IMIHANGO YO GUTANGIZA YUBILE IDASANZWE Y’IMPUHWE Z’IMANA MURI DIYOSEZI YA NYUNDO Kuri icyi cyumweru tariki ya 13/12/2015, Nyiricyubahiro Musenyeri Alexis HABIYAMBERE, S.J., Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo yayoboye imihango mitagatifu yo gutangiza ku mugaragaro umwaka wa Yubile idasanzwe y’impuhwe z’Imana afungura urugi rutagatifu rw’impuhwe. Ku rwego rwa Kiliziya y’isi yose iyo Yubile ikaba yaratangijwe na Papa Faransisiko, kuwa Kabiri tariki ya 8/12/2015 i Roma. Nk’uko byari biteganyijwe, Nyiricyubahiro Musenyeri Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo agaragiwe n’abasaserdoti bambaye imyenda ya Liturujiya n’abakristu benshi baturutse mu maparuwasi agize Zone pastorale ya Gisenyi, bakoraniye ku Mashuri yo mu Kayanza kugira ngo bakore umutambagiro bagana kuri Katedrali ya Nyundo. Aha ni ku mashuri ya Kayanza, aho umutambagiro watangiriye Hose ni uku byari bimeze: Dusonzeye impuhwe z’Imana Umwepiskopi amaze kuramutsa ikoraniro agira ati “Impuhwe z’Imana Data, Amahoro y’Umwami wacu Yezu Kristu n’ubusabane kuri Roho Mutagatifu bihorane namwe”, yararikiye abakristu gusingiza Imana Nyirimpuhwe. Ibyo birangiye Umwepiskopi yaturiye iyo mbaga na Kiliziya yose isengesho ku Mana Data yo Soko y’Ubwigenge nyakuri, yo igenera bene muntu umwanya wo kuronka impuhwe n’imbabazi biyikomokaho. Hakurikiyeho gusoma no kuzirikana ku Ivanjili yanditswe na Luka 15, 1-7 itubwira iby’Umushumba usiga intama 99 akajya gushaka imwe yazimiye. Nyuma yo kuzirikana kuri iyo Vanjili, abari bitabiriye iyi mihango mitagatifu basomewe bimwe mu bika by’ibaruwa ya Nyiricyubahiro Musenyeri Alexis HABIYAMBERE, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, ishishikariza abakristu kudacikanwa n’ingabire za Yubile idasanzwe y’impuhwe z’Imana. Ibyo birangiye, abari aho bose, barangajwe imbere n’Umwepiskopi bakoze umutambagiro bagana Katedrali ya Nyundo. Urugi rutagatifu mbere y’uko rufungurwa Umwepiskopi atangira gufungura urugi rutagatifu Umwepiskopi amaze gufungura urugi rutagatifu Umwepiskopi ageze ku rugi runini rwa Katedrali yategereje umwanya uhagije kugira ngo abakristu benshi bari bakiri mu mutambagiro bahagere, kuko umurongo w’abatambagiraga wari muremure cyane, bityo babashe kwihera amaso uwo muhango mutagatifu wo gukingura urugi rutagatifu kugira ngo abinjirira bose muri uwo muryango baronke imbabazi n’impuhwe bikomoka kandi bigatangwa n’Imana. Umwepiskopi yerekana igitabo cy’Amavanjili Ubwo umwepiskopi yari amaze gufungura urugi rutagatifu, yashyikirijwe igitabo cy’Amavanjili acyereka umuryango w’Imana wari umukikije, maze abona kwinjira muri Katedrali agana Alitari ntagatifu, maze ageza ku bakristu Ijambo rikubiyemo impuhwe yageneye abari baradohotse ku byo basabwa nk’abakristu gatolika hamwe n’abagarukiramana bahawe uburyo bwo guhabwa no guhesha amasakaramentu muri uyu mwaka wa Yubile idasanzwe y’impuhwe z’Imana. Igitambo cya Misa nyirizina cyabimburiwe no gusubira mu masezerano ya Batisimu no guterwa amazi y’umugisha. Iki gikorwa kiri mu kigwi cy’umuhango wo kwicuza kirangiye igitambo cya Misa cyakomeje uko bisanzwe. Aha ngaha umwepiskopi ari gutera amazi y’umugisha, Katedrali yari yuzuye abantu, abandi bari hanze Mu gihe cy’inyigisho, nyuma y’amasomo, Umwepiskopi yasabye buri wese kuzirikana ku kibazo Abasoresha n’abasirikare babajije Yohani Batisita bagira bati «Dukore iki»? Ati: «Icyo kibazo buri wese yakigira icye azirikanye ko aba bantu bashakaga gushyira ubuzima bwabo mu murongo w’Imana, bashakaga guhinduka». Yohani yagiye asubiza buri wese akurikije ubuzima yabaga arimo. Ari abasoresha, ari bariya basirikare ari n’abandi bose. Natwe uyu munsi twibaze ngo «Dukore iki»? Dukore iki kugira ngo duhinduke, kugira ngo duhuze ubuzima bwacu n’ibyo twiyemeje dushyingirwa ,tubatizwa, tuba abasaserdoti. Uwibaza icyo kibazo ni usubiza amaso inyuma mu buzima bwe. Buri wese asubize amaso inyuma arebe ubuzima bwe. Ntabwo wasubiza amaso inyuma wumva ko uri intungane, icyo gihe ntabwo waba ukeneye impuhwe z’Imana. Twibaze niba turi abasaserdoti nk’uko Kiliziya ibitwibutsa. Buri wese mu myaka amazemo asubize amaso inyuma arebe icyo agomba gukosora mu buzima bwe. Tugomba kumva uburemere bw’ibyo dukora binyuranye n’ibyo twiyemeje. Abiyeguriyimana murebe niba ubuzima bwanyu buhuye n’ibyo mwiyemeje, niba mwarubahirije amasezerano y’ubusugi, ubukene no kumvira. Abashakanye murebe ibyo mwiyemeje. Murabona mudakwiye impuhwe z’Imana, mugapfukama, umugabo n’umugore buri wese agapfukama agasaba imbabazi Imana, hanyuma buri wese agasaba imbabazi mugenzi we! Rubyiruko murebe uko mubayeho, niba mutarabaye kagarara, mwarananiye ababyeyi banyu, bamwe na bamwe murebe niba mutaragiye mu busambanyi, mu biyobyabwenge. Papa aduhaye umwanya w’agatangaza wo kwinjira mu mpuhwe z’Imana. Twese twinjiriye hamwe dushaka impuhwe z’Imana, dushaka kunoza umubano wacu n’Imana. Uyu mwaka iyo tureba ibiba hirya no hino, tubona ko amahoro ari make. Kuki Imana itarakara kubera ibibi ibona ku isi? No mu mateka Imana yagiye yihanganira umuryango wa Isiraheli. Musa we yigeze kwinuba ati: «abantu wampaye barananiye». Imana yo ntitwinubira. Dufite umutima utareba ububabare bw’abandi, tuti: «Biriya ntibindeba». Tuzabibazwa: umuvandimwe wajye ni inde? Ivanjili turayizi, turayivuga, turayiririmba, ariko se imigirire yacu ni iyihe ? Reba impunzi, ikibazo cy’impunzi kirakomeye ku isi. Dufite impunzi z’abarundi, iz’abanyekongo, abaturutse muri Tanzaniya. Abo bose turashima u Rwanda, kuko rwabakiriye kandi rwakira bose, mu bukene bwacu. Nk’abakristu twibaze icyo tumariye izo mpunzi, iyo batubwiye ngo « Murebe ukuntu mwafasha bariya ». Kandi benshi muri mwe mwabaye impunzi, ariko iyo birangiye murabyibagirwa. Mwerekane umutima w’urukundo. Muri uyu mwaka buri Muryangoremezo, buri Santarali izubakire umuntu w’umukene aho bishoboka. Ari mu Muryangoremezo , muri Santarali, muri Paruwasi tuzagire icyo dukora . Ku itariki ya 17/1/ 2016 tuzasaba ko abakristu bagira icyo bakorera impunzi. Nitubibasaba muzabyumve. Kuba abanyampuhwe si ukuba mu muryango wabitiriwe, ahubwo ni ukubyerekana. Ni byo koko nta muntu wakemura ibibazo byose, ariko ibyo ushoboye bikemure. Uriya nawe ni umuvandimwe wawe: ubukristu butubyarire ubuvandimwe, kubica hirya ni ugutana. Dufite urugendo rurerure rwo kwivugurura. Muri uyu mwaka tugomba kwegera isakaramentu ry’impuhwe, ukavuga uti: «Nkeneye impuhwe zawe Nyagasani». Ugaca bugufi, ukababarira. Ikindi nshaka kuvugaho ni ukwihorera. Hari abantu bafite mu mutima wabo ikintu cyo kwihorera. Iyo mu Rwanda twimakaza ikintu cyo kwihorera ubu tuba tugeze he? Iyo uvuze uti «Yangiriye nabi nanjye reka mugirire nabi», ntacyo uba umurushije. Tube abantu bashya. Uyu mwaka tuwinjiremo nk’abantu bafatanye urunana. Hari abantu bitwara nk’aho bazatura hano ku isi ubuziraherezo. Dusabe Bikira Mariya Umubyeyi w’impuhwe adusabire ku Mwana we kugira ngo tube abanyampuhwe nk’uko Data ari umunyampuhwe. Mu gusoza igitambo cya Misa, Nyiricyubahiro Musenyeri Alexis Habiyambere yashimiye abitabiriye Imihango Mitagatifu yo gukingura urugi rutagatifu rw’Impuhwe z’Imana kandi yongera kubashishikariza kuba abanyampuhwe nk’uko Data wo mu Ijuru ari Umunyampuhwe. Padiri Gaspard BIJYIYOBYENDA
© Copyright 2026 Paperzz