badusiga nkahita
muterura tukirukanka, namara
kwirukanka nkamubwira ngo
ndarushye, nkongera nkamuheka.
Tugeze ku I Rebero, nahasanze
mukuru wacu, bitaga Kastari,
niwe watwakiriye, aratubaza
ati nta hantu mwakomeretse
turamubwira
tuti
ntaho.
Baradufata batangira kutuvura,
ariko mu by’ukuri n’abandi
benshi twajyanye hariya ku I
Rebero, bakomeje baturasirayo,
hari benshi baguye ku I Rebero,
basimbutse urwa hano I Nyanza.
Niyo mpamvu, mu gihe tuzajya
twibuka na bariya banyapolitiki,
tujye tuzirikana na bariya baguye
ku I Rebero, kuko haguyeyo
abantu benshi cyane twari
twazamukanye. Mu by’ukuri
ibyabereye hano I Nyanza,
biragoye
cyane.
Twakomeje
tugana kuri CND, tuvuye kuri
CND bahise batujyana I Kabuye,
tugeze I Kabuye twaraharaye,
ndibuka ko naraye mu muhanda,
ndi kumwe n’uwo mushiki wanjye,
ahantu hose hari huzuye. Tuvuye
I Kabuye bahise batujyana I
Byumba,
bahise
badushyira
muri “orphelinat. Kugera muri
orphelinat niho bene wacu baje
kudukura.
Ariko mu by’ukuri inzira yose
twaciyemo, no kubura abo
babyeyi, n’ukuri kugeza uko
tungana uku, ni ukwigira,
kuko iyo tutigira, ntabwo tuba
twariyakiriye.
Icyizere N°31,Mata 2013
AMAKURU
Ambassade y’Amerika mu Rwanda yibutse abari abakozi
bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
N
i abantu 25 bibutswe bahoze
bakora muri Ambassade
y’Amerika mu Rwanda bakaza
kwicwa bazize Jenoside yakorewe
Abatutsi. Imihango yo kwibuka
abo bakozi yabaye ku itariki ya
18 Mata, yitabirwa n’abakozi ba
Ambassade n’abo mu miryango
y’abo bahoze bakorera Ambassade
y’Amerika mbere ya 94. Uwo
muhango wanitabiriwe na Dr.
John Rutayisire, Perezida wa
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya
Jenoside(CNLG), wari umushyitsi
mukuru.
Uwafashe ijambo mu mwanya
w’Abakozi, yavuze ko Ambassade
ya Amerika mu Rwanda yiyemeje
gufasha imfubyi zasizwe n’abari
DR. John Rutayisire, Perezida wa CNLG mu muhango wo kwibuka abari abakozi
abakozi ba Ambassade bazize
ba Ambassade y’Amerika
Jenoside, kimwe n’imiryango
Kaminuza, harimo n’abiga muri kigega, bakaba bari mu kazi
yabo, bakaba muri urwo rwego
Kaminuza zo hanze.
kandi
bakaba
baratangiye
barashinze ikigega gifasha abiga
Magingo aya hakaba hari gushyira amafranga muri icyo
mu mashuri yisumbuye, na
abarangije
bafashijwe
n’icyo kigega kugira ngo bafashe
baramuna babo.
Jessica Lapen, “charge d’affaires”
muri iyo Ambassade, we mu
ijambo rye yavuze ko Ambassade
y’Amerika itazahwema kwibuka
abasizwe iheruheru na Jenoside
yakorewe Abatutsi, ariko mu
kwibuka ayo mateka, batabura no
gutekereza ku bihe byiza uRwanda
rwubaka ku bihe bizaza.
Dr John Rutayisire, we yashimiye
Ambassade icyo gikorwa cyo
kwibuka, asaba abacitse ku icumu
gukora cyane kugira ngo babashe
kwigira, asaba n’abanyarwanda
bose kuvana amasomo kuri Jenoside
yakorewe Abatutsi no gukomeza
kurwanya ingengabitekerezo ya
Jenoside. Anabakomeza agira ati:
“iyo twibuka aba ari ukugira ngo
duhe agaciro abishwe, ariko mwe
mwasigaye mumenye ko mutari
mwenyine, turi kumwe”.
Ubwanditsi
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG yifatanyije n’abaturage
ba Mibilizi mu kwibuka abaho bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibikurikira urup 9
Ku itariki ya 23 Kamena, Abatutsi
babarirwa mu magana babashije
kurokorwa ku munota wa nyuma
n’Abajandarume
bari
bayobowe
na Liyetona Koloneli Innocent
Bavugamenshi.
Uyu
Koloneli
Bavugamenshi yashyize mu birindiro
abantu be nyuma y’aho abicanyi
ibihumbi n’ibihumbi bagoteye inkambi
ya Nyarushishi, biteguye kurimbura
Abatutsi bagera ku bihumbi munani
bari barokotse.
Nyuma
yaho,
abasilikare
b’Abafransa bari mu kiswe “operation
turquoise” baje kubasanga, kugeza
igihe ingabo za RPF zibumbatiriye
umutekano muri ako gace.
Nk’uko
bihurizwaho
n’abatangabuhamya
benshi,
abasilikare b’Abafransa
bafashe
ku ngufu, bakorera ibya mfura mbi
impunzi z’Abatutsi zari mu Nkambi
ya Nyarushishi; muri icyo gihe bakaba
kandi barafashije abakoraga Jenoside,
ari abasilikare batsinzwe cyangwa
abaturage guhunga igihugu, no
gukora icyatuma igihugu kitabasha
kuyoborwa uko bikwiye.
Umuhango wo kwibuka waranzwe no
kwimura imibiri 507
Umuhango wo kwibuka, wabaye
ku itariki ya 30 Mata 2013 nkuko
Icyizere N°31,Mata 2013
bimaze kuba akamenyero kuva mu
mwaka w’1995, aho hibukwa izo
nzirakarengane zishwe mu gihe zari
zifite icyizere cyo gukirira aho hantu
hatagatifu.
Uyu mwaka umuhango wo kwibuka
waranzwe no kwimura no gushyingura
mu cyubahiro imibiri igera kuri 507,
yavanywe mu Kagari ka Rusambu Mu
Murenge wa Nyakarenzo ijyanwa mu
rwibutso runini rwa Mibilizi.
Iyo mibiri yari yarashyinguwe
mu mwaka w’2000 mu isambu
y’umuturage, ikaba yarimuwe mu
rwego rwa politiki nshya yo kugerageza
kugabanya umubare w’inzibutso ziri
hirya no hino mu gihugu, kugira ngo
hasigare nke zishobora gucungwa uko
bikwiye.
Nk’uko
byavuzwe
n’abatanze
ubuhamya benshi, bari bahagarariye
imiryango y’abarokotse bafite ababo
bimuwe, biratangaje kubona uwitwa
Shaste ngo ari we wari uyoboye
abishi, kandi yari yaragabiranye inka
na benshi muri bo, agasangira nabo
akabisi n’agahiye.
Abafashe
ijambo,
ari
abari
bahagarariye abacitse ku icumu
b’aho, cyangwa abari bahagarariye
ubuyobozi bwa Gisilikare n’Akarere,
bose bibukije akangaratete abishwe
banyuzemo mbere y’uko bavamo
umwuka, n’umubare munini w’abantu
imiryango yabo ndetse n’igihugu
batakaje.
Babwiye abacitse ku icumu rya
Jenoside ko bagomba kwishakamo
imbaraga zo kwigira, kugira ngo
babashe guhangana n’ingaruka za
Jenoside, banasaba abantu bose
batahigwaga mu gihe cya Jenoside
yakorewe Abatutsi gukomeza gutanga
amakuru agaragaza aho imibiri
(y’Abatusi
bishwe)
yajugunywe,
kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Yasabye akomeje abaturage kwandika
amateka yabo ya Jenoside
Mu ijambo rye, Umunyamabanga
Nshingwabikorwa
wa
Komisiyo
y’Igihugu yo kurwanya Jenoside,
wari n’Umushyitsi mukuru muri uwo
muhango, Bwana Jean de Dieu Mucyo,
yihanganishije abacitse ku icumu
anabifuriza gukomera n’ubwo ibihe
bikomeye.
Yasabye
akomeje
abaturage
kwandika amateka yabo ya Jenoside,
bagahera ku byababayeho bo
n’imiryango yabo, byanashoboka
bakanandika no ku byabaye mbere ya
94, kugira ngo hagaragare impamvu
nyazo zateye Jenoside, kuko hari
ikibazo cy’uko, uko ibihe bishira abantu
bashobora kwibagirwa ibyabaye.
Yatsindagiye ko ari ngombwa
kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi,
atari gusa muri ibi bihe ahubwo ko
kwibuka bikwiye kuba mu buzima
bwa buri munsi, abashishikariza
kwegeranya inkuru zose(zijyanye na
Jenoside), kugira ngo umwaka utaha
zizabashe kwegeranywa mu gihe
uRwanda ruzaba rwibuka ku nshuro
ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bwana Mucyo, yasabye abaturage
ba Mibilizi muri rusange, n’abayobozi
babo kwishakamo uburyo bubafasha
gukemura
utubazo
tw’ibanze
tudasaba amafranga menshi, nko
kuzitira inzibutso n’ahandi himurirwa
imibiri y’abazize Jenoside yakorewe
Abatutsi, ibyo bikaba byaba bikozwe
mu gihe haba hategerejwe ubushobozi
bwisumbuye bwo gukora ibikorwa
bigari.
Yashoje ashimira ingabo zahoze
ari iza FPR Inkotanyi zahagaritse
Jenoside bagatuma Abanyarwanda
babasha kugira umutekano usesuye, no
gutekereza ku bikorwa by’iterambere
rirambye. Avuga ko asanga “ugukora
cyane, ubufatanye, no gushaka
imbaraga n’ ibisubizo bishingiye ku
mateka yacu mabi, ari rwo rufunguzo
ruzatuma tubasha kwigira”.
Ubwanditsi
19
IBUKA, AMAGANA URWANYE JENOSIDE
REBERO/UMUHANGO GUSOZA
ICYUMWERU CY’ICYUNAMO MU MAFOTO
Minisitiri w’Intebe, Nyakubahwa Pierre Damien Habumuremyi ashyira
indabo ku mva
Abo mu Ihuriro ry’amashyaka ya politiki bitabiriye umuhango
Bwana Jean de Dieu Mucyo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG na
Dr Jean Pierre Dusingizemungu Perezida wa IBUKA bashyiraindabo ku mva.
Perezida wa Sena, Nyakubahwa Jean Damascène Ntawukuriryayo ashyira
indabo ku mva
Rt. Hon. Margaret Nantongo, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya EAC
ashyira indabo ku mva.
“TWIBUKE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI DUHARANIRA KWIGIRA”